Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yashimangiye kuyobora itsinda rya gatatu mu mikino y’irushanwa rya BAL, nyuma yo gutsinda GS Petroliers mu mukino w’ikirarane amanota 97 kuri 64.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 24 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 47 bakize Covid-19. Abayanduye ni 42 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,730. Abakirwaye bose hamwe ni 1,237 mu gihe abarembye ari batatu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gicurasi 2021 yakiriye muri Village Urugwiro umuraperi Jermaine Cole uzwi nka J. Cole. Perezida Kagame yakiriye icyamamare mu njyana ya Rap akaba ari gukinira ikipe ya Patriots BBC mu irushanwa rya Basketball Africa League rikomeje kubera hano mu (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ahamagarira ibihugu kugira imyitwarire nk’iyo mu gihe cyo mu ntambara, mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19, ubu kimaze guhitana abantu bagera kuri Miliyoni 3.4 hirya no hino ku isi.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangiye gutumira abantu mu bukwe bwe buzaba mu mpeshyi itaha.
Ikirunga cya Nyiragongo cyatwitse amazu abarirwa mu bihumbi, abantu 15 bakaba ari bo ku ikubitiro bamenyakanye babuze ubuzima kubera icyo kirunga.
Ubusanzwe bimenyerewe ko mu bashakanye abagore ari bo baboneza urubyaro bakoreshe uburyo bunyuranye, hakabaho n’ubuhuriweho na bombi nko kwiyakana, gukoresha agakingirizo, kubara no kwifata, gusa n’abagabo baboneza urubyaro.
Abatuye mu Kagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru bishimira ivuriro (poste de santé) bubakiwe kuko ribegereye, ariko bakinubira kuba nta muganga bahasanga nimugoroba cyangwa mu mpera z’icyumweru (weekend), gusa ubuyobozi ngo burimo gushakira igisubizo icyo kibazo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney urimo gusura ibikorwa byangijwe n’umutingito mu Karere ka Rubavu, ndetse akanasura n’impunzi z’Abanyecongo bahungiye mu Rwanda kubera imitingito irimo kwiyongera, yatangaje ko harimo gukorwa ibishoboka byose ngo bagezweho ubufasha byihuse.
Amashanyarazi aheruka kugezwa mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye amaze guhindura ubuzima bw’abahatuye. Umurenge wa Rwaniro ni wo Murenge wa nyuma wagejejwemo amashanyarazi mu Karere ka Huye, uyu Murenge ukaba waragejejwemo amashanyarazi mu mwaka wa 2020.
Mu Murenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Rugarama mu Mudugudu wa Riba hari abaturage bavuga ko babangamiwe n’umwanda batezwa n’ingaruka z’abanywa inzoga zitemewe, bakavuga ko umutekano muke bafite bawuterwa n’abanywa izo nzoga.
Uwari Perezida wa Etincelles FC, Hitayezu Dirigeant, amaze kwandikira ubuyobozi bw’iyo kipe abumenyesha ko yeguye ku nshingano zo kuba Perezida wayo.
Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda (MINADEF) yatangaje ko abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa FLN baraye bagabye igitero mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ariko basubizwayo n’ingabo z’u Rwanda(RDF) hamaze gupfamo babiri muri abo barwanyi bagabye igitero.
Umutingito wumvikanye mu masaha ya saa yine kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gicurasi 2021, wangije ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Rubavu harimo umuhanda wa kaburimbo hafi y’ishuri rya TTC Gacuba, inzu z’abaturage n’inyubako z’ubucuruzi.
Umwana witwa Ndungutse Peter wiga mu mwaka wa gatanu ku ishuri ribanza rya Rukundo Primary School mu Murenge wa Musheri w’Akarere ka Nyagatare, ni umwe mu bazi kubangurira ingemwe z’ibiti hagamijwe ko byera vuba bikanatanga umusaruro mwinshi.
Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba, yashyizeho amabwiriza mashya mu kwirinda ingaruka z’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, harimo n’uko amashuri yabaye afunze, kikaba cyaratangiye kuruka ku itari tariki 22 Gicurasi 2021.
Impuguke mu bijyanye n’imitingito zirasaba abaturiye ahari kumvikana imitingito kwirinda kuba mu nzu kugira ngo haramutse habaye umutingito ukomeye utabasenyeraho amazu.
Ku mugoroba wo ku itariki ya 21 Gicurasi 2021, abantu 60 bafatiwe mu kabari kazwi nka Cercle bari mu bikorwa byo kwiyakira bavuye mu bukwe.
Bamwe mu baturage bo mu bice ikirunga cya Nyiragongo cyarukiyemo bongeye guhungira mu Rwanda batinya ko cyakongera kuruka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 77 bakize Covid-19. Abayanduye ni 30 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,688. Abakirwaye bose hamwe ni 1,242 mu gihe abarembye ari babiri. Umujyi wa Kigali ni wo wabonetsemo abanduye benshi bangana (…)
Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yakatishije itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL nyuma yo gutsinda ikipe ya As Douanes yo muri Senegal amanota 86 Kuri 62.
Umuyobozi w’Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, Padiri Dr Hagenimana, asanga abakobwa barihirwa na FAWE-Rwanda ku bufatanye na Mastercard Foundation muri INES-Ruhengeri bitwara neza haba mu kinyabupfura ndetse no mitsindire y’amasomo. Bamwe muri abo banyeshuri bagera kuri 80% biga ibijyanye na Siyansi (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) cyashyikirije amazi meza imiryango 24 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, batujwe mu Mudugudu wa Karama, Akagari ka Nyagisozi, mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango.
Abantu bari mu bice bitandukanye by’igihugu, kuri iki Cyumweru tariki 23 Gicurasi bagarutse ku mutingito wakomeje kumvikana mu bihe bitandukanye, bikaba bisa n’ibifitanye isano n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Uwari umutoza Seninga Innocent wa Musanze FC yirukanywe ku munota wa 63 w’umukino wa Shampiyona waberaga i Bugesera uhuza Gasogi United na Musanze FC, nyuma y’uko ikipe ye yari imaze gutsindwa ibitego 4-1.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yasabye abizera gusengera abatuye umujyi wa Goma wibasiwe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Grace Mugabe wahoze ari umugore wa Robert Mugabe wari Perezida wa Zimbabwe, yategetswe n’urukiko gakondo (traditional court) gutanga inka eshanu(5) n’ihene ebyiri (2) kuko yashyinguye umugabo we mu buryo budakwiriye, bityo akaba ngo yarishe imigenzo ijyana no gushyingura umugabo we.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasuye Abanyekongo bahungiye mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 22 Gicurasi 2021, kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo abizeza ko Leta y’u Rwanda ibahumuriza kandi ibari hafi.
“Nta mukobwa udafite amafaranga nashaka, umukobwa ufite amafaranga menshi ntawe nashaka.” Aya ni amagambo ukunda gusanga mu biganiro by’abasore benshi bagejeje igihe cyo gushaka. Ugasanga mu by’ukuri ntibafite amahitamo y’umukobwa bazashakana.
Mu nama y’inteko rusange ya Ferwafa yabaye kuri iki Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2021, hemejwe ubwegure bwa Perezida Sekamana Jean Damascène ndetse n’abakomiseri batanu bandi.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy n’umukunzi we Mimi Mehfira ukomoka muri Ethiopia bakoze ubukwe ku wa Gatandatu tariki 22 Gicurasi 2021, bubera i Dallas muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Mu ijoro ryakeye abaturage babarirwa mu bihumbi birindwi bari binjiye mu Rwanda baturutse i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batinya kugerwaho n’ingaruka z’ikirunga cya Nyiragongo cyarimo kiruka cyerekeza mu mujyi wa Goma.
Ikipe ya Patriots BBC yatsinzwe umukino wa mbere mu rugendo rw’imikino ya Basketball Africa League aho yatsinzwe na US Monastir amanota 91 kuri 75.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 22 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 53 bakize Covid-19. Abayanduye ni 57 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,658. Abakirwaye bose hamwe ni 1,289 mu gihe urembye ari umwe.
Ikipe ya Feroviario de Maputo yo muri Mozambique yiyongereye ku makipe azakina imikino ya 1/4 cya BAL nyuma yo gutsinda GS Petroliers amanota 86 Kuri 73.
Abaturage bari i Busasamana muri Rubavu bitegeye ikirunga cya Nyiragongo baravuga ko babonye igikoma kimanuka kivuye ku munwa w’ikirunga.
Uruzinduko rwa Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron rwitezwe mu Rwanda no muri Afurika y’Epfo mu cyumweru gitaha.
Indishyi zigendanye n’impanuka zo mu muhanda ziribwa na bamwe mu bunganira abandi mu by’amategeko, ku bufatanye n’abakomisiyoneri (abahuza), bafatirana ubumenyi buke bw’abakoze impanuka. Akenshi abakoze impanuka ntibaba bazi amategeko abarengera, impamvu ituma bakinirwaho uburiganya.
Umuyobozi w’igisirikare muri Nigeria, Lieutenant General Ibrahim Attahiru, yapfuye aguye mu mpanuka y’indege ya Gisirikare.
Tariki 20 Ugushyingo 1995, mu kiganiro na BBC, nibwo Igikomangomakazi Diana (Princess Diana) yavuze ko Igikomangoma Charles (Prince Charles), afitanye umubano (mu buryo bw’ubushoreke) na Camilla Parker Bowles. Nyuma y’imyaka 25 ishize, BBC yasabye imbabazi nyuma y’uko iperereza rigaragaje ko umunyamakuru wa BBC witwa (…)
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) hamwe na Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), basabye Abanyarwanda kudaceceka mu gihe bumva cyangwa babona abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abiga muri Kaminuza ya Kigali (University of Kigali) ishami rya Musanze, biyemeje kurushaho gukoresha ikoranabuhanga mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no kuvuguruza abayipfobya. Abo banyeshuri bagamije ko amateka mabi yaranze igihugu atazasubira ukundi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 21 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 83 bakize Covid-19. Abayanduye ni 72 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,601. Abakirwaye bose hamwe ni 1,285 mu gihe urembye ari umwe (1). Akarere ka Karongi ni ko gafite abanduye benshi, ni 18.
Abaturiye umuhanda wa kaburimbo i Raranzige mu Karere ka Nyaruguru, barinubira amazi ava muri kaburimbo bashyiriwemo muri iyi minsi, kuko abasanga mu nzu bakaba bafite ubwoba ko yazabasenyera.
Abakozi batatu ba Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), barimo Umuyobozi Mukuru ndetse n’umwe wa Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), bakomerekeye mu mpanuka y’imwe mu modoka zari ziherekeje Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igiuhugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, kuri uyu wa 21 Gicurasi 2021, ubwo bari mu rugendo (…)
Ibitaro by’Akarere ka Karongi byashyikirijwe imashini ‘X-Ray’ ikoreshwa mu gupima ibihaha, izagira uruhare rukomeye mu kuvura abarwaye Covid-19.
Mu marushanwa yateguwe na Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ibinyujije mu Ntebe y’Inteko y’umuco, yitabiriwe n’ibigo by’amashuri yisumbuye binyuranye hirya no hino mu gihugu aho abahize abandi bashyikirijwe ibihembo.
Hari abantu bavuga ko badakunda tungurusumu kubera ko ibahumurira nabi, abandi bakavuga ko ibabihira, nyamara burya ngo ni ingenzi cyane ku buryo yagombye kujya ihora hafi, cyane cyane ku bantu bafite abana bato bagitoragura bikabatera inzoka zo mu nda ndetse n’abakunda guhorana inkorora n’ibicurane.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko mu mikino itandatu y’amatsinda iheruka gukina, abafana bayo baguze amatike afite agaciro ka 6,512,000 Frws.
Abacururiza ibiribwa bihiye mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze birimo imbada n’amandazi, bavuga ko bahangayitse nyuma yo kwirukanwa mu isoko aho bakoreraga, ubuyobozi bukemeza ko bakuwe mu isoko mu rwego rwo kurwanya umwanda aho basabwe gukodesha inzu bakoreramo ubwo bucuruzi, mu gihe bo basaba guhabwa ahandi bakorera.