Tanzania ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba bagize ibyago byo gupfusha umuyobozi nka Perezida Magufuli, wari umuyobozi mwiza nk’uko byagarutsweho n’abantu batandukanye batanze ubutumwa nyuma y’urupfu rwe.
Minisiteri ya Siporo imaze gutangaza ko shampiyona z’icyiciro cya mbere mu mikino itandukanye zemerewe gusubukura ndetse zikanatangira imyitozo igihe zaba zamaze kuzuza ibisabwa
Imiryango ibiri y’abantu 10 ituye mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ikomeje kunyagirirwa hanze nyuma yo gusohorwa mu nzu zayo, aho ngo bazira amasezerano y’ubugure basinyishijwe kubera kutamenya gusoma no kwandika.
Abantu batandukanye hirya no hino ku isi barimo ibyamamare bakomeye gutanga ubutumwa bugaragaza uko bakozwe ku mutima n’urupfu rwa Perezida Magufuli wa Tanzania, witabye Imana ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, bunihanganisha icyo gihugu.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 15 Werurwe 2021 yemeje gahunda yo kuvugurura ibibazo by’imari n’imicungire mu Murenge SACCO hagamijwe guteza imbere imikorere yayo no korohereza abayikoresha.
Benshi mu bakuriye i Kigali ndetse no mu Mujyi wa Huye bazi Venant Kabandana, umugabo wamamaye mu bucuruzi bwakorerwaga ahitwa “Chez Venant” hakaba n’abo wasangaga bavuga ko bagiye kwa . Uyu mugabo na we akaba yitabye Imana.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli.
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, yategetse ko habaho icyunamo cy’iminsi irindwi mu gihugu cya Kenya ndetse n’amabendera yose y’icyo gihugu n’aya EAC akururutswa kugera hagati kugeza Perezida Magufuli witabye Imana ejo tariki 17 Werurwe 2021 ashyinguwe.
Ambasaderi Emmanuel Hategeka yashyikirije Umwami Salman Bin Abdulaziz Al Saud, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu bwami bwa Arabia Saudite, nka Ambasaderi ufite icyicaro Abu Dhabi.
Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 17/03/2021 abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare batangiye umwiherero wa mbere wo gutegura Tour du Rwanda izaba muri Gicurasi 2021
Chelase na Bayern Munich zujuje umubare w’amakipe umunani yageze mu mikino ya 1/4 cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi.
Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wifatanyije n’Abanyatanzaniya bagize ibyago byo kubura Perezida w’Igihugu cyabo, Dr John Pombe Magufuli, witabye Imana azize indwara y’umutima nk’uko ubuyobozi bw’icyo gihugu bwabitangaje. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 nibwo Visi Perezida wa (…)
Muri batandatu bageze kuri finale y’irushanwa rya The next pop star, Jasmine Kibatega niwe utahanye intsinzi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 Sena y’u Rwanda yemeje abayobozi bashya baherutse gushyirwaho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku wa mbere tariki 15 Werurwe 2021.
Umuhanzi Cécile Kayirebwa yishimiye kuba indirimbo ye, ‘None Twaza’ yashyizwe mu cyiciro gisoza mu irushanwa mpuzamahanga ry’indirimbo zanditse neza ‘International Songwriting Competition’ ritegurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 102 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 68, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1291. Umugore w’imyaka 87 yitabye Imana i Kigali, abarembye ni icyenda. Ku wa Gatatu kandi hakingiwe abantu 3,990 nk’uko imibare ibigaragaza.
Amakuru atangajwe na Televiziyo ya Leta muri Tanzania ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021 aravuga ko Perezida wa Tanzania Dr John Pombe Magufuri yitabye Imana. Aya makuru kandi yemejwe na Visi Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu, wavuze ko Magufuli yazize indwara y’umutima, akaba yashizemo umwuka arimo (…)
Mu ngamba urubuga rwa Instagram rwafashe zo kurinda abarukoresha, rwongeyemo izifasha ingimbi n’abangavu kwirinda ubutumwa badashaka bohererezwa n’abantu bakuru.
Imibare y’Uturere uko ari dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, igaragaza ko muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2021B, ibishyimbo ari byo bizahingwa ku buso bunini buhuje ugeranyije n’ibindi bihingwa bizibandwaho muri iki gihembwe kiba kigizwe n’itumba ryinshi.
Amavuta y’inka ni meza mu gikoni kandi araryoha, kuyarya bifitiye akamaro kanini umubiri kuko afite intungamubiri nyinshi kandi agafasha mu igogora.
Mu isoko rya Nyamata riherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ibiciro by’ibintu bitandukanye byamanutse cyane cyane amatungo nk’ihene n’inkoko bitewe n’uko abantu batemerewe kwambuka uruzi rw’Akagera bajya cyangwa bava mu Karere ka Bugesera binjira cyangwa bava mu Mujyi wa Kigali.
Abakandida bahatanira kuyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda batangaje imigabo n’imigambi y’imyaka ine mu gihe baba batowe.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, Umuryango Imbuto Foundation wateye inkunga Leta mu mugambi yihaye wo kurandura icyorezo cya Covid-19 gikomeje gushegesha igihugu guhera muri Werurwe 2020.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko akurikije umuvuduko Akarere ayoboye kariho mu kwihutisha kugeza ibikorwa remezo by’amashanyarazi kuri bose, yizera ko mu myaka mike buri muturage uri muri Huye azaba afite amashanyarazi.
Kugeza ubu mu nyamaswa zikiboneka ku isi, Twiga bakunze kwita musumbashyamba, ni yo ndende kurusha izindi, kubera ijosi ryayo rirerire ndetse n’amaguru maremare cyane. Ni inyamaswa ikurura abakerarugendo cyane kuko usanga iryoheye ijisho ikaba imwe mu nyamaswa zirimo kugenda zicika ku isi.
Abaturage bakoreshwa na Kampani yitwa Resilience mu mihanda mishya ya kaburumbo mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo bari bamaze igihe barambuwe, bamaze guhembwa nyuma yo kwigira inama yo kujya kuryama ku karere ku itariki 15 Werurwe 2021, bishyuza amafaranga yabo.
Gereza Abanyarwanda bayizi mu buryo butandukanye baba abigeze kuyijyamo cyangwa abatarayijyamo, ndetse usanga benshi bagera aho bakayifata nk’icyita rusange kuri buri muntu wese.
Abantu barenganyijwe cyangwa abatarishimiye imikirize y’urubanza, amategeko abaha uburenganzira bwo gusaba kurenganurwa. Kujurira hari uburyo bigomba gukorwamo, igihe bikorerwamo n’aho bikorerwa.
Kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima na Nirisarike Salomon bakoze imyitozo ya mbere mu ikipe y’igihugu yitegura umukino wa Mozambique n’uwa Cameroun
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Kayenzi, ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, ku wa Mbere tariki ya 15 Werurwe bafashe abantu bane bari bagiye kwambura umuturage bamushuka ko bagiye kumuha amadolari ya Amerika we akabaha amafaranga y’u Rwanda.
Amakipe ya Real Madrid yo muri Espagne na Manchester City yo mu Bwongereza ziyongereye ku yandi makipe yakatishije tike y’imikino ya 1/4.
Uko ari 20, abakobwa barimo guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 basuwe na Banki ya Kigali (BK) ku wa 16 Werurwe 2021, baganira ku mikoreshereze y’amafaranga.
Imikino nyafurika y’amakipe y’abagabo yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship) yagombaga kubera mu mujyi wa Cairo mu Misiri yimuriwe mu mujyi wa Sousse muri Tuniziya.
Nyuma yo kubyemererwa n’Inama y’Abaministiri yateranye ku wa 14 Ukuboza 2020, Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryafunguye Ishuri Rikuru (kaminuza) ryitwa East African Christian College (EACC).
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 16 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 169 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 110, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1326. Ntawapfuye, abarembye ni icyenda. Ku wa Kabiri kandi hakingiwe abantu 3,693 nk’uko imibare ibigaragaza.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Werurwe 2021, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Lomami Marcel, aho rumukurikiranyeho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ku bushake ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko umusoro ku mutungo utimukanwa wasubijwe ku giciro wari uriho mbere y’umwaka w’ibihumbi bibiri na makumyabiri (2020).
Prof Shyaka Anastase wari umaze imyaka itatu ayobora Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashimiye Perezida Kagame wamuhaye amahirwe yo gukorera igihugu. Itangazo ryasohowe na Minisitiri w’Intebe tariki 15 Werurwe 2021 rivuga ko Gatabazi Jean Marie Vianney wari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe Minisitiri (…)
Appolinaire Bizimana ukurikirana imikorere y’imodoka za kompanyi ya Horizon Express muri gare ya Huye, avuga ko abagenzi bakiri bakeya kuko ari ku munsi wa mbere, ariko ko biteguye ko ibintu biza gusubira mu buryo.
Leta y’u Bushinwa yemeje urukingo rushya rwa Covid-19 rugomba gukoreshwa aho byihutirwa rwakozwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukumira ibyorezo (CDC), rukaba rubaye urukingo rwa gatanu mu nkingo zose zimaze gukorwa n’icyo kigo.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, avuga ko umuntu wamaze guhabwa urukingo rwa Covid-19 hari ibimenyetso ashobora kubona harimo kugira umuriro, ariko ngo si bibi kuko bigaragaza ko umubiri watangiye kugira ubudahangarwa, uniteguye guhanga n’icyo cyorezo.
Minisitiri w’Ubuzima (MINISANTE) Dr. Daniel Ngamije aratangaza ko urukingo rwa AstraZeneca nta kibazo kidasanzwe rwateye Abanyarwanda bamaze kuruhabwa kuva igikorwa cyo gukingira COVID-19 cyatangira mu Rwanda.
Nyuma y’uko Inama y’Abaministiri yemeje ko ingendo zijya mu Ntara zisubukurwa, bamwe mu baturage bashimishijwe n’uko bihuriranye na gahunda yo gukingira Covid-19.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, avuga ko kuba hari uturere ingendo zitakomorewe ari uko isesengura ryakozwe rigaragaza ko utwo turere dufite abantu benshi banduye Covid-19.
Abagana Ikigo nderabuzima cya Gashaki giherereye mu Karere ka Musanze batangiye kwiruhutsa imvune iterwa n’urugendo rurerure bakoraga n’amaguru bahetse abarwayi cyangwa bajya kwivuza. Ibyo bakabikesha imbangukiragutabara nshya yo mu bwoko bwa Land Cruiser V8, bamaze ukwezi kumwe bashyikirijwe.