Nyagatare: Inkuba yishe inka eshanu

Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ukwakira 2020, inka eshanu z’uwitwa Muhutu Samuel w’imyaka 67 y’amavuko zikubiswe n’inkuba zihita zipfa.

Byabereye mu Mudugudu wa Karungi, Akagari ka Kamagiri, Umurenge wa Nyagatare, ahagana saa kumi n’igice.

Iyo nkuba ngo yazikubise ubwo imvura nyinshi yari irimo kugwa muri aka gace, izo nka zikaba zari ziri mu rwuri rwazo.

Muhutu Samuel yari asanganywe inka 9 ubu akaba asigaranye inka 4.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

Nukuri uwomuvandimwe reta imuhe inkunga pe

Nizeyimana yanditse ku itariki ya: 28-10-2020  →  Musubize

Nukuri birababaje ibyabaye iwacu ariko ministerial yibiza igire icyo ikora kandi kigalitoday izabimenyeshe abatura rwanda

Alias yanditse ku itariki ya: 28-10-2020  →  Musubize

Mubyukuri nagahinda gakomeye Dore ko harimo nimbyeyi,ubushobozi bwakarere bufanije na minisiteri ifite munshingano ubworozi,bamuremere kbsa.murakoze cyane Kigali today kuba maso mukavuganira abaturage

Gasana January yanditse ku itariki ya: 28-10-2020  →  Musubize

Ni kumuremera

Gasana January yanditse ku itariki ya: 28-10-2020  →  Musubize

Mubyukuri nagahinda gakomeye Dore ko harimo nimbyeyi,ubushobozi bwakarere bufanije na minisiteri ifite munshingano ubworozi,bamuremere kbsa.murakoze cyane Kigali today kuba maso mukavuganira abaturage

Gasana January yanditse ku itariki ya: 28-10-2020  →  Musubize

Nukuri ubuyobobw’akarere kacu ka nyagatare burebe ukuntu bwamufasha,
Kuko umuvandi atorohewe nagake,

Murakoze.

Gato Jonas yanditse ku itariki ya: 27-10-2020  →  Musubize

Nukuri ubuyobobw’akarere kacu ka nyagatare burebe ukuntu bwamufasha,
Kuko umuvandi atorohewe nagake,

Murakoze.

Gato Jonas yanditse ku itariki ya: 27-10-2020  →  Musubize

Mujye mutwereka namafoto

Ok yanditse ku itariki ya: 27-10-2020  →  Musubize

Muhutu Samuel ihangane mworozi, ikikibazo kirareba ubuyobozi cyanex2 bwa AKarere ka Nyagatare kubufatanye n’aborozi murirusange mukarere hose ndetse na insurance companies zahisemo kwishingira ubworozi. Iki nigihombo kinini kumworozi nka Muhutu. Insurance companies ntizita byimbitse kuborozi ndetse nabahinzi nubwo leta ibyemeza KO ariwo mwuga ugize rubanda. Aborozi muhagurukire gushinganisha amatungo, ndetse nabahinzi kumirima, uturere muhagurukire kuvuganira ndetse noguhuza sosiyete zubwishingizi naborozi ndetse nabahinzi.

Ntagara yanditse ku itariki ya: 27-10-2020  →  Musubize

Ni ukwihanga biratubabaje

Habumugisha innocent yanditse ku itariki ya: 27-10-2020  →  Musubize

Uwomworozi niyihangane kdi ubuyobozi bubishinzwe burebe icyobwakora bumufashe kdi abarozi barebe niba munzuri zamatungoyabo aringombwako bashyiramo imirindankuba bayishake murakoze

Alias yanditse ku itariki ya: 27-10-2020  →  Musubize

Yihangane pe nta kundi byanda arko aborozi bashakishe uko bamuremera

Alias yanditse ku itariki ya: 27-10-2020  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka