Ibihingwa byeraho imbuto nka avoka, zikunze guhura n’indwara y’agasimba gatera utubuye mu rubuto (Amblypelta Lutenscens cyangwa Amblypelta Anitida) bigatuma intoya zihunguka naho inkuru zikabora.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko mu ngengo y’imari izakoreshwa mu kubaka ibiro bishya by’Akarere ka Burera, hamaze kuboneka 20% byayo. Akaba ari nayo akarere kagiye guheraho, gatangiza imirimo yo kubaka iyo nyubako mu gihe cya vuba.
Amakipe ya AS Kigali na Police Fc zasubukuye imyitozo nyuma yo guhabwa uburenganzira n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), yatangaje ko hari gahunda yo kuzifashisha telefoni mu gufasha abahura n’ihungabana mu gihe cyo Kwibuka.
Imbabazi Dominique Xavio wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, avuga ko ageze ku iterambere abikesha umushinga wo gukora ifumbire yifashishije iminyorogoto, akaba anorora n’inyo nk’ibiryo by’amatungo ndetse yorora n’ibinyamushongo nk’uburyo bwo gukemura ikibazo cy’imirire mibi.
Umunyambanga wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, Dr. Bizimana Jean Damascene, yatangaje ko mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, hazabaho gahunda yo gushyingura imibiri yabonetse hirya no hino mu Gihugu hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside(CNLG) yatangaje uburyo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi bizakorwa abantu bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Mu buryo butunguranye Munyabagisha Valens wari Perezida wa Komite Olempike yatangaje ko yeguye ku mwaya yari afite
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 05 Mata 2021, mu Rwanda habonetse abantu 202 bashya banduye Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyandura bose hamwe wa 22,684. Abakize icyo cyorezo kuri uyu munsi ni 75, abakirwaye ni 1,779.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, arasaba abatuye mu Ntara y’Amajyepfo gukaza ingamba mu kwirinda indwara ya Coronavirus kuko ngo hatagize igihinduka hari uduce twashyirwa muri Guma mu Rugo.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku wa Mbere tariki 5 Mata 20201, yashyize umukono ku itegeko rimwemerera kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida akabona manda ebyiri z’inyongera, imwe imara imyaka itandatu, ibimuha amahirwe yo kuba yaguma ku butegetsi kugeza mu 2036.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, avuga ko itariki basanzwe bibukiraho abiciwe i Ruramira, izagera imibiri iherutse gukurwa mu cyuzi cya Ruramira yaramaze gushyingurwa mu cyubahiro, kuko babiteganya mbere.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko umuhanda wa kaburimbo Base-Rukomo-Nyagatare uyu mwaka uzasiga warangiye gukorwa.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa” rikomeje ibikorwa byo gusura amakipe ngo harebwe uburyo shampiyona y’icyiciro cya mbere yasubukurwa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, ntihazongere kuboneka abarindira kubitura Perezida wa Repubulika.
Itorero ry’Abapantekote mu Rwanda (ADEPR) ryatangije impinduka mu gihugu hose, bivugwa ko zishobora kuvana mu kazi abashumba n’abandi bakozi barenga 6,000 nyuma yo kugabanya paruwasi zari zirigize zirenga 400 hagasigara 143.
Bamwe mu nararibonye mu muco nyarwanda bavuga ko n’ubwo imigenzo n’imiziririzo ku nka igenda icika ntacyo bitwaye ku ruhande rumwe, ariko ngo hari ibikorwa bikababangamira.
Disi Dieudonné, umwe mu bana ba Disi Didace, yamenyesheje Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, ikibazo cy’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, Habineza Jean Baptiste, uvugwaho gutanga amakuru y’ibinyoma ku bana ba Disi Didace bishwe muri Jenoside yakorewe (…)
Ubukwe buri mu bikomeje gutuma abantu barenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’uko hari ababarirwa muri 80 baraye bafatiwe muri Hoteli Le Printemps iherereye mu Murenge wa Kimironko no mu kabari kitwa The Hapiness gaherereye i Remera.
Umukinnyi uzwi mu gusiganwa ku magare Areruya Joseph, yakoze ubukwe mu mpera z’iki Cyumweru n’umukunzi we Uwera Josephine
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yagaragaje ko ubwandu bushya bwa Covid-19 buri kwiyongera mu Ntara y’Amajyepfo bitewe n’abantu benshi bakorera hamwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko icyiciro cya kabiri cy’imihanda ya kaburimbo irimo gutunganywa mu bice by’umujyi wa Musanze, kirimo kugana ku musozo.
Mu rwego rwo kuvugurura icyororo cy’inka kugira ngo hagerwe byihuse ku zitanga umusaruro ufatika, mu Rwanda harimo gukorwa ubushakashatsi ku kurema insoro no kuzitera inka, zikazabyara iz’izo zikomokaho 100%.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 04 Mata 2021, mu Rwanda abantu 239 bashya banduye Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyandura bose hamwe wa 22,482. Abakize icyo cyorezo ni 47, abakirwaye ni 1,652.
Ubushakashatsi buheruka gukorwa mu Bwongereza, burerekana ko abantu banywa umuvinyo byibuze ml 0,14 mu cyumweru, ngo bibagabanyiriza ibyago byo kurwara ishaza mu jisho, cyane cyane iyo ari umuvinyo utukura (red wine / vin rouge).
U Bufaransa bwasubiye muri Guma mu rugo ku nshuro ya gatatu mu gihe imibare y’abandura ikomeje kwiyongera ku buryo hari impungenge ko ibitaro biza kubura aho bibashyira.
Uwari Perezida w’Ishyirahamwe ry’imikino y’abafite ubumuga mu Rwanda (NPC), Murema Jean Baptiste, yongeye gutorerwa kuyobora NPC Rwanda muri Manda y’imyaka ine iri imbere.
Urukiko Rwisumbuye rw’Akarere ka Gasabo muri iki cyumweru rwahamije ibyaha abari Abayobozi bakuru muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) no muri Minisiteri y’ibikorwa Remezo (MININFRA), ruhita rutegeka ko bafungwa imyaka itandatu (6) nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranyije (…)
Bamwe mu bakirisitu Gatolika bo mu Karere ka Musanze basengeye muri Parusasi Gatolika Katedarali ya Ruhengeri, kuri uyu munsi wa Pasika tariki 04 Mata 2021, baremeza ko bazukanye na Yezu, bakanishimira ko bagiye gusenga mu gihe mu mwaka ushize batagiyeyo kubera gahunda ya Guma mu rugo yatewe na Covid-19 bikabababaza.
Kugeza kuri iki cyumweru tariki ya 04 Mata 2021, insengero 752 ni zo zemerewe kwakira abakirisitu (gusengerwamo) kuko ari zo zujuje ibisabwa nyuma yigenzura ryakozwe n’inzego zibishinzwe, hakaba hari izisaga 3,000 zitarafungurwa kuko zitaruzuza ibisabwa.
Hari abantu byagora cyane kubaho nta ndorerwamo (amalineti) bitewe n’uko zibafasha kubona neza bakagenda badasitara, bagashobora gusoma, ariko umuntu yakwibaza, ubundi indorerwamo zabayeho ryari? Ese izo tubona ubu zitaraza abantu bifashishaga iki?
Bamwe mu bahanzi bacurangaga mu bitaramo no mu tubari dutandukanye baratakambira Leta kugira ubufasha yabagenera kugira ngo bakomeze kubaho n’imiryango yabo, nyuma y’uko bamaze umwaka urenga akazi kabo karahagaze kubera icyorezo cya COVID-19.
Senateri Ntidendereza William ni umwe mu bagize Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Karere ka Kicukiro, akaba yifatanyije n’abayobozi hamwe n’abahagarariye urubyiruko muri ako karere mu gikorwa cyo gusukura urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza.
Abagenerwabikorwa ba Croix Rouge y’u Rwanda mu turere twa Karongi na Rutsiro mu Ntara y’i Burengerazuba bafashijwe na Croix Rouge y’u Rwanda gukora imishinga ibakura mu bukene, baravuga ko imibereho yabo yahindutse bakabasha kwikemurira ibibazo birimo nko kwishyura ubwisungane mu kwivuza no kurihira abana amashuri.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 03 Mata 2021, mu Rwanda abantu 74 bakize Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyikira bose hamwe wa 20,472. Umuntu umwe (1) ni we wishwe n’icyo cyorezo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 03 Werurwe 2021, inzego z’umutekano mu Karere ka Gatsibo zafashe abantu 54 bari bari mu muhango w’ubukwe, aho bari ku cyiciro cyo gusaba umugeni.
Arikiyepiskopi wa Arikidiyoseze ya Kampala, Cyprian Kizito Lwanga, bamusanze mu cyumba cye yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 werurwe 2021, nk’uko byanditswe mu kinyamakuru ’Daily Monitor’ cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru.
Mu nama y’inteko rusange yabaye kuri uyu wa Gatandatu, abahagarariye amashyirahamwe y’imikino bemeje ko amatora ya Komite Nyobozi azaba nyuma y’imikino Olempike
Umwe mu Banyarwanda bari bafungiye muri Uganda utifuje ko amazina ye atangazwa, avuga ko aho yari afungiye muri CMI i Mbuya basabwaga kuyoboka umutwe wa RNC kugira ngo barekurwe.
Dr Mushimiyimana Isaie, umwarimu wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ubuhinzi, ubworozi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM), ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 2 Mata 2021, nibwo byamenyekanye ko yashizemo umwuka.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Mata 2021, abantu 65 bafatiwe mu nzu basenga kandi bitemewe kubera kwirinda Covid-19, bireguza ko basengeraga uwabaswe n’ibiyobyabwenge.
Kuva ku itariki 31 Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi JMV, ari mu ngendo mu turere twa Gicumbi, Burera na Musanze aho aganira n’ubuyobozi buhagarariye abaturage kuva ku isibo, ari nako asura imishinga yo guteza imbere imibereho y’abaturage, anatanga ubutumwa bwibutsa abayobozi ko umuturage ari ku (…)
Urukiko rwasigaranye imanza zitarangijwe n’Urukiko rwa Arusha (UNIRMCT), rwategetse ko Emmanuel Altit akomeza kunganira Umunyarwanda Félicien Kabuga.