#WC2026: U Bufaransa bugeze muri 1/8 busezereye Suède (Amafoto)

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yageze muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi 2026 isezereye Suède yatsinze ibitego 3-0.

Ni umukino wabereye MetLife Stadium mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, utangira Saa Tanu z’ijoro u Bufaransa burawiharira muri rusange, dore ko bwanasoje igice cya mbere butsinze 1-0 cyatsinzwe na Kylian Mbappe ku munota wa 45 ahawe umupira na Ousmane Dembele.

Mu gice cya kabiri, u Bufaransa byatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 54 gitsinzwe na Bradley Barcola ahawe umupira na Michael Olise. Uyu musore yongeye gutanga undi mupira kuri Kylian Mbappe ku munota wa 74 atsinda igitego cya gatatu cyari icya kabiri cye, umukino urangira ari ibitego 3-0.

U Bufaransa bwagsze muri 1/8 aho buzakina na Paraguay tariki 4 Nyakanga 2026, Saa Tanu z’ijoro.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka