Kuva ku Cyumweru muri Israel hari imyigaragambyo ikomeye hirya no hino mu gihugu nyuma y’uko ingabo za Israel zibonye indi mirambo itandatu (6) ya bamwe mu batwawe bunyago n’umutwe wa Hamas mu gitero yagabye kuri Israel ku itariki 7 Ukwakira 2023.
Mu kiganiro n’abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, umuyobozi w’umujyi wa Kigali yavuze ko hakozwe ubugenzuzi bw’isuku mu nyubako zose zihuriramo abantu benshi mu mujyi wa Kigali, bagasanga hari izitubahiriza amabwiriza y’isuku.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko 90% by’ubutaka bugize uwo Mujyi butubatseho amazu, bugomba kuba buteyeho ubusitani binyuze muri gahunda yo gutera ibiti mu myaka itanu iri imbere aho bateganya gutera ibiti birenga miliyoni 3.
Hashize igihe kitari gito, umujyi wa Kigali utangije gahunda yo kwimura abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Ni muri urwo rwego ingo zirenga 7,000 zimaze kwimurwa mu bice binyuranye by’umujyi wa Kigali kuva mu mwaka wa 2023. Ariko se abo bimuwe bari he? babayeho bate?
Umushumba wa Kiliziya ku Isi, Papa Francis tariki ya 2 Nzeri 2024 yatangiye urugendo rw’iminsi 12 aho azanyura mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Aziya na Oseyaniya mu rwego rw’ivugabutumwa.
Ni mu butumwa Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Consolée Uwimana yahaye abarenga 1800 bari bateraniye mu Nama Nkuru y’Abana, i Huye, tariki 2 Nzeri 2024, abasaba gushimangira kuvuga ’Oya’ mu kwirinda ababashuka kuko baba bifuza kubangiriza inzozi zabo z’ahazaza.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (Societe Biblique u Rwanda - SBR), ugaragaza ko urubyiruko ruramutse rutigishijwe neza ndetse ngo rutozwe indangagaciro nziza, rushobora kuba ikibazo ku Mugabane wa Afurika.
Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, yatangaje ko imfungwa 129 zari zifungiye muri gereza ya Makala mu mujyi wa Kinshasa zapfuye nyuma yo gushaka gutoroka gereza.
Perezida Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, aho yitabiriye mu nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC).
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nganzo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, barashinja Kompanyi ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubangiriza inzu batuyemo, kubera ubucukuzi buhakorerwa, bakifuza ko bahabwa ingurane ikwiye bakimurwa.
Umusore wari usanzwe akora akazi k’ubumotari, yapfiriye mu isoko ry’ibiribwa ryo muri Gare ya Musanze, mu buryo butunguranye bibabaza benshi.
Mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, hagiye kuzura uruganda rugiye kujya rwenga inzoga mu birayi yitwa VODKA.
Ubuyobozi bukuru wa MTN-Rwanda burahamagararira abakiliya bayo batarakemurirwa ibibazo muri gahunda ya Macye Macye, kuyimenyesha mu buryo bwo kubahamagara, kubandikira kuri Whatsapp cyangwa ku mbuga nkoranyambaga zabo.
Uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame rusize abikorera bo mu Rwanda no muri Indonesia basinye amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda, (PSF), n’urw’abikorera muri Indonesia, (KADIN), mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, ikoranabuhanga, ubukerarugendo no (…)
Abatoza batatu barimo Otto Addo, umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Ghana (Black Stars), bakoze impanuka ubwo imodoka barimo yagonganaga n’ikamyo.
Ku Cyumweru, tariki ya 1 Nzeri 2024, ikipe ya Dream Taekwondo Club ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Taekwondo mu Rwanda yazamuye abana 40 muri uyu mukino batsindiye imikandara yo mu rwego rwisumbuye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 2 Nzeri 2024, hatangijwe Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, witezwemo kongera imbaraga mu bikorwa by’ubutabera birimo kunoza imiburanishirize y’imanza zimunga ubukungu bw’Igihugu harimo ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare batewe impungenge n’umusaruro w’umuceri ushobora kuba muke kuko hari abataratera imbuto kubera kubura amazi awuhira bitewe n’uko ikiyaga gihangano cya Cyabayaga cyasibye ndetse n’ingomero za Karungeri na Ngoma zidakora kubera impamvu zitandukanye.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buratangaza ko bwatangije umushinga wo kubaka inzu 50 z’abatishoboye, mu Mudugudu wa Gifumba Akagari ka Gifumba muri uwo Murenge, hagamijwe gutuza abaturage batagira aho kuba.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratangaza ko kugira ngo umwarimu yemererwe kwimurirwa ahandi, nibura agomba kuba amaze imyaka itatu akorera aho yasabye kwigisha, cyangwa aho yoherejwe mu rwego rwo kwirinda guhungabanya uburyo abarimu bashyirwa mu myanya.
Bamwe mu bafatabuguzi ba MTN-Rwanda barasaba Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kubishyuriza amafaranga MTN-Rwanda ibatwara ibabwira ko bishyuye telefone za Macye Macye kandi itarigeze izibaha.
Mu gikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025 cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 2 Nzeri 2024 ku Cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana, yagaragaje ko hakenewe ingamba mu kugabanya umubare w’urubyiruko rukora ibyaha kuko ibyaha cyo gukubita no gukomeretsa byihariye 57% by’imanza (…)
Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, abana babiri bavukana bari basizwe mu nzu bonyine mu masaha y’ijoro baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inzu bari barimo.
Leta y’ u Rwanda yashyizeho amabwiriza yo kwirinda icyorezo cy’ ubushita bw’ inkende buzwi nka MPOX mu gihe abanyeshuri barimo gusubira ku ishuri.
Muri Madagascar, hasohotse itegeko rikomeje kwamaganwa n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu rihanisha umuntu wese usambanya umwana gukonwa hakoreshejwe kubaga, aho gukoresha imiti.
Chidimma Adetshina nyuma yo kwangwa mu bari bahataniye Ikamba rya Nyampinga wa Afurika y’Epfo kubera inkomoko ye itaravuzweho rumwe, yabaye Miss Universe Nigeria 2024.
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024 Perezida Paul Kagame witabiriye inama ya kabiri ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, yagaragaje mu gihe hashyirwaho ingamba zihamye nta gushidikanya ko gukorera hamwe bizatanga igisubizo gishimishije ku iterambere rirambye.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) igiye gushyingura abantu 200 baguye mu nkambi z’impunzi bazira uburwayi n’inzara, mu mezi abiri ashize.
Raporo nshya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko ibiciro muri rusange mu Rwanda byagabanutseho 5.4% muri Nyakanga 2024 ugereranyije n’uko kwezi mu mwaka ushize wa 2023.
Umuhanzi umaze kwamamara mu njyana ya Afrobeats, Divine Ikubor, uzwi cyane ku izina rya Rema, yageneye inkunga ya miliyion 105 z’Amanaira yo muri Nigeria (Agera kuri miliyoni 87 z’Amafaranga y’u Rwanda) itorero Christ Embassy ryo muri Benin, ku bw’ineza ryagiriye umubyeyi we agahabwa igishoro agashinga iduka.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024 mu Gihugu cya Uganda ahitwa i Masaka-Bugonzi habereye impanuka ikomeye y’imodoka ya Jaguar yaguyemo abantu umunani barimo n’Umunyarwanda abandi 30 barakomereka bikabije.
Banki ya Kigali (BK Plc) yakoze ibirori byo gushimira abana bazigamirwa kuri konti yitwa ‘Kira Kibondo’, imwe mu biteza imbere gahunda yiswe ‘Nanjye ni BK’ ifasha abantu b’ingeri zose kugerwaho na serivisi z’imari.
Ikigo mpuzamahanga cyita ku mashyamba (FSC) cyiyemeje gushyigikira u Rwanda mu kongera ubukangurambaga, kugira ngo abaturage bumve banamenye amahame mpuzamahanga, mu guteza imbere imicungire irambye y’amashyamba bityo ibikoresho bikomoka ku biti by’u Rwanda bibe byajya ku isoko mpuzamahanga ari byinshi.
Abahinzi b’imboga n’imbuto mu Karere ka Rubavu barishimira ko babonye uburyo butuma no mu gihe cy’impeshyi babasha kongera umusaruro.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe ibihingwa, Jean Claude Izamuhaye, avuga ko iki gihembwe cy’ihinga 2025 A, ubuso buzahingwa bwiyongereyeho 10% ugereranyije n’ubwahinzwe igihembwe cy’ihinga gishize.
Kuri iki Cyumweru, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryamenyesheje amakipe yo mu cyiciro cya mbere ko yemerewe gukoresha abakinnyi b’Abanyamahanga 10 mu marushanwa y’imbere mu gihugu arimo na shampiyona.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye Inama ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, iba kuva tariki ya 1-3 Nzeri 2024. Iyi nama igamije gushimangira umubano hagati ya Afurika na Indonesia, iribanda cyane ku ngingo zirimo guteza imbere ingufu, ubuzima, kwihaza mu biribwa n’ubucukuzi (…)
U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga iziga ku ikoranabuhanga ritandukanye ryifashishwa mu buhinzi, hagamijwe kongera umusaruro wabwo bityo ikibazo cy’inzara yugarije abatari bake ku Isi kikaba cyakemuka.
Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa amashusho (Video) yatangaje benshi, Zari Hassan abwira umugabo we Shakib Lutaaya ko azashaka undi mugabo akabagira ari ababiri kuko itegeko rya Afurika y’Epfo ribyemera.
Ku nkengero z’Ikiyaga cya Ruhondo, hagiye kubakwa umujyi uzatwara miliyari zisaga 400 z’amafaranga y’u Rwanda, umushinga uri kunonosorwa hagamijwe kurushaho kwagura ubukerarugendo bukorerwa kuri iki kiyaga no kubuteza imbere.
Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zirwanira ku butaka zahuriye mu nama igamije gushimangira ubufatanye no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka hagati y’ibihugu byombi.
Mu muganda usoza ukwezi kwa Kanama 2024, hibanzwe ku bikorwa byo kurwanya isuri ariko mu biganiro abaturage bahawe mu Turere dutandukanye, abayobozi babasabye kwirinda indwara y’ubushita bw’inkende Mpox.
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama mu Ntara y’Amajyaruguru, waranze n’ibikorwa binyuranye birimo guhanga no gutunganya imihanda y’imigenderano, gusiba ibinogo no gusibura inzira z’amazi y’imvura, mu kwirinda ibiza by’imvura itegerejwe mu mezi ari imbere.
Mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 31, mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali hibanzwe cyane ku bikorwa birimo gusibura no guca inzira z’amazi kugirango imvura y’umuhindo n’igwa amazi azabone aho anyura nta nkomyi.
Ubwo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangizaga umushinga wiswe RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo, aborozi bahagarariye abandi batanze ibyifuzo bigera muri birindwi, basaba ko byazitabwaho kugira ngo umusaruro basabwa uboneke.
Bamwe mu basirikare b’u Burusiya ba Brigade Bear bari bamaze igihe gito bakorera muri Burkina Faso nk’Abacanshuro, basubiye iwabo mu Burusiya kugira ngo bajye gutanga umusanzu mu kurwanya ingabo za Ukraine zimaze ibyumweru bicyeya zigabye igitero gikomeye ku butaka bw’u Burusiya.
Musenyeri, Dr. Laurent Mbanda w’Itorero Anglican mu Rwanda, yatorewe kuyobora umuryango uhuza amatorero, amadini na Kiliziya (Rwanda inter-Religious Council/RIC), akaba asimbuye Musenyeri Filipo Rukamba wa Diyoseze Gatolika ya Butare.
BK Group iratangaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka yazamuye urwunguko ho Miliyari 47.8 Frw, urwo rwunguko rukaba rwariyongereye ugereranyije n’umwaka ushize mu bikorwa byose bya BK Group.
Mu muhango wayobowe na Minsitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda mu izina rya Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasezeye mu cyubahiro abasirikare bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo na Gen Jean Bosco Kazura.