Perezida Kagame nawe yari atewe amatsiko n’ikibuga cy’indege cya Bugesera

Perezida Kagame yashyize ibuye ry'ifatizo ahazubakwa ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Bugesera.
Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera.

Yabitangaje ubwo yashyiraga ibuye ry’ifatizo ahazubakwa iki kibuga, kuri uyu wa gatatu tariki 9 Kanama 2017.

Yagize ati "Uyu ni umushinga twategereje igihe kirekire nizereko twese tuzafatanya kugirango urangire neza. Iki kibuga gikoreshwe. Iki kibuga cy’indege ntabwo kizaba ’nka ya mabati’. Iri buye ry’ifatiyo ni intangiriro y’ibikorwa."

Perezida Kagame yavuze ko guverinoma yari yaratindiwe n'uko iki kibuga gitangira.
Perezida Kagame yavuze ko guverinoma yari yaratindiwe n’uko iki kibuga gitangira.

Yavuze ko u Rwanda rushobora kuba atari igihugu kinini, ariko ruzahora ruharanira kuba beza bashoboka, bagera kuri byinshi. Yavuze ko kigiye kunganira icya Kanombe kugira ngo u Rwanda rwihute mu iterambere.

Ati "Ndashaka kubwira abanyarwanda badutegerejeho byinshi ko muri uyu mushinga tutazabatenguha. Tuzakora neza nkuko bisanzwe."

Icyo ni igishushanyo mbonera cy'aho abagenzi bazajya bururukira.
Icyo ni igishushanyo mbonera cy’aho abagenzi bazajya bururukira.

Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cy’uyu mushinga kizarangira mu mpera za 2018 gitwaye miliyoni 414 z’amadolari. Umushinga wose ukazatwara miliyoni 818 z’amadolari.

Imashini ziteguye guhita zitangira imirimo.
Imashini ziteguye guhita zitangira imirimo.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Turashimira Kagame kuterambere akomeje kutugezo natwe tumurinyuma.

NGENDAHIMANA Janvier yanditse ku itariki ya: 13-08-2017  →  Musubize

Turashimira Perezida Kagame ibyiza akomeje kutugezaho nakomeze adushakire iterambere natwe tumurinyuma murakoze.

NGENDAHIMANA Janvier yanditse ku itariki ya: 13-08-2017  →  Musubize

turashimira perezida uburyo akomeje kuganisha urwanda kwiterambere

nsengumukiza manasseh yanditse ku itariki ya: 12-08-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka