Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryamaze gutangaza ko shampiyona y’icyiciro cya kabiri izatangira taliki 18/09/2021 ikazasozwa taliki 11/10/2021, aho ubu amakipe yahise anamenyeshwa ibyo asabwa ngo yemererrwe gukina.

Vision FC yatsindiwe muri 1/2 umwaka ushize, ntiyabona amahirwe yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere
Bimwe mu byo aya makipe asabwa, harimo kwishyura ibihumbi 100 Frws byo kwiyandikisha, amafaranga ibihumbi bitanu kuri buri mukinnyi, ndetse no kugaragaza gahunda y’imyitozo ya buri kipe.
Ibyo amakipe asabwa ngo yemererwe kwitabira shampiyona y’icyiciro cya kabiri


National Football League
Ohereza igitekerezo
|