Guverinoma nshya irarara igiyeho

Perezida Paul Kagame yatangaje ko abagize Guverinoma nshya bamenyekana ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2017.

Perezida Kagame yatangaje ko guverinoma nshya irara igezeho, nyuma yo kurahiza Minisitiri w'Intebe mushya Eduard Ngirente.
Perezida Kagame yatangaje ko guverinoma nshya irara igezeho, nyuma yo kurahiza Minisitiri w’Intebe mushya Eduard Ngirente.

Yabitangaje ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe mushya Dr. Eduard Ngirente, wagiyeho asimbuye Hon. Anastase Murekezi.

Perezida Kagame yavuze ko yagerageje kubahiriza ibijyenwa n’amategeko ashyiraho Guverinoma nshya, irimo abagore bagize 30% nk’uko amategeko abiteganya. Yagize ati "Turajya muri Weekend dufite Guverinoma nshya."

Yavuze ko guverinoma nshya izaba irimo amazina mashya n’abari basanzwe muri Guverinoma icyuye igihe.

Yasezeranije impinduka muri guverinoma nshya ariko anavuga ko izaba ari Guverinoma Abanyarwanda bose bibonamo, irimo abagabo n’abagore bahagarariye Abanyarwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Turashimira umusaza wacu uhora ahanga udushya reka turebe umushya nawe ko azana ibishya tumwifurije imirimo myiza

Imana izabimufashemo

JEAN cLAUDE yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Nibyiza cyanee dukeneye impinduka dutegerezanije amatsiko guverinoma shya mushyiremo nababanenga muzafatanye turebe ko haribyo bazakora mutakoze murakoze

sosthene yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Ni byiza rwose ni ibyo kwishimira kuko ari ngombwako tugira ubuyobozi bwuzuye

iyi weekend nkuko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yabivuze arabidukorera cyane rwose

murakoze.

B Emmy yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Mwabona uyu Ministre w’intebe mushya ashyize Pascal Ntakirutimana muri Guverinoma Nshya. Tel yange ubu iriho ifite n’umuriro.

Dukorane umurava, dutere imbere.
Imihigo irakomeye kandi irakomeje.

Pascal Ntakirutimana yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

twishimiye minisitiri mushya wagiyeho.

Alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka