Igisupusupu ushinjwa gusambanya umwana aramenya umwanzuro ku bujurire bwe kuri uyu wa Kane

Ku wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, nibwo umuhanzi Nsengiyumva François (Igisupusupu), azamenyeshwa n’Urukiko umwanzuro we ku rubanza rw’ubujurire ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Nsengiyumva François uzwi nka Igisupusupu
Nsengiyumva François uzwi nka Igisupusupu

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Kanama 2021, ni bwo uwo muhanzi yaburanye ubujurire mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Urukiko rw’ibanze rwa Kiramuruzi ruherutse gutegeka ko Nsengiyumva François afungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 kubera ibyaha akurikiranyweho byo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 n’icyo gukoresha umwana imirimo ivunanye, aho yari yaramugize umukozi wo mu rugo.

Ni icyemezo yahise ajuririra mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, akazahabwa umwanzuro ku bujurire bwe ku wa Kane w’iki cyumweru, saa cyenda z’igicamunsi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka