Nyagatare: Gitifu n’umuyobozi wa koperative bakurikiranyweho gutanga ruswa
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare witwa Habineza Longin na Twiringiyimana Jean Chrysostom, Perezida wa koperative KOHIIKA ihinga ibigori mu Murenge wa Karama muri ako Karere, bakurikiranyweho icyaha cyo gutanga ruswa y’amafaranga.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko bakekwaho gutanga iyo ruswa kugira ngo imodoka ya koperative irekurwe kandi yafatiwe mu cyaha.
Habineza na Twiringiyimana bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Nyagatare mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
RIB yaboneyeho kwibutsa abaturarwanda ko ruswa ari icyaha kitihanganirwa kandi gifite ibihano biremereye, isaba abantu gukomeza gutunga agatoki aho ruswa ivugwa kugira ngo habeho ubufatanye mu kuyirwanya.
Ohereza igitekerezo
|
Ikigaragara ni uko RIB iri mukazi kose kuko ireba kumpande zombi ititaye kucyo umuntu uyu n’uyu aricyo bigaragazako umunzani uri muri 0 ibi bizaca ruswa n’akarengane mugihugu.
RIB korana ubunyangamugayo kubacyekwaho ruswa maze u Rwanda rwacu rurangwe n’ubumwe n’amahoro.
Thanks
Ko police idahagarika iyo muri control inspection aho bahatira buri modoka kongera chassis nabwo bigakorwa garage
bagutegetse wajya ahandi ntibyemerwe. Nk’abanyamakuru muzakore iperereza ku bafite imodoka guhera kuzizwi nka FUSSO n’izindi zose zitwara imizigo. Hakwibazea chassis n’ibyateza impanuka aho bihuriye