Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda(MINADEF) iravuga ko mu ijoro ryakeye ahagana saa sita n’iminota 20, hari abantu bitwaje intwaro bagabye igitero ku Ngabo z’u Rwanda(RDF) mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku wa 26 Kamena 2020 yazamuye mu ntera abapolisi 2,282 abandi 261 bajya mu kiruhuko cy’izabukuru.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 25 Kamena 2020 nibwo hasohotse itangazo rya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) rigaragaza ko imidugudu 6 yo mu mirenge ya Kigarama, Gikondo na Kigali ishyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya umunani ba COVID-19.
Ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu byashoboraga gutuma Muhadjili asinyira Rayon Sports, byarangiye impande zombi zitumvikanye
Imiryango cumi n’itandatu(16) y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe yahawe inzu zo guturamo yubakiwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB), izo nzu zikaba zarubatswe mu mafaranga aturuka mu bukerarugendo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umuyobozi mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi yageze ku cyicaro cy’Umuryango giherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangaje ko kubura Perezida Pierre Nkurunziza uherutse kwitaba Imana “ari ukubura umujyanama mukuru, umwe ubazwa byose, akaba azi n’akari mu nda y’ingoma nk’uwayikannye, wa wundi umenya akasongoye ihwa”.
Nyuma y’uko bamwe mu batwara imodoka zitwara abagenzi zizwi ku izina rya Twegerane babuze umusanzu bakirukanwa, ubu bemerewe kongera gukora.
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr. Solange Uwituze avuga ko bagishakisha inkomoko y’indwara y’uburenge yagaragaye mu nzuri z’aborozi mu karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.
Ubushakashatsi butandukanye bwagaragaje ko gukebwa cyangwa gusiramurwa (circumcision), byagabanyiriza uwabikorewe ibyago byo gufatwa n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ku rugero rwa 60%. Minisiteri y’ubuzima ikangurira abantu kwitabira gahunda yo gukebwa kuko ari uburyo bwo kwirinda indwara zimwe na zimwe.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe uwitwa Munyaneza Fabien Alijuni w’imyaka 32, akaba yafatanywe Moto yo mu bwoko bwa TVS ifite ibirango RE 874H yari imaze kwibwa umumotari witwa Imanizabayo Etienne w’imyaka 34. Byabereye mu Karere ka Rubavu mu murenge wa Busasamana mu kagari ka Gishonga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwafunze abanyamakuru babiri ari bo Byansi Samuel Baker na Nshimyumukiza Janvier.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abarwayi 34 ba Covid-19 babonetse muri Kigali kuva tariki ya 3 kugeza ku ya 24 Kamena 2020. Muri bo 25 ngo ni abo mu midugudu yasubijwe muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Uwahoze ari Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza akayobora igihe kigera ku myaka hafi 15 arashyingurwa kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2020 mu Mujyi wa Gitega.
Nyuma y’imyaka 30 Liverpool itazi igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, iri joro iraye igitwaye nyuma y’uko Chelsea itsinze Manchester City ibitego 2-1, na nyuma y’uko Liverpool ku munsi wari wabanje yari yitsindiye Crystal Palace ibitego 4-0.
Amabwiriza mashya atangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) aravuga ko imidudugu itandatu yo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ishyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo (lockdown) mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya COVID-19.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagize Charles Habonimana Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibibuga by’Indege (Managing Director of Rwanda Airports Company).
Amakuru atangazwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri ba COVID-19.
Muri iki gihe u Rwanda ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus, rwashyizeho amabwiriza ajyanye no gukumira ikwirakwira ry’icyo cyorezo. Muri ayo mabwiriza harimo iribuza abantu guhurira hamwe ari benshi, kuko nk’uko bivugwa n’impuguke mu by’ubuzima, cyandura mu buryo bworoshye mu gihe abantu begeranye harimo uwamaze kucyandura.
Michael Joseph/Joe Jackson wamenyekenye nka Michael Jackson yavutse tariki 29 Kanama 1958 avukira ahitwa Gary muri Leta ya Indiana, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ibyiciro by’ubudehe bisanzwe bigenderwaho mu Rwanda byahinduriwe amazina, ubu bikazajya byitwa amazina hakurikijwe inyuguti zikoreshwa mu kwandika, bikaba kandi ari bitanu (5) mu gihe mbere byari bine.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), gitangaza ko umuntu umwe wabonetse mu bagaragaweho Covid-19 mu Rwanda ku wa Gatatu tariki 24 Kamena 2020, yagaragaye mu Karere ka Nyagatare akaba afitanye isano n’abashoferi b’amakamyo.
Gentille Noella ukina muri Filime z’uruhererekane zizwi nka Papa Sava, ni umukobwa w’ikimero gitangaje gikurura abagabo. Aganira na KT Radio yatangaje ko akenshi aho anyuze hose abantu bamutangarira, ugasanga baramwitegereza cyane batangariye uko Imana yamuremye.
Mukamana (izina twamuhimbye) w’imyaka 16, ubu afite uruhinja rumaze ukwezi kumwe n’igice ruvutse. Avuga ko inda yayitewe na shebuja, nyuma y’uko umugore we yamukuye mu ishuri ngo amukorere.
Gutegura ibirori no kwakirana yombi ababyitabiriye birimo biratanga akazi ku bakobwa benshi mu Rwanda aho usanga abakobwa bahurizwa mu matsinda yo gukora imirimo yo kwakira ababa baje mu birori binyuranye.
Mu ijoro ryo kuri uyu Kane tariki 25/06/2020 ikipe ya Liverpool ishobora kurara yegukanye igikombe cya shampiyona ibifashijwemo n’ikipe ya Chelsea.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi irasaba aborozi bo mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Kirehe guhagarika ingendo z’amatungo hagamijwe gukumira indwara y’uburenge.
Inzu ikomeye y’imyidagaduro ya Barcelona (Barcelona’s Gran Teatre del Liceu opera) yari yafunze imiryango kubera icyorezo cya Coronavirus, yongeye gusubukura ibikorwa byayo icurangira ibimera.
Abasirikare b’u Rwanda(RDF) baregwa hamwe n’abagize imitwe y’Iterabwoba y’amashyaka yiyise P5 arangajwe imbere na RNC, bose uko ari 33 bemerewe kuzaburana mu kwezi gutaha nk’uko bari basabye igihe gihagije cyo gusoma bitonze dosiye z’ibyaha baregwa.
Amakuru atangazwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya mirongo itatu na babiri ba COVID-19.
Umuhanzikazi Sunny Dorcas Ingabire aricuza igikorwa yakoze cyo gushimisha abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga bikagera aho akuramo imyenda akagaragaza imyanya ye y’ibanga ikarebwa n’ibihumbi by’abantu hirya no hino ku isi.
Nyabirasi ni Umurenge umwe w’Akarere ka Rutsiro utagiraga umuriro w’amashanyarazi, ibyo bigatuma ibikorwa byabo byinshi bikenera umuriro bifashisha umuriro uturuka ku mirasire y’izuba, ariko ubu guhera ku itariki 22 Kamena 2020, batangiye gucana umuriro w’amashanyarazi.
Mu Karere ka Nyaruguru hari ababyeyi bishimiye ibyumba by’amashuri 600 byatangiye kuhubakwa, kuko ngo bizatuma abana babo biga nta bucucike, bityo babashe kumenya.
Guhera ubu ikigo gicuruza amashusho cya Canal Plus cyamaze korohereza abafatabuguzi aho bagabanyije ibiciro by’ifatabuguzi ryayo. Bashingiye ku byifuzo by’abakiliya ndetse n’Abanyarwanda by’umwihariko, ubu Canal Plus yamaze gushyiraho ibiciro bishya ku mafatabuguzi basanzwe bafite, aho ubu amafatabuguzi atandatu basanganwe (…)
Umuhanzi Justin Bieber yahakanye ibimaze iminsi bimuvugwaho ko yaba yarafashe umukobwa ku ngufu muri 2014 ubwo yari mu mujyi wa Austin muri Texas. Uyu muhanzi avuga ko ibi birego atari byo kandi ko afite ibimenyetso simusiga.
Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly mu muziki wo mu Rwanda agiye kugaragara ari umukinnyi muri Filimi y’uruhererekane yitwa “Ishyano ry’ikibero” izajya inyuzwa kuri Murandasi n’imbuga nkoranyambaga, aho azajya akina mu isura y’umusore wagiriye ubuzima bubi mu mujyi.
Abahanga mu by’ubuzima batangaje ko mu gihugu cya Mexique havutse abana batatu b’impanga bavukanye Coronavirus mu buryo butari bwarigeze bubaho.
Mu mirenge ya Bumbogo na Kimironko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ku itariki ya 22 Kamena 2020 hafatiwe litiro 1, 080 z’inzoga zitemewe.
Nyuma y’imyaka icyenda (9) ari umupadiri wa Diyosezi ya Cyangugu, tariki ya 3 Ukuboza 2018 nibwo Padiri Nambajimana Donatien yeruye ko asezeye ku mugaragaro umurimo wo kuba umusaserodoti akiyemeza kujya gushaka umugore.
Umuyobozi mukuru w’agateganyo w’ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (RHA), Augustin Kampayana, avuga ko hatagize imbogamizi zindi zivuka, umwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021 wazarangira nta mabati ya asbestos akiri ku nyubako zo mu Rwanda.
Amakuru atangazwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi n’umwe ba COVID-19.
Ikipe ya Gasogi United yasinyije Bola Lobota Emmanuel byari bimaze iminsi bivugwa ko yumvikanye n’ikipe ya Rayon Sports
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rutesheje agaciro ingingo zose uwari gitifu w’umurenge wa Cyuve na bagenzi be bagaragaje mu rubanza baregamo inzego za Leta zikorera i Musanze zirimo Pariki, RIB na Polisi ku ifungwa rinyuranyije n’amategeko.
Abanyeshuri bagiye kumarana n’ababyeyi babo amezi abarirwa muri atandatu bitewe n’icyorezo cya COVID-19 cyabangamiye uburezi mu Rwanda. Mu gihe Leta ihanganye n’icyo cyorezo, ikomeje no gushaka igisubizo ku kibazo cy’ubucucike mu mashuri aho muri Nzeri hagomba kuba huzuye ibyumba by’amashuri 22,505.
Igerageza rya mbere ry’urukingo rwa Coronavirus rigiye gutangira muri Afurika y’Epfo. Ibi byatangajwe na Kaminuza ya Wits y’i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, rikaba ari na ryo gerageza rya mbere muri Afurika rigiye gutangira.
Umuyobozi w’Idini ya Islamu mu Rwanda(Mufti), Sheikh Salim Hitimana aravuga ko umutambagiro mutagatifu Abayisilamu bakorera i Macca atari ubwa mbere usubitswe, kuko umaze gusubikwa inshuro zisaga 40 mu bihe bitandukanye.