Mu minsi mike u Rwanda ruraba rugeze mu mwaka wa 2021, rukawugeranamo inkovu z’ibikomere rwasigiwe na Covid-19, yageze mu gihugu ku ya 14 Werurwe uyu mwaka izanywe n’umuntu umwe, ariko kugeza ku itariki 28 Ugushyingo, abayanduye bari bamaze kugera ku 5,891.
Mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup wabereye muri Botswana, AS Kigali yahatsindiwe ibitego 2-1.
Nyiricyubahiro Karidinali Kambanda Antoine, kuri iki Cyumweru tariki ya 29 Ugushyingo 2020, yasomye misa ye yambere kuva yimitswe nka Karidinali wa mbere w’Umunyarwanda.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu rwego kurushaho kunoza serivisi zihabwa abagana amavuriro ya Leta no guha ayo mavuriro ubushobozi bwo gukomeza gukoresha abaganga n’abaganga b’emenyo bafite ubumenyi bukenewe ku isoko, yashyizeho amabwiriza yemerera abaganga n’abaganga b’amenyo gukorera mu mavuriro arenze rimwe, no gukora (…)
Abagize Diaspora Nyarwanda yo mu gihugu cy’u Budage barashimirwa uruhare rwabo mu gushyigikira ireme ry’uburezi, binyuze mu kongera umubare w’ibyumba by’amashuri mu Turere twa Nyabihu na Musanze.
Guhera tariki 1 Ugushyingo 2020, abakorera mu isoko rya Nyamata mu Karere ka Bugesera batangiye gukorana n’ubuyobozi bushya buhagarariye abashoramari barihawe kugira ngo bazaryubake bya kijyambere, nk’uko amasoko amwe yo muri Kigali ameze.
Minisiteri y’Ibidukikije n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), batangije umushinga uzafasha igihugu kubaka ubushobozi bwo gukora igenamigambi rifasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Turere twa Kirehe na Nyabihu yafashe ibiro 102 by’urumogi mu bihe bitandukanye. Mu Karere ka Nyabihu hafatiwe ibiro 30 ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 27 Ugushyingo, naho tariki ya 26 Ugushyingo, mu Karere ka Kirehe hafatirwa imifuka ibiri irimo ibiro 72 by’urumogi.
Icyiciro cya mbere cy’abaturage bagize imiryango 48bari batuye muri Kangondo ya Mbere n’iya kabiri ndetse na Kibiraro ya mbere n’iya kabiri mu Kagari ka Nyarutarama mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, kuri iki cyumweru bimukiye mu nzu nshyashya bubakiwe mu Busanza ho muri Kicukiro.
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Dr Abiy Ahmed, avuga ko ingabo za Leta y’iki gihugu ubu ari zo zigenzura umurwa mukuru wa Leta ya Tigray iri mu majyaruguru.
Injyana zijya zigira ibihe byazo zigakundwa, n’abahanzi bakagira igihe cyo gukundwa. Kuri ubu hari abahanzi nyarwanda bari mu bagaragaza ko bafite ahazaza heza mu muziki batangiye.
Dasso ikorera mu Karere ka Musanze, ku wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020 yasubije umunyamahanga ukomoka mu gihugu cy’u Bushinwa witwa Geng Jum Ping w’imyaka 32 telephone ebyiri za smart, zari zibwe ku wa Gatanu tariki 27 Ugushyingo 2020.
Mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike ya Afrobasket 2021 iri kubera muri Kigali Arena, ku wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020, u Rwanda rwakinaga umukino warwo wa kabiri.
Ku wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020, abakirisitu babanje kwiyandikisha bakemererwa ni bo babashije gusengera i Kibeho, bizihiza isabukuru ya 39 y’amabonekerwa ya Bikira Mariya.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 19 bashya banduye COVID-19, mu gihe abakize ari abantu 83.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020 bifatanyije n’abaturage bo mu Mudugudu wa Gisenyi mu Kagari ka Mwendo mu Murenge wa Gashora mu gutera ibiti bivangwa n’imyaka.
Abayobozi b’Urugaga rw’abakora imirimo ishamikiye ku buvuzi (Rwanda Allied Health Professional Council/ RAHPC) bavuga ko umuntu wese ukina n’ubuzima bw’umurwayi agomba kubavamo agashaka ikindi akora.
Umukino ubanza wa CAF Champions Leagu wahuzaga APR FC na Gor Mahia kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, urangiye APR Fc itsinze ibitego 2-1.
Muri iki cyumweru, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’inzindi nzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Gishubi yafashe abantu 42 barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, yatangaje ko yafashe umugabo witwa Rwakayiro Cesar, ukekwaho gukubita no gukomeretsa mu mutwe mugenzi we witwa Ndungutse Emmanuel.
Kwishushanya ku mubiri n’irangi ridashira (tatouage) ni bimwe mu bintu bikunzwe kugaragara mu rubyiruko bishobora kugira ingaruka ku wabikoze.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barasaba inzego bireba kongera umubare w’abaforomo bakora mu mavuriro y’ibanze yo mu tugari (Poste de santé), kuko ubuke bwabo bukomeje gutera icyuho bagakora iminsi mike mu cyumweru.
Banki ya Kigali (BK) yiyemeje gutanga inyungu yayo mu bikorwa biteza imbere abatuye mu Karere ka Rulindo, aho irimo gutera inkunga umushinga w’amafaranga miliyoni 25 ugamije kongera ibiti bivangwa n’imyaka, birimo ibitanga imbuto n’ibigaburirwa amatungo.
Arikiyepisikopi wa Kigali, Kambanda Antoine, uherutse kugirwa Karidinali na Papa Francis, kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020, we n’abandi 12 barahabwa imyambaro yagenewe Abakaridinali.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Gatanu tariki ya 27 Ugushyingo 2020, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 21 bashya banduye COVID-19, mu gihe abakize ari abantu 52.
Hari bamwe mu barangije kwiga icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) ibijyanye n’uburezi muri kaminuza ya PIASS babujijwe kwigisha kandi baratsinze ibizamini by’akazi kubera ko batakoze imenyerezamwuga mu gihe bigaga, bagasabwa kubanza kurikora.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ugushyingo 2020 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro.
Dr Pierre Damien Habumuremyi wahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Rwanda yakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge igifungo cy’imyaka itatu no gutanga ihazabu ya Miliyoni 892 Frw.
Mu muhango wo kugaragaza inzira n’imihanda bizaranga Tour du Rwanda 2021, hazibandwa ku ngamba zo kwirinda COVID19, zizatuma amakipe yose buri munsi azajya arara mu mujyi wa Kigali.
Ishami rishinzwe ubworozi mu Karere ka Ruhango riratangaza ko gukingira inka indwara y’ubuganga bwo mu kibaya cya Lift Valley byatumye nta nka yongera kuramburura cyangwa kwicwa n’ubwo burwayi.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Ndayambaje Godefroid aratangaza ko gutabwa muri yombi kwa bamwe mu bakozi b’imirenge ntaho bihuriye n’ibikorwa byo kwiyamamariza manda itaha yo kuyobora akarere.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryasabye ibihugu bya Afurika kwihutisha ibikorwa byerekana ko byiteguye kwakira no gukoresha urukingo rwa Covid-19 mu gihe rwagera ku isoko.
Icyegeranyo cy’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) cyo muri 2019/2020, kigaragaza ko mu bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina muri 2019/2020 barenga 10,842 mu gihugu hose, Akarere ka Nyarugenge kagaragayemo abarenga 423.
Abaturage bubatse ikibuga cy’umukino w’amaboko wa Basketball hamwe n’amarembo (gate), ku ishuri rya APAPEC Irebero, riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko iri shuri ryanze kwishyura rwiyemezamirimo wabakoresheje, none na we akaba yarabambuye.
Diego Armando Maradona, wabaye icyamamare ku isi kubera guconga ruhago, yitabye Imana ku wa Gatatu tariki ya 25 Ugushyingo 2020, azize indwara y’umutima. Uyu mugabo yakundaga kugaragara ahantu henshi yambaye amasaha abiri ku maboko.
Uwayisenga Lucy, umwe mu bagize Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, akomeje ibikorwa byo gufasha abatishoboye bo mu Murenge wa Nkotsi muri ako karere, mu rwego rwo gusohoza umuhigo yahize ubwo bamutoreraga kubahagararira.
Umuhanzi Igor Mabano ni umwe mu bagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19, dore ko cyadutse mu gihe yiteguraga kumurika Album ye ya mbere bigahagarikwa n’ingamba zo kwirinda icyo cyorezo. Kuri ubu Igor Mabano arimo gutegura Album ye ya kabiri.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruvuga ko mu Karere ka Nyagatare abakora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, ubujura, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, gusambanya abana no guhoza ku nkeke abo bashakanye bihariye 94.4% by’abakora ibyaha byose.
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu Karere ka Rubavu, ryafashe itsinda ry’abantu bane bakurikiranyweho gukwirakwiza urumogi ahantu hatandukanye.
Ikipe ya Gor Mahia yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi izanye mu Rwanda guhura na Gor Mahia, batarimo Jules Ulimwengu mu gihe umutoza Robertinho we arimo.
Abaturage bo mu bihugu 15 bya Afurika bagiye kujya babanza gutanga ingwate y’Amadolari agera ku bihumbi 15 ni ukuvuga abarirwa muri miliyoni 15 ubaze mu mafaranga y’u Rwanda, bakayohereza mbere yo gutemberera muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Mu Rwanda hari abantu bafite ubumuga butandukanye, bwaba ubw’ingingo, kutabona, kutumva, kutavuga, ariko hakaba n’icyiciro cy’abafite ubumuga bukomatanyije, nk’umuntu utabona, utumva ntanavuge, bakaba bugarijwe n’ibibazo byinshi bifuza ko byagaragazwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 26 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 72 bashya banduye COVID-19, mu gihe abakize ari abantu 28.
Abanyeshuri bajya kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) kuri buruse ya Leta, babanza gusinyana amasezerano n’Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Uburezi (Higher Education Council - HEC). Muri ayo masezerano harimo ingingo ivuga ko umunyeshuri utsinzwe adakomeza guhabwa iyo buruse.
Kuri uyu wa Kane tariki 26 Ugushyingo 2020, ahagana 14h20 z’amanywa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe, indege ya Kompanyi yitwa ISRAIR yo muri Israel, yageze ku kibuga cy’Indege cya Kanombe, aho izanye ba mukerarugendo basaga 80 baje gusura u Rwanda.
Ubushinjacyaha mu rubanza rwa Nsabinama Callixte na Herman Nsengimana bari abavugizi b’umutwe wa FLN, bwasabye ko dosiye y’aba bombi yahuzwa n’iya Paul Rusesabagina, ndetse n’abandi bantu 17.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyanza, SP Evode Nkurunziza, aburira abasambanya abana ko no gutekereza umwana mutoya ari ukwikururira urupfu.