Nyuma y’uko amakoperative yatangiye gutanga inyungu n’ubwasisi abisabwe n’Ikigo cy’Igihugu giteza imbere Amakoperative (RCA), hari abarimu bifuza ko n’Umwalimu SACCO wagira icyo ubagenera ku nyungu z’ubwizigame bwabo bwa buri kwezi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, irasaba abahinzi kutagira umwanya n’umwe batakaza, ibasaba guhinga byinshi bishoboka mu rwego rwo kongera umusaruro uzafasha abantu kwihaza, mu gihe isi ihanganye n’icyorezo cya Coronavirus.
Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika Ahmad Ahmad, aratangaza ko irushanwa rya CHAN bikigoye ko ryaba mu mezi ya vuba kubera icyorezo cya Coronavirus.
Akarere ka Bugesera kazwiho kuva kera kugira amazi meza make kandi n’ubu ni ko bimeze, kuko kabona metero kibe 3,600 ku munsi mu gihe gakenera nibura metero kibe 20,000 ku munsi.
Mu rwego rwo gukomeza ingamba zo gukumira icyorezo cya COVID-19 (lockdown), inama y’Abaminisitiri yongereye igihe cyo gukurikiza izo ngamba ho iminsi 15 ku gihe cyari giteganyijwe. Ni ukuvuga ko izo ngamba zizageza ku cyumweru tariki ya 19 Mata 2020, saa tanu n’iminota 59 z’ijoro.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi ndetse n’ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania yavuze ko kuba shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ikinamo abanyamahanga bake ari imwe mu mpamvu umupira wo mu Rwanda udatera Imbere.
Muri iyi minsi Abanyarwanda bakanguriwe kuguma mu ngo, zabo, hagamijwe kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya CoronaVirus, Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, avuga ko iyi gahunda kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa muri aka Karere yagabanyije ku buryo bushimishije urugomo rwakorwaga n’abaturage.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rwafunze uwitwa Silas Munyaneza, ukurikiranweho ibyaha byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ndetse no guhimba inyandiko mpimbano. Uyu Munyaneza asanzwe ari umuyobozi ushinzwe ireme ry’uburezi mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya (…)
Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga (NCPD) irasaba ko televiziyo zose zikorera mu gihugu zashyiraho abasemuzi mu rurimi rw’amarenga kugira ngo ubutumwa butangwa, cyane cyane ubwo kwirinda Covid-19 bugere no ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Amakuru mashya ya Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 01 Mata 2020, hagaragaye abandi bantu barindwi barwaye Coronavirus, nk’uko itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ribivuga.
Umukobwa witwa Jamie Douglas ufite imyaka 26 na Stephen Bradford ufite imyaka 28, byabaye ngombwa ko bahagarika ubukwe bwabo bwari bufite agaciro k’ibihumbi 45 by’Amadolari ($45,000) kubera icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’ishuri ’Hope Haven Rwanda’ riherereye mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, bwatanze ibyo kurya ku baturage batishoboye batuye mu midugudu itandatu igize Akagari ka Rudashya, byose bifite agaciro ka miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.
Olivier Nizeyimana uyobora ikigo Volcano Ltd kizwi cyane mu gutwara abagenzi mu Rwanda yatangarije Kigali Today ko ikigo ayobora cyageneye uturere 10 two mu Rwanda inkunga y’ibiribwa.
Ikipe ya Skol Adrien Cycling Academy (SACA) yishimiye umusaruro yavanye muri Tour du Rwanda 2020 yari yitabiriye ku nshuro yayo ya mbere.
Abarangiza ibihano ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi baratangaza ko inyigisho bahabwa z’isanamitima zituma babasha kongera kwibona mu muryango Nyarwanda bangije.
Umunya-Senegal Pape Diouf wigeze kuyobora ikipe ya Olympique de Marseille yo mu Bufaransa yitabye Imana ku wa kabiri tariki 31Werurwe 2020 i Dakar muri Senegal mu bitaro yari arwariyemo nyuma yo kwandura Coronavirus.
Umukunzi wa Rayon Sports witwa Mutsinzi yahaye ibiribwa abafana babiri Rwarutabura na Rujugiro muri ibi bihe isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus
Turikumwe Emmanuel bakunze kwita Macati yatawe muri yombi ku wa kabiri tariki 31 Werurwe 2020, nyuma yo gufatwa atwaye amajerekani 10 yuzuye inzoga zitemewe bakunze kwita ‘inkorano’ mu modoka ye y’ivatiri.
Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop Uwimana Francis uzwi ku izina rya Fireman, yumvikanye asaba ko yashyirwa mu mubare w’abantu bahabwa ingoboka z’ibiribwa n’ibindi by’ibanze nkenerwa muri ibi bihe byo kuguma mu rugo abantu birinda icyorezo cya COVID-19.
Imiryango 244 yo mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu imaze gushyikirizwa inkunga y’ibiribwa haba itangwa na Leta n’iy’abantu ku giti cyabo.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative mu Rwanda (RCA) bwasabye amakoperative mu Rwanda guha abanyamuryango inyungu.
Minisitiri w’Ubuzima mu Burundi, Dr Thaddée Ndikumana, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 31 Werurwe 2020, yatangaje ko muri icyo gihugu ku nshuro ya mbere habonetse abantu babiri barwaye Coronavirus.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa kabiri tariki 31 Werurwe 2020, hagaragaye abandi bantu batanu barwaye Coronavirus. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri mirongo irindwi na batanu (75), nk’uko iri tangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ribisobanura.
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu bakigaragara barenga ku mabwiriza yashyizweho yose yo kwirinda ikwirakwira rya #COVID19.
U Rwanda ruritegura kurekura aba mbere bashyizwe mu bitaro kubera ko bagaragaweho Coronavirus, bakajya mu miryango yabo kuko bitaweho bakaba bameze neza.
Abarema isoko rya Kinkware riri mu Murenge wa Nkotsi, mu Karere ka Musanze, batewe impungenge n’ubucucike bw’abantu n’umubyigano uhagaragara; ibintu bavuga ko bishobora kubangamira ingamba zo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 aho batuye.
Abaganga,abaforomo n’abandi bakoraga muri serivisi zo kwa muganga mu Bwongereza bagera ku 20.000, bemeye kugaruka ku kazi ngo batange umusanzu wabo mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus, nyuma y’uko bari baratangiye ikiruhuko cy’izabukuru.
Umukinnyi Nsengimana Bosco w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare mu Rwanda (Team Rwanda) arashinja ikipe yahoze akinira ya Benediction Ignite kumubuza amahirwe yo kujya mu ikipe ya Skol Adrien Cycling Academy (SACA) nyuma yo kumwima ibaruwa imwemerera kuyivamo (Release Letter).
Kubera icyorezo cya COVID-19, ubuyobozi bukomeje gukangurira abantu kuguma mu ngo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo.
Umukinnyi w’umukino w’amagare mu Rwanda Mugisha Samuel, ari gukorera imyitozo mu rugo mbere yo kwerekeza mu ikipe ye nshya yo mu Bufaransa
Ubuyobozi bw’amakoperative y’abamotari bo mu Karere ka Huye, muri iyi minsi buri gutanga amafaranga y’inyungu z’umwaka wa 2019 ku banyamuryango. Koperative yitwa COTTAMOHU, iri gutanga ibihumbi 10 kuri buri munyamuryango, naho iyitwa CIM igatanga ibihumbi birindwi.
Umugabo witwa Rimenyande Jean Damascene wo mu Karere ka Ngororero, ari mu maboko ya RIB kubera gucyuza ubukwe arenze ku mabwiriza ya Leta yo kwindinda icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buravuga ko mu rwego rwo gufasha abaturage batishoboye bari batunzwe n’imirimo y’amaboko bakoraga muri gahunda ya VUP, bazagobokwa kugira ngo bakomeze ubuzima.
Ibikorwa byo kurwanya icyorezo cya COVID-19 byatumye byinshi mu bikorwa bihagarara mu Mujyi wa Gisenyi wari umenyerewe nk’umujyi w’ubukerarugendo n’ubucuruzi.
Mu gihe iminsi ikomeje kwiyongera serivisi nyinshi zirimo n’amashuri zarahagaze kubera kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, Ikigo gishinzwe guteza imbere Uburezi mu Rwanda (REB), cyashyize amasomo ku rubuga rwa YouTube, mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kwiga bifashishije amashusho kandi ku buntu.
Abanyeshuri bane bo mu ishuri rya Kigali Integrated College (KIC), bakoze ikoranabuhanga rizaca impaka ziba hagati y’ibigo by’ubwishingizi n’abakiriya babyo iyo bibaye ngombwa kwishyurana, kuko akenshi birangirira mu nkiko.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian avuga ko abakora irondo ry’umwuga ari abaturage basanzwe kandi amakosa bakoze bayahanirwa nk’abaturage bose.
Umuryango Mpuzamahanga w’Ubushakashatsi kuri Jenoside urahamagararira isi yose muri rusange n’Abanyarwanda by’umwihariko, kwita ku bantu bakuze muri ibi bihe isi yugarijwe n’icyorezo cya koronavirusi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa mbere tariki 30 Werurwe 2020 nta murwayi mushya wa Coronavirus wagaragaye mu bipimo byafashwe. Ibi byatumye umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda uguma kuri mirongo irindwi, nk’uko iri tangazo rya MINISANTE ribivuga.
Indirimbo ‘Henzapu’ Bruce Melody aherutse gukora ikavanwa ku rubuga rwa YouTube yamaze kugarurwaho n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bari bashatse ko ivaho.
Nyuma y’uko aborozi banini b’inka bakorana n’ikusanyirizo ry’amata rya Rusatira bagaragarije ko babuze aho berekerana umusaruro w’amata, bemerewe kuyagemura gatatu mu cyumweru.
Kuri uyu wa mbere tariki 30 Werurwe 2020, ni wo munsi wa nyuma w’umuryango w’umwuzukuru umwamikazi w’u Bwongereza, igikomangoma Harry n’umugore we Meghan Markle ndetse n’umwana wabo Archie, ugomba kuba utakibarizwa mu muryango wo mu bwami uyobowe n’Umwamikazi Elizabeth II.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi n’ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania, Kagere Meddie, yavuze ko gukina nk’umunyamahanga ari byo bituma ahora ku ruhembe rw’abatsinda muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Akumuntu Kavalo Patrick wizihiza isabukuru y’imyaka 28 kuri uyu wa mbere tariki 30 Werurwe 2020, yavuze ko mukuru we Ndamukunda Flavien ari we wamukundishije umukino wa Volleyball bakina bombi.
Ubwo umubare w’abanduye coronavirus wakomezaga kwiyongera muri Espagne, ubuyobozi bwahise bufata umwanzuro wo gusaba abantu kuguma mu ngo kugira ngo badakomeza gukwirakwiza icyo cyorezo.
Tariki ya 08 Werurwe buri mwaka, isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore. Ukwezi kose kwa Werurwe, haba hazirikanwa ku mugore n’uruhare rwe mu mibereho y’umuryango. Kigali Today yaguteguriye urutonde rwa bamwe mu Banyarwanakazi bagaragaje kuba indashyikirwa mu mirimo yabo ya buri munsi, ikimenyetso ko (…)
Ishyirahamwe ry’Imikino Olempike ku Isi rimaze gutangaza ko Imikino Olempike iherutse gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19, izaba umwaka utaha guhera tariki ya 23 Nyakanga kugera tariki ya 8 Kanama.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rwafunze uwitwa Silas Munyaneza, ukurikiranweho ibyaha byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ndetse no guhimba inyandiko mpimbano.
Mu rwego rwo kurinda amafaranga yinjira no gukomeza ibikorwa, uruganda Bralirwa rurateganya gusaba abanyamigabane barwo kudahabwa inyungu mu mwaka wa 2019 kubera ibibazo bikomeye byo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda Food and Drugs Authority), kirasaba Abaturarwanda kutihutira kugura imiti isanzwe ikoreshwa mu bundi buvuzi bakeka ko ivura cyangwa ikingira Covid-19, kandi bitaremezwa n’inzego zibishinzwe.