Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yiyongereye ku bandi bayobozi basaga 20 bo hirya no hino ku Isi, basaba ko hashyirwaho uburyo bufasha Isi kwitegura ibindi byorezo bishobora kwaduka mu gihe kizaza.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent, yatangaje ko yababajwe n’imisifurire ndetse n’ibyo bakorewe na Cameroun yari yatangaje ko abakinnyi batatu banduye COVID-19
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 30 Werurwe 2021, mu Rwanda umuntu umwe yitabye Imana yishwe na COVID-19 yuzuza umubare w’abantu 306 bamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda. Habonetse abanduye bashya 155, abayikize ni 141 mu gihe abakirwaye bose hamwe ari 1,338. Uwapfuye ni umugore w’imyaka (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yabuze itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, nyuma yo kunganya na Cameroun naho Cap-Vert igatsinda Mozambique
Abize gukina umupira w’amaguru mu ishuri ry’imyuga ryo ku Kabutare mu Karere ka Huye (TSS Kabutare), barinubira ko nta n’umwe muri bo wemerewe gukomereza amashuri muri kaminuza, nyamara baragize amanota meza.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, avuga ko kuba utubari tudafungura biterwa n’uko uwanyoye inzoga bidashoboka ko yakubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, avuga ko gutumira abantu mu rugo iwawe hagakorerwa ibirori cyangwa ibindi, bisa no gutumira COVID-19 mu rugo rwawe.
Uruganda rwa NIKE rukora imyambaro n’inkweto bya siporo rwareze ikigo cy’ubucuruzi cya Brooklyn art collective MSCHF, kiganye inkweto za NIKE kikazita “Inkweto za Satani”, zirimo n’ibitonyanga by’amaraso y’abantu ku gikandagizo.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, aratangaza ko Leta y’u Rwanda yaguze kandi yamaze kwishyura inkingo za COVID-19 zisaga ibihumbi 500 zo mu bwoko bwa AstraZeneca ku buryo abahawe urukingo rwa mbere bazanahabwa ku gihe urwa kabiri.
Abagore 380 b’abajyanama mu buhinzi n’ubworozi bo mu Ntara y’Amajyarugu kuva ku wa kabiri tariki 30 Werurwe 2021, batangiye gushyikirizwa telefoni ngendanwa zigezweho za ‘Smart phones’, basabwa kuzazifashisha mu kongera umusaruro w’ubuhinzi aho kuzikoresha ibidafite umumaro.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, Mwenedata Jean Pierre, avuga ko abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bahura n’ibibazo byinshi birimo kudahabwa serivisi uko bayifuza kubera ikibazo cyo kutamenya ururimi rw’amarenga, akemeza ko na we yayaniwe gusezeranya abafite ubwo bumuga (…)
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko n’ubwo imibare y’ubwandu bwa Covid-19 yagabanutseho gatoya ugereranyije no mu kwezi kwa Mutarama 2021, hakigaragara abantu nibura 50 cyangwa barenga bandura icyo cyorezo.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Mashami Vincent aratangaza ko uyu munsi ari umunsi Amavubi agomba gukora amateka amaze imyaka 17 adakorwa, yo kwitabira igikombe cya Afurika
Polisi y’u Rwanda imaze kwereka itangazamakuru abantu 39 bafashwe bakoreshereje ibirori mu rugo, kandi barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Werurwe 2021 mu masaha ya saa moya, ikamyo yari ipakiye isima (amakontineri abiri akururana) iva mu Karere ka Musanze igana i Kigali, yabirindutse igarama mu muhanda irawufunga.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC), Dr Sabin Nsanzimana avuga ko barimo gukurikiranira hafi ikibazo cy’ubwiyongere bwa Covid-19 mu Ntara y’Amajyepfo, ariko anasaba abatwara imodoka kurushaho kwirinda no kurinda abagenzi.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kigali (UoK), burasaba abanyeshuri bayigamo kujya bagaragaza ibibazo byabo bakabigeza ku babishinzwe muri Kaminuza, mu rwego rwo kwirinda ko hari uwacikanwa n’amasomo bitewe n’ubukene yakururiwe n’ingaruka za COVID-19.
Abagore bize bakanakora ibijyanye n’ikoranabuhanga baravuga ko imyumvire mike, ishingiye ku miryango ikomeje gutsikamira iterambere ry’ikoranabuhanga ku bakobwa n’abagore, ibyo bikagaragazwa n’uko abakobwa bakiri bake mu kwiga amasomo ajyanye n’ikoranabuhanga.
Umuhora wa ‘Canal de Suez’ uhuza inyanja itukura (mer rouge) n’inyanja ya Mediterane, ukoreshwa na 10% by’ubucuruzi mpuzamahanga bwifashisha inzira y’amazi, wongeye gukora ku wa Mbere tariki 29 Werurwe 2021, nyuma y’icyumweru ufunze.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 29 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu bane bitabye Imana bishwe na COVID-19. Habonetse abanduye bashya 71, abayikize ni 75 mu gihe abakirwaye bose hamwe ari 1,325.
Abarwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri badafite amikoro, nyuma yo kugenerwa ubufasha n’itsinda ryitwa One love family, batangaje ko bibongereye ihumure.
Ubuyobozi bwa Basketball Africa League bwemeje ko icyiciro cya nyuma kizakinwa tariki ya 16 Gicurasi 2021 i Kigali mu Rwanda muri Kigali Arena kikazitabirwa n’amakipe 12.
Abasheshe akanguhe bavuga ko babangamiwe n’umuco wadutse mu Rwanda wo kurya inyama mu gihe bari ku kiriyo cy’uwitabye Imana, ibintu bagereranya nko kurya intumbi.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitri w’Intebe riravuga ko ingendo hagati y’Intara ndetse no hagati y’uturere twose n’Umujyi wa Kigali zizakomeza, ikindi ngo ingendo zo kujya no kuva mu turere twa Gisagara, Nyanza na Bugera zizasubukura guhera ejo tariki 30 Werurwe 2021.
Inkuru yacicikanye mu binyamakuru bitandukanye ivuga ko Polisi ya Tanzania yafashe abo bantu bantu kuko bifatwa nk’aho basuzuguye urupfu rw’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, John Pombe Magufuli, bakajya mu bisa n’imyidagaduro kandi igihugu cyose kiri mu cyunamo.
Ikipe ya REG Volleyball Club ndetse n’Ikipe ya APR Volleyball Club zigomba guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (CAVB Champions league) izabera i Sousse muri Tunisia kuva tariki 16-28 Mata 2021, zigiye guhurira mu mukino wa gishuti mbere y’uko zerekeza muri icyo gihugu.
Umukecuru witwa Nyirabukara Feresita w’imyaka 90 wo mu kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe anyuranye rufite, arusaba kwirinda kwiyandarika.
Kuri uyu wa Kabiri i Douala muri Cameroun harabera umukino uhuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu gushaka itike ya CAN 2021 izabera muri Cameroun umwaka utaha
Sarah Obama wari umugore wa gatatu wa Sekuru wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America (USA), ariko akaba yamufataga nka nyirakuru, yitabye Imana ku myaka 99.
Ikiganiro Ed-Tech Monday Rwanda, gikorwa ku bufatanye na MasterCard Foundation kikibanda ku iterambere ry’uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Werurwe 2021, kirabagezaho intambwe abagore bakiri bato bamaze kugeraho mu buyobozi, mukagikurikira kuri KT Radio kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (6:00 (…)
Gahunda ya Leta yo guhanga imirimo irenga ibihumbi 200 buri mwaka irakomeje nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), ariko ngo hakenewe abafatanyabikorwa batuma iyo mirimo ikomeza kubaho.
Imiryango ibarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe (ibyiciro byacyuye igihe) yo mu Karere ka Burera, kuva ku wa Gatanu tariki 26 Werurwe 2021, yatangiye gushyikirizwa amabati, bamwe bibabera nk’igitangaza kuba batazongera kuba mu nzu banyagirirwamo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata yagaruje amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni ebyiri y’uwitwa Karegeya Sandrine, bicyekwa ko yibwe na Habyarimana Fulgence w’imyaka 32. Aya mafaranga yabuze tariki ya 25 Werurwe 2021, yibirwa mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku Cyumweru tariki 28 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 44 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 49, abakirwaye bose hamwe ni 1333. Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima yo ku mugoroba wo ku Cyumweru iragaragaza ko ntawapfuye, abantu barindwi ni bo barembye.
Abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Gasagara mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba bahawe, agiye gutuma banoza serivisi zirimo no kubyaza.
Pasiteri Antoine Rutayisire yanenze bamwe mu bayobozi babona ibibazo biteye abo bayobora, aho kubahumuriza no kubishakira umuti ahubwo bagahitamo kubihunga batera umugongo abo bayoboye. Yabivugiye mu isengesho ngarukamwaka ryo gusengera igihugu (National Prayer Breakfast) ritumirwamo abayobozi bakuru b’igihugu mu nzego (…)
Mu Rwanda rwo hambere hari ibiribwa n’ibinyobwa bimwe na bimwe byaharirwaga abagore n’abana, bigafatwa nk’ikizira ku bagabo. Nyamara bimwe muri byo uyu munsi hari abagabo wabyima mukabipfa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame avuga ko n’ubwo icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka ku bukungu bw’Igihugu, ubufatanye bw’abayobozi n’abaturage ndetse n’inzego zitandukanye bwafashije mu kwirinda ingaruka zikomeye z’icyo cyorezo.
Abapolisi b’u Rwanda 139 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika(MINUSCA) bambitswe imidali yo kubashimira uruhare bakomeje kugaragaza mu bikorwa mpuzamahanga bigamije kubungabunga amahoro. Abo bapolisi bashimiwe uburyo babikora neza kandi kinyamwuga.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Mashami Vincent, aratangaza ko ikipe ayoboye yiteguye kwitwara neza idategereje ibizava mu mukino wundi wo mu itsinda
Imiryango ibiri ivuga ko yirukanywe mu mitungo yayo, nyuma yo gusinyishwa ko iguriwe ubutaka bwose kubera kutamenya gusoma no kwandika, ubu ibayeho mu buzima bwo guhingira abandi ngo ibone uko yaramuka.
Abaturage bo mu Murenge wa Rambura mu Kagari ka Rugamba mu Mudugudu wa Kibumbiro bavuga ko babuze uko bajyana umusaruro ku isoko bitewe n’umuhanda wangiritse bikabatera igihombo kubera ibirayi biborera mu buhunikiro.