Guhera ku wa 06 Mutarama 2021, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yafashe umwanzuro wo guhagarika ingendo z’amatungo (inka, ihene, ingurube n’intama)ku mpamvu iyo ari yo yose (kororwa, kugurishwa, kubagwa n’ibindi) mu Karere kose ka Kayonza kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu nka zororerwa mu Mudugudu wa Mucucu (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 09 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu batatu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Umubyeyi witwa Mukasarasi Godelieve wo mu Karere ka Kamonyi, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonye uburyo bagenzi be bapfakajwe na Jenoside ikanabasiga bamwe barwaye kubera gufatwa ku ngufu abandi bakabyara abana batifuzaga, asanga agomba kugira icyo akora nk’umuntu wari wagize amahirwe yo kurokokana (…)
Umuhanzikazi Clarisse Karasira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje umusore wamwambitse impeta amusaba ko bazabana nk’umugabo n’umugore.
Gahunda yo kuvugurura santere z’ubucuruzi zo mu Karere ka Musanze iribanda ku kuvugurura inzu zishaje no gusiga amarangi asa. Iki gikorwa abacuruzi n’abafite inzu muri santere, bagitangiye kuva mu kwezi k’Ugushyingo umwaka wa 2020, nyuma y’uko zimwe mu nzu zari zarashaje, kubera kumara igihe zitavugururwa, izindi zisize (…)
Mu Karere ka Gisagara, imvura nyinshi ivanze n’umuyaga yaguye ku gicamunsi cyo ku itariki 8 Mutarama 2021 yasambuye ibyumba by’amashuri bine, inasenyera umuturage.
Minisiteri y’Uburezi iherutse gutangaza ko amashuri y’inshuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza azatangira ku itariki 18 Mutarama 2020. Hari abibaza aho gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri bishya igeze dore ko hari ikibazo cyakunze kugarukwaho kenshi cy’ubucucike mu mashuri n’ikibazo cy’abana bakora ingendo ndende (…)
Abacuruza inyama z’inka bavuga ko kubona izo kubaga mu Karere ka Bugesera bigoye ku buryo, bibasaba kujya kuzishakira mu masoko atandukanye mu Burengerazuba, mu masoko ya Birambo cyangwa se ku Irambura ahahoze ari muri Kibuye.
Urupfu rwa Padiri Ubald Rugirangoga rwamenyekanye mu gitondo cyo ku itariki 08 Mutarama 2021 nyuma y’igihe yari amaze arwariye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, rwashenguye abantu bo mu byiciro binyuranye.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyatangaje ko ibitaro bishya bya Nyarugenge biri mu Mujyi wa Kigali bitangiye gukora vuba bifite ubushobozi buhanitse mu kuvura Covid-19.
Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye ku izina rya The Ben avuga ko umwaka wa 2020 utamubereye mwiza. Usibye icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse gahunda ze nyinshi, yanapfushije mushiki we bituma ibikorwa bye byiganjemo iby’umuziki bitagenda nk’uko yari yabiteganyije.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DR Congo).
Umukozi wa Minisiteri y’Uburezi ushinzwe itangazamakuru (Media Specialist), Uwihoreye Claude, avuga ko mu mabwiriza Minisiteri y’Uburezi yatanze ari uko buri kigo cy’ishuri kigomba kuba gifite icyumba abagaragayeho ibimenyetso by’indwara ya COVID-19 bashyirwamo bagakurikirwamo kandi nta munyeshuri urwara wemerewe gutaha mu (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 08 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu babiri bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent, yatangaje urutonde rw’abakinnyi 30 bazitabira irushanwa ry’amakipe y’igihugu ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN) rizabera muri Cameroon.
Abagabo batandatu barimo gitifu w’Akagari na mudugudu b’i Rwaniro mu Karere ka Huye, bari mu maboko y’urwego rw’iperereza hashakwa amakuru ku wishe umusore w’imyaka 26, wapfuye nyuma y’uko yari yakubiswe.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko hagikenewe abarimu ibihumbi 24,410 bagomba gushyirwa mu myanya kugira ngo abakenewe bose babe buzuye.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Muhanga cyarangije kwemezwa ubu hakaba hategerejwe ko ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) kigisohora.
Ikipe ya AS Kigali isigaye mu marushanwa nyafurika mu makipe yo mu Rwanda yatomboye ikipe ya CS Sfaxien yo muri Tunisie mu mikino ya kamparampaka.
Major General Mubarak Muganga yagizwe umuyobozi wa APR FC akaba yari amaze imyaka 15 ari umuyobozi wungirije.
Padiri Ubald Rugirangoga wari umaze iminsi arembeye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yitabye Imana mu ijoro ryakeye, nk’uko amakuru yatangajwe na Musenyeri Hakizimana Célestin uyobora Diyoseze ya Gikongoro abivuga.
Impuguke z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) zirimo gukora ubushakashatsi ku nkomoko ya coronavirus, zangiwe kwinjira mu Bushinwa ku munota wa nyuma.
Inkuru y’urupfu rw’umunyamakuru Umuhire Valentin yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 07 Mutarama 2021 itangajwe na murumuna we wavuze ko yari arwariye mu bitaro bya Kigali (CHUK).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 07 Mutarama 2021, mu Rwanda umuntu umwe yitabye Imana yishwe na COVID-19.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi yanganyije n’ikipe y’igihugu ya Congo Brazzaville ibitego bibiri kuri bibiri mu mukino wo kwitegura igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere kizabera muri Cameroon.
Abaturage bo mu Karere ka Kamonyi bahawe inka muri gahunda ya Girinka baratangaza ko biteje imbere ku buryo hari abageze ku rwego rwo gutanga imirimo mu bikorwa byo kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bugiye gusenya sitasiyo ya ’essence’ ya Mirimo Gaspard yegereye ikiraro cyubakwa kuri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo, ariko umufasha wa nyakwigendera yitambitse asaba ko babanza gusenya sitasiyo zose ziri mu bishanga i Kigali.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko abana bo mu mashuri y’incuke ndetse n’abo kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu w’abanza bari bamaze igihe batiga, bazasubira ku ishuri ku ya 18 Mutarama 2021.
Umushakashatsi akaba n’umutubuzi w’ibiti by’imbuto zidakunze kuboneka mu Rwanda, Injeniyeri Ngabonzima Ally utuye i Rwamagana, avuga ko imbuto za pomme, umutini, grenadier n’izindi zibasha kwera mu Rwanda, kandi zigatanga umusaruro wavana benshi mu bukene.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 06 Mutarama 2021, mu Rwanda abandi bantu babiri bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Abantu benshi, baba abana bato cyangwa abantu bakuru bagira ikibazo cyo guhekenya amenyo mu gihe baryamye, nyamara ntibabifata nk’ikibazo. Ubu burwayi bwitwa “Bruxisme nocturne” mu rurimi rw’icyongereza, butera uburwaye ibibazo binyuranye, birimo umunaniro ukabije, aho umuntu abyuka mu gitondo ananiwe cyane, kandi we yumvaga (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bukomeje gushaka icyateza imbere urubyiruko rwo muri ako Karere rwagororewe mu kigo cya Iwawa no mu bindi bigo, aho abahuguriwe ubuhinzi n’ubworozi borozwa amatungo magufi, mu gihe abize indi myuga bahabwa ibikoresho binyuranye bifashisha mu guhanga umurimo.
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo no mu ndwara zo mu kanwa bemeza ko ku mezi atatu uruhinja rwagombye gutangira gukorerwa isuku yo mu kanwa nubwo nta menyo ruba ruramera, kuko hari utwanda amashereka asigamo.
Igitego cyatsinzwe na Muhadjili Hakizimana kuri Penaliti gisezereye ikipe ya KCCA yo mu ijonjora rya Kabiri ry’irushanwa ry’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (CAF Confederation Cup).
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana, arasaba abaturage kwirinda gucengana n’inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano ahubwo bakubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda COVID-19 kuko ihari kandi yica.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abaturage bafite ibikorwa bitandukanye birimo n’iby’ubuhinzi hafi mu turere duhana imbibi na Muhanga bakomeza kubikora ariko bubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Mutarama 2021 rimenyesha abantu bose ko guhera ku wa Kane tariki 7 Mutarama 2021, igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli gihindutse.
Abatuye n’abaturiye agasantere ka Rwondo mu Murenge wa Nkomane mu Karere ka Nyamagabe, barifuza ko akagezi ka Kabavu baturiye kashyirwaho ikiraro gikomeye ahambukira abanyeshuri ndetse n’abarema isoko.
Abakora serivisi zijyanye n’ubucuruzi bo mu Karere ka Musanze baravuga ko batatunguwe n’icyemezo cyo kuba ibikorwa by’ubucuruzi bigomba gufunga bitarenze saa kumi n’ebyiri, kuko n’ubundi ngo bari bamaze iminsi izo saha zigera bamaze gufunga imiryango y’aho bakorera, batanguranwa no kugera mu ngo zabo saa moya z’umugoroba.
Abashoferi n’abandi bafite aho bahuriye no gutwara abagenzi mu modoka barifuza koroherezwa bagasanga imiryango yabo. Umuyobozi wa Gare ya Nyagatare Butera Faustin asanga abashoferi icyemezo cya Guma mu Karere cyasanze kure y’ingo zabo bakoroherezwa bakazisubiramo kuko byabarinda gutunga ingo ebyiri mu gihe nta kazi bafite.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 05 Mutarama 2021, mu Rwanda abandi bantu batanu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Mu Karere ka Rubavu abaturage babarirwa mu Magana bazindukiye mu kigo bategeramo imodoka bashaka kujya mu turere dutandukanye basanga ikigo bategeramo imodoka gifunze kubera ihagarikwa ry’ingendo.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda Covid-19 zaraye zitangajwe, hari abantu bari batangiye ingendo kuri uyu wa Kabiri bakomeje gusubizwa aho bavuye kubera ko ’ingendo bakoraga zitari ngombwa’.
Polisi y’igihugu irasaba abantu bose kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda Covid-19, aho ingendo zihuza uturere zitemewe, bityo ikaburira abafite ibinyabiziga batwara abantu ko bashobora kubihanirwa bikomeye.
Mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha uherereye mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, hari abifuza gusanirwa biogaz kuko kubona inkwi zo gucana bibagora cyane.
Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston, yaciye amarenga ya #GumaMuRugo, mu gihe #GumaMuKarere yaba nta musaruro itanze.
Perezida Faustin-Archange Touadéra usanzwe ayobora Repubulika ya Santarafurika yegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 54%.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, avuga ko guhagarika ibikorwa by’ubucuruzi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ari ukugira ngo abantu babashe kubahiriza isaha yo kuba bageze mu ngo.
Umwaka wa 2020 uzibukirwa ku cyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije ubukungu, ubucuruzi, imiryango n’abantu ku giti cyabo.