COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 28, abakize ni 21

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 28 banduye COVID-19.

Abo barwayi 28 babonetse mu bipimo 3,374, abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 2,022.

Minisiteri y’Ubuzima yasobanuye ko abo barwayi bashya 28 barimo umunani babonetse muri Nyamasheke (bapimwe mu midugudu iri mu kato), umunani muri Rusizi, barindwi muri Kigali (bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi), bane muri Ngoma n’undi umwe muri Rulindo.

Abantu 21 mu bari barwaye bakize kuri uyu wa Gatanu, naho abamaze gukira bose hamwe baba 1,106, mu gihe abakirwaye ari 911.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni batanu.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka