Donald Trump, wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wa 45, yatangaje ko naramuka atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka atazongera kwiyamamaza mu ya 2028.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ishingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Bizimana Jean Damascène akangurira abarimu kwigisha amateka yaranze u Rwanda batayaca hejuru, kuko bizarinda abana kuyoba, ahubwo bakurane amakuru ahagije kandi y’ukuri ku Rwanda.
Perezida William Ruto, yasuye Abapolisi 400 ba Kenya bari muri Haiti, avuga ko hari n’abandi 600 bitegura koherezwa muri icyo guhugu mu byumweru bikeya biri imbere.
Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiriba mu kagari ka Gikombe mu mudugudu wa Rugerero, kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Nzeri 2024, habereye impanuka y’imodoka yavaga kuri Bralirwa yerekeza Musanze inzoga yari yikoreye zirameneka zose.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane, ari bo Dr François Xavier Kalinda, Bibiane Gahamanyi Mbaye, Dr Usta Kaitesi na Solina Nyirahabimana.
Muri Niger, imvura nyinshi yateje imyuzure yatumye itangira ry’umwaka w’amashuri ryigizwa inyuma hafi ukwezi kose, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’iki gihugu.
Espérance Nyirasafari yabaye umucuruzi w’amafi n’isambaza uzwi i Nyamagabe, abikesha kuba yarahagurutse akigisha abahatuye akamaro ko kubirya n’uko babitegura.
Imfungwa 1,685 zari zifungiye muri gereza ya Makala iherereye muri Komini ya Selembao mu Mujyi wa Kinshasa, zafunguwe bikozwe na Minisitiri w’Ubutabera ku itegeko bivugwa ko ryatanzwe na Perezida Félix Tshisekedi, kubera impamvu z’uburwayi kuko abenshi mu bafunguwe ngo ntibashoboraga no kugenda kubera ibisebe binini (…)
Bikorimana Emmanuel wamenyekanye nka ‘Bikem Wa Yesu’ yinjiye mu muhamagaro mushya wo kuririmbira Imana, aho ubu yamaze gushyira hanze indirimbo yasubiyemo yitwa ‘Hari Umwami Wa Kera’ iyi ikaba ari indirimbo iboneka mu ndirimbo zo gushimisha Imana kuri Nimero ya 419.
Ni amakuru yashyizwe ahagaragara n’Umuryango Nyarwanda ushinzwe kubungabunga ibinyabuzima byo mu gasozi n’indiri yabyo kamere (RWCA), ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), mu byavuye by’agateganyo mu bushakashatsi bwa mbere bwimbitse bwakorewe ku rusobe rw’ibinyabuzima mu Kibaya (…)
Umutwe wa Hezbollaha wo muri Lebanon, wigambye ko mu ijoro ryo ku wa gatandatu warashe ibisasu birenga 100 mu Majyaruguru ya Israel, wibasira ibigo bitandukanye bya gisirikare.
Ikipe ya APR Basketball Club, yegukanye igikombe cya shampiyona ya 2024 nyuma yo gutsinda ikipe ya Patriots BBC, k’umukino wa gatandatu amanota 73 kuri 70 byuzuza imikino 4-2 mu ya kamarampaka (Playoffs).
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Man City ku kibuga cyayo Etihad Stadium, inganyije na Arsenal y’abakinnyi icumi ibitego 2-2, mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Bwongereza.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyinjije mu ngabo abasirikare bashya barimo abasore n’inkumi bari bamaze amezi atandatu mu myitozo mu ishuri ry’imyitozo ya gisirikare rya Nasho mu Karere ka Kirehe.
Mu Buhinde, umuganga arashinjwa kuba nyirabayazana w’urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 15 y’amavuko, nyuma yo kumubaga avuga ko agiye kumukuramo utubuye two mu gasabo k’indurwe kandi nta bumenyi abifitiye, akabikora arebera kuri videwo zo kuri YouTube.
Igiraneza Sabato w’imyaka 6 y’amavuko, ni umwe mu bana bagize ubumuga bwo kutumva no kutavuga bakiri bato, ariko ubu ashobora kwandika neza ibyo yumva ndetse yabonye naho yiga mu mwaka wa kabiri w’incuke, nyuma yo kwambikwa utwuma dusimbura amatwi ye yapfuye.
Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko adashobora kuzitabira ikiganiro mpaka na Kamala Harris, cyari giteganyijwe mbere y’amatora yo mu Ugushyingo uyu mwaka.
Abaturage bo mu Karere ka Burera, bari mu ihurizo ry’amwe mu Marerero n’Ingo mbonezamikurire y’abana bato bitagikora mu buryo buhoraho, ku buryo ngo bikomeje gutyo, yaba ari mu nzira yo gukinga imiryango burundu; ibintu babona ko bishobora kuvutsa abana babo uburezi buboneye ndetse n’imikurire yabo ikahadindirira.
Kompanyi y’indege Scandinavian Airlines (SAS) yatangaje ko imwe mu ndege zayo byabaye ngombwa ko ku wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2024 igwa gihutihuti igahagarikira urugendo mu nzira, nyuma y’aho imbeba ivumbutse iva mu gakarito karimo ibiryo umugenzi wari mu ndege yari ahawe.
Umugabo wo mu Bushinwa, uri mu myaka 60 y’amavuko yakuwe amenyo 23 aterwamo n’andi 12 ku munsi umwe, bimuviramo gupfa, nyuma yo kwivuriza ku ivuriro ry’amenyo ryabugenewe.
Ni itsinda ry’Abayobozi mu nzego zitandukanye muri Cameroon, ryakoreye mu Rwanda urugendo shuri, mu rwego rwo kwiga uko umugore akora Politike n’uburyo yitwara mu nzego zifata ibyemezo, by’umwihariko mu nzego z’ibanze, akabasha kwesa imihigo.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana yibukije Abanyarwanda n’urubyiruko by’umwihariko indangagaciro na kirazira by’umuco w’Abanyarwanda ko bifite uruhare rukomeye mu kugena imibereho n’imibanire y’Abanyarwanda, byo soko y’amahoro arambye.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yatsindiwe na Pyramids FC ibitego 3-1 mu Misiri, isezererwa mu mikino ya Total Energies CAF Champions League 2024-2025, itageze mu matsinda nkuko yabyifuzaga itsinzwe ibitego 4-2 mu mikino ibiri.
Igitego kimwe rukumbi cya rutahizamu w’Umugande Charles Bbaale, nicyo gishyize akadomo ku mukino wa shampiyona wari umaze iminsi uvugwa cyane hirya no hirya mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda, wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Gasogi United.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko kubera ubusabe bw’abaturage mu Mujyi wa Kabarore, hamaze kugurwa ubutaka bwagenewe irimbi rusange buzakoreshwa na rwiyemezamirimo hagashyingurwamo abafite amikoro.
Umuyobozi mukuru mu bagize umutwe wa Hezbollah, Ibrahim Aqil, yaguye mu gitero cyagabwe na Israel mu Majyepfo y’Umujyi wa Beirut.
Mu mikino ya kamarampaka ya shampiyona ya Basketball mu Rwanda, ikipe ya APR Basketball Club yongeye gutsinda Patriots BBC, itera intambwe iyiganisha ku kwegukana igikombe cya shampiyona.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko yishimiye ubufatanye bushya yagiranye na Ambasade ya Suède mu Rwanda, aho bemeranyijwe gutanga inguzanyo ya Miliyoni 10 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga Miliyari 13 na Miliyoni 484 mu mafaranga y’u Rwanda, azatangwa nk’inguzanyo yo gushyigikira no guteza imbere imishinga mito (…)
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu itsinda rya (RWABATT-1), ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), zatanze ku buntu serivisi z’ubuvuzi ku baturage b’i Bambouti, Akarere gaherereye mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Major General Vincent Nyakarundi, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano bakiriye abagize inzego z’umutekano z’u Rwanda zasoje inshingano mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Muri Uganda, umugabo yahururanye umuhoro agiye kurwanya umuturanyi we wamusambanyirizaga umugore, ariko agira ibyago asanga amurusha ingufu, ahita amutemesha uwo muhoro amuca ukuboko.
Umwe mu bagenzi bari ku cyapa aho bategera imodoka(bisi) ku Gisozi ahitwa ku Kibanza, saa munani z’amanywa, yaganiriye na Kigali Today amaze isaha irenga ategereje imodoka imujyana mu Mujyi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, nibwo Musenyeri Jean Bosco Ntagungira, uherutse gutorerwa kuba Umushumba wa Diyosezi ya Butare yageze muri iyo Diyoseze, yakiranwa urugwiro rudasanzwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yashimiye umuherwe Howard Buffet, wazanye ishuri ryigisha ubuhinzi butangiza ibidukikije (Rwanda Institute for Conservation Agriculture, RICA), agaragaza ko ryitezweho gufasha ubuhinzi bw’u Rwanda gutanga umusaruro rwifuza muri gahunda ya NST2 no mu cyerekezo 2050.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, irashima uruhare rw’abatwara amagare batabigize umwuga bazenguruka ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (Great Africa Cycling Safari), mu bukangurambaga bugamije kumenyekanisha ibikorwa by’uyu Muryango.
Abarenga ibihumbi 70 barwanaga mu gisirikare cy’ u Burusiya ni bo bamaze kugwa mu ntambara yo muri Ukraine kugeza ubu, ndetse abenshi biganjemo abakorerabushake.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamadun Twizeyimana, avuga ko inzego za Polisi ndetse n’iz’ubugenzacyaha (RIB) barimo gushakisha abakoze ubugizi bwa nabi bagatwika umurima wa kawa ungana na hegitari imwe n’igice wa Mvunintwari Shaban.
Byari nk’inzozi kuri bamwe kongera guhura n’abo baherukanaga mu myaka 60 ishize, bakiri abana bato bari hagati y’imyaka 12 na 14, ubu bakaba bageze mu zabukuru mu kigero cy’imyaka isaga 70 y’amavuko.
Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yatangaje icyumweru cya nyuma cyo kwitegura guca burundu ikoreshwa rya telefoni zigezweho n’imbuga nkoranyambaga ku bana bafite munsi y’imyaka 17.
Abaturiye n’abahinga mu gishanga cya Nyiramageni mu Turere twa Gisagara na Nyanza, barishimira imirimo yo kugitunganya yatangiye, bituma usanga biruhutsa bavuga ngo ’Tugiye kurya noneho!’ nyuma y’ibihombo byinshi cyabateraga.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane hasozwaga imikino y’umunsi wa mbere wa UEFA Champions League 2024-2025, usize FC Barcelona itangira itsindwa na AS Monaco 2-1 mu gihe Arsenal bigoranye yanganyije na Atalanta 0-0.
General Abdel Fattah al-Burhan, uyoboye Leta y’inzibacyuho muri Sudani yatangaje ko yiteguye gusahaka ibisubizo byose ku cyemezo cyo guhagarika imirwano ihuje ingabo za Leta ayoboye n’umutwe wa Rapid Support Forces.
Mu Buyapani, umugabo w’imyaka 38 y’amavuko yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, kubera guhamagara umugore kuri telefoni inshuro zirenga 100 ku munsi yiyoberanyije, kandi no mu gihe amwitabye ntagire icyo avuga agaceceka kugeza ubwo umugore akupye telefoni.
Mukarubega Zulfat washinze Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n’Ubucuruzi (University of Tourism, Technology, and Business Studies - UTB), avuga ko yishimira amahirwe u Rwanda rwahaye abagore, akavuga ko we by’umwihariko yiyemeje gutanga umusanzu we abinyujije mu burezi, mu rwego rwo kugira uruhare mu byo Perezida wa (…)
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Kabare ya mbere Akagari ka Kabare Umurenge wa Rwempasha baracyakoresha amazi y’umugezi w’Umuvumba nyamara barahawe amazi meza ya robine.
Perezida Kagame yavuze ko we n’abandi Banyarwanda benshi, amateka mabi yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabigishije, kandi amasomo yavanyemo amufasha iyo ashyira mu bikorwa inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu.
Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri, ikaba yari ivanye abanyeshuri ku ishuri ribanza rya Saint Matthew ibacyuye.
Leta y’u Rwanda binyuze muri Ambasade y’u Rwanda mu Gihugu cya Zimbabwe, yashyikirije icyo Gihugu toni 1000 z’ifu y’ibigori (Kawunga) kubera inkubi y’umuyaga iherutse kwibasira icyo Gihugu, igateza umwuzure wiswe El Nino wateye amapfa muri icyo gihugu.
Mukabalisa Donatille hamwe na Murangwa Ndangiza Hadija ni bo batorewe kuba abasenateri bahagarariye ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda. Kigali Today yabegeranyirije amateka yabo n’imwe mu mirimo bakoze mu gihe cyahise.