Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Perezida Paul Kagame amaze gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya witwa Dr. Ngirente Edouard.

Minisitiri w'Intebe Dr. Ngirente Edouard
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard

Dr.Ngirente yashyizwe kuri uyu mwanya ahagana mu ma saa sita zo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2017.

Iryo tangazo rigira riti "Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, none ku wa 30 Kanama 2017, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho Minisitiri w’Intebe, Bwana NGIRENTE ."

Biteganyijwe ko ari we uzashyiraho guverinoma nshya izamufasha kuyobora.

Dr. Ngirente Edouard yabaye umujyanama mu by’ubukungu muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN).

Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki ya 30 Werurwe 2011, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yamwemereye guhagarika akazi mu gihe kitazwi.

Dr. Ngirente yize icyiciro cya kabiri cya kaminuza ibijyanye n’ubukungu, mu cyahoze ari Kaminuza y’u Rwanda guhera mu mwaka wa 1996 kugeza mu 2000.

Guhera mu mwaka wa 2005 kugeza mu mwaka wa 2006 nibwo yize icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’ubukungu naho impamyabushobozi y’ikirenga (PhD ) mu bijyanye n’ubukungu ayikura muri Kaminuza Gatolika ya Louvin mu Bubiligi, mu mwaka wa 2010.

Itangazo ryaturutse muri Perezidansi ya Repubulika
Itangazo ryaturutse muri Perezidansi ya Repubulika
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 15 )

Uyu muyobozi mushya wagiriwe ikizere na Perezida wa Repubulika turamwishimiye kandi tumuri inyuma mugukomereza aho mugenzi we asimbuye yari agejeje kandi nkurikije imirimo yakoze ndahamanya na Nyakubahwa Prezida wamushinze iyi mirimo ko azayikora neza.

Mubiligi Erick yanditse ku itariki ya: 31-08-2017  →  Musubize

Twishimiye governoment nshya yimitswe nibaze dufatanye guteze igihugu cyacu imbere kandi dushimira nyakubahwa paul kagame

Niyonkuru aime yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Uwo muyobozi turamwishimiye twishimiye ko atuzaniye byinshi kandi byiza

Niyonkuru aime yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

akazikeza Imana izakagufashemo . muzarenganure abarengana Mandi muhashye inzara yagiye igaragara muribi bihe nokunjya inama birakenewe nabatavuga rumwe na leta kugirango twiyubakire urwanda rwacu murakoze.

sosthene yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

akazi keza uwo mugabo ndamuzi neza mama we yarandeze nkiri muto

maniragaba j mv yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Twishimiye ministries w’intebe Papa w’abanyadwanda yaduhitiyemo, twizeye tudashidikanyako azayobora gouvernement ashinzwe neza.

Nyirishema jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 31-08-2017  →  Musubize

Amahirwe masa mu mirimo mishya

KIKI yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Turamushimye cyane

Sudi yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Uyu P.M tumwakiranye yombi kandi tumwifurije imirimo myiza no gufatanya na H.E kwihutisha iterambere. Thx

Gashumba Jacques yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

yakoraga iki?

AD yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Mudushakire ifoto ye muyidutangarize.

Alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

nukuzatuvuganira abazunguzayi

NIYITEGEKA ORIVIE yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

CONLATULATION TO Him

Jean yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka