#MissRwanda2021: Abashyitsi banyuranye bakomeje gusura abakobwa mu mwiherero
Abakobwa 20 bari guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 bari mu mwiherero i Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho bagenda basurwa n’abashyitsi benshi batandukanye babafasha kwitegura neza ayo marushanwa, babaha n’ubundi bumenyi butandukanye.

Ku munsi wa mbere basuwe n’itsinda ry’ababigishaga uko umuntu yitwara ari imbere y’imbaga nyamwinshi nta bwoba afite, kandi akagusha ku ntego mu gihe gito.
Muribo harimo Sylvia Makario, enjeniyeri mu ikoranabuhanga akaba rwiyemeza mihigo, Natacha Karangwa umuhanzi na Katharina Hartwig.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki, nawe yasuye abo bakobwa abigisha kuri ‘nyampinga ufite umuco mu bakobwa bafite imico’.
Yasobanuriye abakobwa ko umuco ari umutima w’igihugu, ngo igihugu kitagira umuco ni igihugu kitabaho.
Yagaragarije ba Nyampinga ko umuco w’u Rwanda uturuka ku bintu bitatu ari byo, Umurage, Ibihangano n’Ibihahano. Yavuze ko Nyampinga ubereye u Rwanda akwiye kugira umutima.

Yabasabye kuba abakobwa bafite umuco mu isi y’abakobwa bafite imico kandi bavuga u Rwanda.
Yagize ati “Turabasaba kuba abakobwa bafite umuco, batwara u Rwanda ku mutima. Ntabwo ushobora kuba umukobwa w’umuco utavuga u Rwanda. Mutarame u Rwanda, mwange abarutaramana. U Rwanda ruruta ikamba ariko iyo urukoreye ruguha ikamba".
Banasuwe kandi na komiseri wungirije muri Community Policing, ACP Rose Muhisoni, yaganirije ba Nyampinga ku ruhare rw’umwari mu gucunga umutekano we n’uw’abandi.

Ku bijyanye no kwicungira umutekano cyangwa kuwucungira abandi, ACP Muhisoni yavuze ko bikorwa umuntu yirinda agakungu n’abakora ibyaha, kwitwararika, gutangira amakuru ku gihe no gutungira agatoki inzego z’umutekano abashobora guhungabanya umutekano.


Umuyobozi mukuru w’inteko y’Umuco, Amb Robert Masozera, yasuye abo bakobwa, abaganiriza ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Yabagaragarije ko umurage w’Abanyarwanda ugizwe n’indangagaciro z’umuco w’u Rwanda ari zo: gukunda igihugu no kugira ubupfura, kunga ubumwe no gukunda umurimo.

Abakobwa kandi basuye urwibutso rwa Ntarama ruri mu Karere ka Bugesera, babwirwa amateka ya Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 i ntarama, ahashyinguye abarenga 5000. Bose uko ari 20 nta n’umwe wari waravutse mu 1994.




Inkuru zijyanye na: Miss Rwanda 2021
- Ingabire Grace ni we ubaye Miss Rwanda 2021
- #MissRwanda2021: Kuri uyu mugoroba haramenyekana uwegukana ikamba
- #MissRwanda2021: Ikanzu Miss Jolly yaraye aserukanye yavugishije benshi
- Dore abakobwa 20 bazatorwamo Miss Rwanda 2021
- #MissRwanda2021 : Abakobwa bahagarariye Intara n’Umujyi wa Kigali bamenyekanye (Amafoto)
- Video: Miss Meghan yahishuye umwihariko wa Miss Rwanda 2021
- Miss Rwanda 2021: Abazahagararira Intara baramenyekana kuri uyu wa Gatandatu
- Aba ni bo bagize Akanama nkemurampaka muri Miss Rwanda 2021
- Miss Rwanda 2021: Amajonjora y’ibanze agiye gukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga
- Ibiro, uburebure n’imyaka byahindutse ku bitabira Miss Rwanda
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|