Umuhanzi Padiri agiye gusohora indirimbo yakoranye na Sergent Major Robert

MPC Padiri utangiye kwamamara mu muziki w’u Rwanda, agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Sergent Major Robert wamamaye ku izina rya Sergent Robert kubera morale ye n’indirimbo ze zikundwa na benshi.

Padiri na Sergent Robert bagiye gusohora indirimbo bise 'Onja'
Padiri na Sergent Robert bagiye gusohora indirimbo bise ’Onja’

Iyi ndirimbo bagiye gushyira hanze bayise ‘Onja’ bishatse kuvuga ‘sogongera’ cyangwa se guha umuntu duke ngo abanze yumve uko ibisigaye bimeze.

Ngo batekereje kuyita gutyo kubera ko umuziki ari ifunguro rya buri muntu, buri umwe wese uramunyura kandi ukamubera ubuzima.

Padiri yagize ati “Iyi ndirimbo ikoze mu Giswahili ni cyo cyinshi harimo n’Ikinyarwanda, tuba tubwira abantu gusogongera no gusogongeza umuziki, icyo ukora cyose iyo ufite umuziki uryoherwa n’ubuzima, abasirikare n’abasivili iyo bari kumwe barishima bumva umuziki, abahanzi n’abagore babo bikaba uburyohe, abayobozi n’abo bayobora bikaba uko”.

Iyi ndirimbo Padiri agiye kuyikorana na Sergent Major Robert cyane ko bombi baririmbye indirimbo zirata ubutwari bw’ingabo z’igihugu, bakaba barifuje ko bahuza bagakora indirimbo nziza bahuriyeho.

Padiri atangiye kwamamara kubera umuziki
Padiri atangiye kwamamara kubera umuziki

Yagize ati “Naririmbye indirimbo yo kwibohora ndirimba izindi nka ‘Mbaya Golilla ya RPA’ n’izindi ndetse na SM Robert na we arazwi cyane mu ndirimbo za gisirikare, birumvikana ko iyi ndirimbo izaba iryoshye cyane”.

Biteganyijwe ko niba nta gihindutse, iyi ndirimbo ‘Onja’ iza kujya ahagaragara n’amashusho yayo muri iki cyumweru cyangwa igitaha.

MPC (Munyabugingo Pierre Claver) Padiri amaze kwamamara ku ndirimbo ari gukora ziri gukundwa na benshi nka ‘I Miss You’, ‘Rwatubyaye’, ‘Ibihe bibi’ n’izindi nyinshi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

vive kt yacu

ndindeladi yanditse ku itariki ya: 28-10-2020  →  Musubize

murakoze cyaneee

ndindeladi yanditse ku itariki ya: 28-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka