Mu gihe isi yose irimo guhangana na Covid-19 yanayogoje ubukungu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko muri rusange gahunda yo kwita ku baturage ireba ibihugu byose, byaba ibikize cyangwa ibikennye kuko byose byagizweho ingaruka kimwe n’icyo cyorezo.
Umuryango w’abavandimwe Dr Thomas Kigabo Rusuhuzwa na Sophany Gicondo wari murumuna wa Prof Thomas Kigabo uri mu kababaro kenshi ko kubura abo bavandimwe mu gihe gito gikurikiranye.
Rutahizamu w’Amavubi na Gasogi United Iradukunda Bertrand, yakuwe ku rutonde rw’abaza gukina umukino wa nyuma mu matsinda uhuza Amavubi na Togo
Amakipe ya Congo Brazzaville na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 cya CHAN ikomeje kubera muri Cameroon.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 25 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu batatu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu, Manzi Theogene, arizeza abaturage batarabona ingurane z’imitungo yabo yangijwe mu ikorwa ry’umuhanda Mugera-Karungeri ko uku kwezi kwa kabiri batangira kwishyurwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka gitangaza ko mu mwaka utaha inyandiko z’ibyangombwa by’ubutaka zizatangira kubikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga mu rwego rwo koroshya kubika amakuru akenewe ku butaka.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze gutangaza urutonde rw’abasifuzi 35 bazasifura igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 ruriho umunyarwanda umwe.
Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki 25 Mutarama 2021, inzego z’umutekano zataye muri yombi umugabo witwa Maniriho Desiré nyuma yo gusanga iwe mu rugo, hatewe ingemwe z’Urumogi zigera kuri 62 zari mu bihoho.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Mutarama 2021 ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi irakina umukino wa nyuma mu itsinda. Uwo mukino uratuma Amavubi amenya niba yerekeza i Kigali cyangwa i Yaoundé.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ziratangaza ko muri iki gihe Umujyi wa Kigali uri muri gahunda ya Guma mu Rugo, Umuyobozi w’Umudugudu yemerewe gutanga icyemezo cyo kujya kwivuza mu rwego rwo gufasha abaturage.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 25 Mutarama 2021, kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamirambo, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 15 bafatiwe mu ngo ebyiri zo mu Murenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Mumena, bari mu birori banasangira inzoga muri ibi bihe bya Guma mu Rugo.
Muri uku kwezi kwa Mutarama ni igihe cy’isarura ry’ibishyimbo mu bice bitandukanye by’igihugu, abahinzi basarura imyaka yabo bamwe bagahita bayigurisha, abandi bagahitamo guhunika kugira ngo bazagurishe mu gihe ibishyimbo bitangiye kugabanuka mu masoko.
Abarinzi b’Igihango bari bato muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu karere ka Ngoma, barasaba urubyiruko gukurana umuco wo gukunda u Rwanda n’Abanyarwanda kuko ari bwo baziraga igihugu cyiza.
Ibigo nderabuzima mu Rwanda byahawe uburenganzira bwo gupima icyorezo cya COVID-19 no gufasha abayirwaye batagombye kujya mu bitaro uretse abarembye.
Amakipe ya Cameroon na Mali yaraye akatishije itike yo gukina imikino ya 1/4 cya CHAN 2020.
Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) Rwatubyaye Abdul yerekeje mu ikipe ya FC Shkupi yo muri shampiyona ya Macedonia aho yasinye amasezerano y’umwaka n’amezi atandatu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 24 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu babiri bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Urwego rwa DASSO mu karere ka Ruhango rurasaba bamwe mu bakora umwuga wo gucunga umutekano bitwara nabi guhinduka, bakitabira ibikorwa byubaka igihugu kugira ngo bakomeze biyubakire icyizere.
Mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19, Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 18 Mutarama 2020, yemeje ko ibigo by’amashuri, byaba ibya Leta n’ibyigenga bibarizwa mu Mujyi wa Kigali bihagarika amasomo, abana bakaguma mu rugo, abiga baba ku ishuri bakagumayo ariko amasomo agahagarara mu gihe cy’ibyumweru bibiri.
Mu Karere ka Huye hari urubyiruko rwiyemeje guhanga umurimo wo gukora ifumbire mu myanda imenwa mu kimpoteri cyubatswe n’akarere ka Huye.
Mu Karere ka Burera by’umwihariko mu Murenge wa Gahunga haravugwa indwara ikomeje gutera impungenge abaturage, aho abana biganjemo abafite hagati y’imyaka ibiri n’imyaka itanu bari gufatwa n’uburwayi aho amaguru agenda akomana.
Amwe mu mashuri yigenga ntiyabashije kubaka ibyumba by’amashuri bishya, bituma abana bongera kwicara uko byari bisanzwe mbere y’uko amashuri ahagarara bitewe n’icyo cyorezo bityo guhana intera bacyirinda ntibikunde.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 24/01/2020, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yahagurutse Douala yerekeza Limbe ahazabera umukino wa nyuma mu itsinda C.
Mchaichai cyangwa mucyayicyayi ni icyatsi kimaze kumenyekana cyane mu Rwanda, abenshi bagikoresha nk’ikirungo mu cyayi kuko gihumura neza, ariko batazi ko kigira n’akandi kamaro gakomeye mu mubiri.
Ku wa 23 Mutarama 2020, Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC) cyari mu gikorwa cyo gupima virusi ya Corona (itera Covid-19) abatuye Kigali barengeje imyaka 70 y’ubukure hamwe n’abafite ubudahangarwa buke bw’umubiri kubera uburwayi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, yafashe abantu 13 biganjemo urubyiruko ubwo bari bifungiranye mu nzu banywa inzoga banabyina.
Bizimana Jean Baptiste w’imyaka 72 wabaye Senateri muri Sena y’u Rwanda kuva muri 2003-2011, atangira agira ati "Kera hariho abantu bitwaga abamotsi, ukumva ku gasozi nijoro nka saa moya bavugije ifirimbi bati ’agataro ku muhanda, agataro ku muhanda!"
Abakinnyi babiri bari bahamagawe n’umutoza w’agateganyo w’ikipe y’igihugu ya Basketball Henry Muinuka ari bo Shema Osborne na Manzi Kimasa Dan ntibakitabiriye ubutumire bw’ikipe mu ijonjora rya Kabiri rya Afro-Basket 2021 rizabera muri Tuniziya.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 23 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu barindwi bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Urubyiruko rwahoze ari inzererezi ruvuga ko nyuma yo gusanga nta cyiza cyabwo, rwahinduye imyumvire rukora umushinga, rugana SACCO ibaha inguzanyo baguramo ubwato butwara abagenzi mu kiyaga cya Burera.
Kazigira Adrien n’abandi bafatanyije itsinda rya The Good Ones ryo ku Kamonyi, ni abahanzi bakunzwe cyane n’umugabo w’umuzungu witwa Ian, ndetse yiyemeza kubajyana mu gihugu cy’ubwongereza mu iserukiramuco birangira banaririmbye kuri Tereviziyo ya BBC muri 2013.
Mu mezi atandatu ashize, YouTube ya Kigali Today yabashije gukuba kabiri umubare w’inshuro yarebwe, aho ku wa Kane tariki ya 21 Mutarama 2021, yujuje inshuro zisaga Miliyoni ijana (101,449,143 views).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba abayobozi b’ibitaro by’uturere, ibitaro by’Intara n’Ibitaro bikuru byose gutegura amatsinda y’abazaba bashinzwe gukingira icyorezo cya COVID-19.
Ubushakashatsi bwemeza ko ibimaze igihe kinini bivugwa binagirwaho impaka, ko abantu benshi baterwa umunezero n’imyenda icyeye bambaye ndetse nabo bari kumwe ari byo.
Abatuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara barishimira ishuri ry’imyuga begerejwe, kuko bizeye ko rizafasha abana babo kwihangira imirimo rikanabarinda ubuzererezi.
Abaturage b’Akarere ka Gakenke barishimira ko ubuyobozi bw’aka Karere kabo bwatangiye gukorera mu nyubako nshya y’amagorofa. Iyi nyubako nshya y’ibiro by’Akarere igeretse kabiri, iherereye mu Mudugudu wa Kabaya, Akagari ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke.
Ikibazo cy’ibura ry’amazi kimaze igihe kirekire kivugwa mu bice bimwe na bimwe by’Akarere ka Bugesera, kizaba cyakemutse ku kigero cya 85% bitarenze Kamena 2021, nk’uko bisobanurwa na Kananga Jean Damascene, ushinzwe amazi n’isukura muri ako Karere.
Umurenge wa Gasange uherereye mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, ni umwe mu Mirenge yabonye amashanyarazi vuba mu Rwanda, uyu Murenge ukaba umaze igihe gito na wo ubonye amashanyarazi, ndetse abaturage bemeza ko amashanyarazi yahinduye ubuzima bwabo.
Abayobozi b’Imirenge igize Umujyi wa Kigali bahuje amabwiriza abafasha kumenya abaturage bakeneye ibiribwa muri iyi wikendi(Week-end), bamwe muri abo baturage ndetse bakaba baramaze kubihabwa guhera ku wa kane tariki 21 Mutarama 2020.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 22 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu batatu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mutarama 2021, nibwo inshuti n’umuryango batangaje ko umwe mu bakinnyi bakomeye bo mu Bufaransa, Remy Julienne wagaragaye muri filime nyinshi za James Bond, yapfuye azize Covid-19 afite imyaka 90 y’amavuko.
Ubuyobozi bw’ishuri rya Nyanza riherereye mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, buvuga ko buhangayikishijwe n’uko hashize igihe bwarananiwe gusakara amashuri ngo abana babone aho kwigira hahagije, biturutse ku kibazo cy’umuriro w’amashanyarazi udahagije.
Ni umukino watangiye hari ubushyuhe buri ku gipimo cya Dogere 30. Ikipe y’igihugu ya Maroc yihariye iminota ya mbere y’umukino, ndetse no gutindana umupira (ball possession) Maroc igira 70% mu gihe u Rwanda rwari rufite 30% mu minota myinshi y’igice cya mbere.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mutarama 2021 rwataye muri yombi Niringiyimana Eugene, Umuyobozi w’ibitaro bya Murunda mu Karere ka Rutsiro.
Umwanditsi w’impapuro mpamo z’ubutaka mu mujyi wa Kigali, Christine Nyiranshimiyimana avuga ko ubutaka bwanditse kuri Leta umuturage ashobora kubutizwa akabukoresha mu gihe nyirabwo atari yaboneka.
Nyuma y’igihe kinini bivugwa ko aba bombi bakundana ariko bombi bakabihakana, Nkusi Arthur uyu munsi yemeje ko ibyo abantu bavuga ari ukuri.
Mu gihe Leta ikomeje gusaba abaturage kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, Mu Ntara y’Amajyaruguru bamwe mu baturage bakomeje kurenga kuri ayo mabwiriza, bigatuma bahunga Polisi kubera gutinya ibihano.
Ku wa Gatatu tariki ya 20 Mutarama 2021 ikipe ya AS Kigali yari yangiwe gukomeza gukora imyitozo nk’uko byari bisanzwe, isabwa kubanza kugaragariza Minisiteri ya Siporo uburyo izita kuri Sitade ya Kigali mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote mu Rwanda, akaba yaritabye Imana ku cyumweru tariki 17 Mutarama 2020, yashyinguwe ku wa kane.