Umuganga arengera ubuzima ntabwambura nyirabwo

Abaganga b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi bavura abatuye Rwaniro, banaremera bamwe mu barokotse Jenoside bahatuye.

Abaganga ba CHUB bavura abaturage ba Rwaniro
Abaganga ba CHUB bavura abaturage ba Rwaniro

Inzobere mu kuvura amaso, indwara z’abana, indwara z’imbere mu mubiri, izo mu muhogo no mu matwi no mu mazuru, iz’amenyo, ndetse n’abavura indwara zibagwa kimwe n’inzobere mu by’imirire, bazindukiye ku kigo nderabuzima cy’i Rwaniro, maze bavura abarwayi bari bahaje.

Umuyobozi mukuru w’ibi bitaro, Dr.Augustin Sendegeya, avuga ko ibi bikorwa byombi biyemeje kubigira ngarukamwaka mu gihe cy’iminsi ijana yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ngo ni nk’uburyo bwo kugaragaza ko noneho abaganga batica, nk’uko byagenze mu gihe cya Jenoside, ahubwo bagira uruhare mu kurengera ubuzima no gufasha abaturage gukemura bimwe mu bibazo bafite.

Iyi gahunda yatumye hari abari barwaye indwara basa n’aho bihoreye biyemeza kuzivuza, nk’umukecuru witwa Domina Nyiraneza uvuga ko amaze igihe kitari gitoya arwaye amaso, amuryaryata nk’aho bayasutsemo urusenda.

Dr Augustin Sendegeya ashyikiriza inka umwe mu barokotse Jenoside
Dr Augustin Sendegeya ashyikiriza inka umwe mu barokotse Jenoside

Nyiraneza avuga ko yatinze kuyivuza kuko yumvaga atarabona ubushobozi bwo kugura indorerwamo z’amaso, kandi abantu baramubwiraga ko byanze bikunze ari wo muti azahabwa.

Yicaye ku rubaraza rw’ivuriro ry’i Rwaniro, ahumirije kuko hari umuti abaganga bari bamaze kumushyira mu maso bamuvura, uretse ko n’ubusanzwe atabona neza, yagize ati “ahari bazamvura nkire.”

Hari n’ababashije kubona impapuro zibemerera kujya kwivuriza kuri CHUB nyamara bari bamaze igihe bivuriza ku kigo nderabuzima batarabyemererwa nka Emerita Mukamana, ubabara ibice byinshi by’umubiri cyane cyane mu gatuza.

Yagize ati “bakuvuraga ukagaruka, bwacya bakaguhindurira imiti ariko ntibigire icyo bitanga. Ngize umugisha mbonye taransiferi [transfert], rwose ndumva ningera imbere ya dogiteri, n’ubwo ntakira nakoroherwa.”

Inka 22 nizo zashyikirijwe abaturage
Inka 22 nizo zashyikirijwe abaturage

Hasuzumwe abantu basaga 230, 60 muri bo bahabwa impapuro zibemerera kuzajya kuri CHUB kugira ngo basuzumwe byimbitse bityo babashe kuvurwa.

Uretse kuvura, abakozi ba CHUB banatanze inka 22 zagenewe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye b’i Rwaniro.

Kugeza ubu aba bakozi bamaze gutanga inka 108, zigurwa mu mafaranga angana n’abiri ku ijana bigomwa ku mushahara w’ukwezi kumwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka