Inzego z’ubuyobozi muri Kenya zatangaje ko umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda wazamutse cyane kuva ubwo hashyirwagaho ingamba zo gukumira Covid-19 mu kwezi kwa gatatu.
Umuyobozi ushinzwe kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) yatangaje ko kuva mu kwezi kwa Werurwe ubwo gahunda yo kuguma mu rugo yatangiraga, ibyaha by’ubujura bukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga byiyongereye cyane.
Umuhanzikazi Femi One wo muri Kenya wamamaye mu ndirimbo ‘Utawezana’ agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Alyn Sano ndetse banasubiremo indirimbo ‘Kontorola’ imaze iminsi isohowe na Alyn Sano.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22 birimo kubakwa hirya no hino mu gihugu bikeneye umusanzu w’amafaranga cyangwa umuganda bivuye kuri buri Munyarwanda cyangwa inshuti y’u Rwanda.
Nyuma y’uko Perezida Kagame yemereye abatuye mu Karere ka Nyaruguru ibitaro byiza, bikanatangira kubakwa, icyiciro cya mbere cy’inyubako kigeze kuri 70% cyubakwa.
Hakizimana Onesphore ni umurezi ku ishuri ribanza ryigenga rya ‘Saint André Gitarama’ mu Karere ka Muhanga, amasezerano ye y’akazi akaba yarahagaze kubera Covid-19 yatumye amashuri afungwa, ariko ubu yagiye mu bucuruzi ku buryo bifasha umuryango we.
Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umunyezamu wakiniraga ikipe ya Bugesera, inongera amasezerano y’abakinnyi barimo Iyabivuze Osee.
Ikipe ya Rayon Sports imaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wo hagati witwa Alex Harlley ukomoka muri Togo
Ibihembo ya BET Awards bizatangwa ku cyumweru tariki 29 Kamena 2020, umunyekongo Innoss’B akaba ari mu bahanzi nyafurika bari guhatanira ibi bihembo.
Ikigo cy’Abadage gishinzwe kurinda no guhangana n’indwara, The Robert Koch Institute (RKI) kiravuga ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu abantu bahagenda badafite ibyago byo kwanduriramo indwara ya Covid-19.
Muri gahunda yo kongera ibikoresho by’isuku ku isoko ry’u Rwanda, urubyiruko rwateguriwe amahugurwa yo kongera ubumenyi mu gutunganya ibikoresho by’isuku bikorewe mu Rwanda, mu rwego rwo gushaka ibisubizo mu kwirinda COVID-19.
Hagiye gushira umwaka umuhanzi Harmonize wo muri Tanzania asezeye mu nzu ya Wasafi ya Diamond Platnumz, nyamara byagaragaye ko nyuma yo gutandukana n’iyi nzu, Harmonize yateye imbere ku buryo ubu ari umwe mu bahanzi bubashywe muri Afurika akaba yaranabiboneyemo amafaranga.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 16 Kamena 2020 yemeje ko imihango yo gushyingirwa mu nsengero ikomorewe, ariko ikitabirwa n’abantu batarenze 30. Iyo nama yasabye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kuzatanga amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo, ayo mabwiriza akaba yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 18 Kamena 2020.
Mu gihe gahunda yo kwirinda COVID-19 igikomeje, bimwe mu bikorwa byari byafunzwe bikaba byaratangiye gukomorerwa nko gusezerena mu nsengero, gusezerana mu murenge no kwiyakira nyuma y’iyi mihango byemewe na Leta, hari ibindi bigisabwa n’abakomeye ku muco.
Uwari Gitifu w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze na bagenzi be, bareze mu rukiko inzego za RIB, Pariki na Polisi zikorera mu karere ka Musanze, bavuga ko zabarenganyije zibafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwari rwabarekuye.
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa Kane tariki 18 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya barindwi ba COVID-19.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) iratangaza ko ikiguzi cyari cyarakuweho mu gihe cy’amezi atatu kuri serivisi zo guhererekanya amafaranga hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga kizongera gushyirwaho kuva ku wa 22 Kamena 2020.
Minisiteri y’Umuco n’Urubyiruko yavuze ko igiye gufasha abahanzi kubona aho bacururiza ibihangano byabo hifashishijwe ikoranabuhanga kugira ngo ibihangano byabo bibashe kubatunga nyuma yo kubona isomo bahawe n’ibi bihe bya Covid-19 aho gukora ibitaramo bidashoboka.
Aminimungu Phocas wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko kuba yaratakaje zimwe mu ngingo z’umubiri we bitamuteye ipfunwe, ahubwo ko asanga ari ishema kuri we ryo kuba yararwaniye igihugu cye.
Polisi y’u Rwanda ifungiye kuri sitasiyo ya Kicukiro abagabo batanu bakurikiranyweho gutwara amafaranga y’abantu, bababeshya ko bazabaha impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali, Ikigo ’1000 Alternatives Rwanda’ cyahembye imishinga itatu ya mbere y’urubyiruko yifitemo udushya mu mishanga 17 yari yitabiriye irushanwa.
Perezida Donald Trump wa Amerika ari kurwana urugamba rwo gutambamira isohoka ry’igitabo bivugwa ko kigaragaza amabanga ashobora guhindanya isura ye.
Evariste Ndayishimiye watsindiye kuyobora u Burundi yamaze kurahirira kuzuza inshingano yatorewe zo kuyobora u Burundi. Yarahiriye mu birori byabereye kuri sitade Ingoma yo mu ntara ya Gitega, umurwa mukuru mushya wa Politiki mu Burundi.
Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli, yatangaje ko azongera kwiyamamaza, agahatanira kongera kuyobora iki gihugu, naramuka atowe, kuri manda ye ya 2. Amatora ateganyijwe mu kwezi kwa cumi muri uyu mwaka wa 2020, ariko itariki azaberaho ntiratangazwa.
Umugabo n’umugore bari barashakanye byemewe n’amategeko bo mu mudugudu wa Nyamweru, akagari ka Gaseke, umurenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero basanzwe mu nzu bapfuye, hagakekwa ko umugabo yaba yishe umugore na we akiyahura.
Ku wa Kabiri tariki 16 Kamena 2020, mu Mudugudu wa Kagomasi, Akagari ka Kagomasi mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, abantu bagera kuri 40 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera mu rugo rw’uwitwa Tuyizere Didace ndetse n’urwa Ndikumana Didier.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruratangaza ko Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 23 ryari riteganyijwe kubera i Gikondo kuva tariki ya 21/07/2020 kugeza ku ya 10/08/2020 ryimuriwe kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 31/12/2020.
Abaturage batuye mu Mudugudu w’Intiganda, Akagari ka Tetero, mu Murenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, baratangaza ko babangamiwe n’umwanda uterwa n’abaturage barema n’abakorera mu isoko rihari, bavuga ko ritagira ubwiherero.
Perezida mushya w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ararahirira kuyobora iki gihugu kuri uyu wa kane tariki 18 Gicurasi 2020. Ni umuhango wigijwe imbere ho amezi abiri, bitewe n’urupfu rutunguranye rwa Pierre Nkurunziza wari utararangiza neza manda ye, kuko yagombaga gutangira imirimo ye tariki 20 Kanama 2020.
Imibare y’abanduye Covid-19 mu Rwanda yakomeje kugenda yiyongera mu minsi 4 ishize, ku buryo abaturage bari batangiye gutekereza ko bashobora kongera gushyirwa muri gahunda ya guma mu rugo.
Evode Uzarazi wahoze ari umuyobozi w’ishami ry’ubuzima akaba n’umuyobozi w’akanama gatanga amasoko mu Karere ka Nyaruguru, na we yatawe muri yombi na RIB.
Hoteli eshatu zo mu mujyi wa Musanze zemerewe kongera gufungura nyuma y’iminsi itatu zari zimaze zifunze. Zafunzwe nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu batanu banyuze muri izo Hoteli bakaza gusanganwa ubwandu bwa Coronavirus.
Nyuma y’aho urwego rw’ubukerarugendo ruhawe uburenganzira bwo kuba rwakomeza imirimo yarwo yari yarahagaze kubera Covid-19, Urwego rw’igihugu rushinzwe kuwihutisha iterambere (RDB) ruratangaza ko ibiciro byo gusura ingagi n’ibindi byiza nyaburanga byagabanyijwe.
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya batatu ba COVID-19.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rwafashe ibicuruzwa bitandukanye bitujuje ubuziranenge mu gikorwa cyiswe ‘Operation FAGIA-OPSON V’.
Inama y’abaminisitiri yateranye tariki 16 Kamena 2020 yemeje “iteka rya Minisitiri rigena umukozi wo mu kigo cy’ubuzima ufite ububasha bw’umwanditsi w’irangamimerere”.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020 yitabiriye inama yahuje abakuru b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa.
Umugenzuzi mukuru w’umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkundimana Obess aragira inama abakoresha kugirana ibiganiro n’abakozi babo basubikiwe amasezerano y’akazi kuko nta nyungu bose bafite mu kuyasesa burundu.
Rutahizamu wari umaze imyaka itanu mu kipe ya Police FC Songa Isaïe yamaze guhabwa urupapuro rumwemerera kuva muri iyi kipe nyuma yo gusaba gusesa amasezerano.
Hashize iminsi abaturage bo mu turere tw’igihugu bahabwa inzitiramibu nshya, muri gahunda Minisiteri y’Ubuzima ishyira mu bikorwa yo gukumira indwara ya Malariya.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 11 bafunzwe bazira kurenza saa tatu z’ijoro bataragera mu rugo, kubeshya, gucyura abatinze gutaha, ndetse no kwanga kujya gusobanura icyababujije kugera mu rugo ku gihe.
Kuwa kabiri tariki ya 16 Kamena 2020, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, yasinye Itegeko-teka rishyiraho impinduka mu mategeko agenga igipolisi, cyane cyane aho avuga ku bijyanye n’uburyo abapolisi bafata abo bataye cyangwa bagiye guta muri yombi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo butangaza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020, abantu bane bacukuraga amabuye yo kubakisha bagwiriwe n’ikirombe, babiri muri bo bahita bitaba Imana.
Rumwe mu nganda nke mu Rwanda zitanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ruherereye i Nasho mu Karere ka Kirehe. Rwubatswe mu mwaka wa 2016 mu mushinga wo guteza imbere ubuhinzi ubarizwa muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) watewe inkunga n’umuryango nterankunga w’Umuherwe w’Umunyamerika Howard G.Buffet.
Shampiyona y’u Bwongereza yari imaze amezi atatu idakinwa irasubukurwa kuri uyu wa Gatatu ahatagerejwe cyane umukino uhuza Manchester City na Arsenal
Banki ya Kigali irasaba abahanzi gutinyuka bakayigana kugira ngo babashe gukorana nk’abandi bashoramari bose.
Ubutwari bw’Abatutsi bo mu Bisesero bumaze kumenyekana mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri 1994, Abasesero bahanganye n’ibitero by’interahamwe igihe kirenze amezi abiri kugeza ubwo Inama ya Guverinoma ya KAMBANDA ishyira icyo kibazo ku byagombaga kwigwaho mu nama yo ku wa 17 Kamena 1994. Hafashwe icyemezo cyo (…)
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Minisiteri y’Ubutabera yatangaje ko umucamanza Raphael Yanyi byavugwaga ko yazize indwara y’umutima, ahubwo yishwe atewe ibyuma mu mutwe.