Mu rwego rwo gukomeza kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mata 2021 Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata bakoze igikorwa cyo kugenzura uko amabwiriza yubahirizwa. Muri icyo gikorwa (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 11 Mata 2021, mu Rwanda habonetse abantu 83 bashya banduye Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyandura bose hamwe wa 23,426. Abakize icyo cyorezo kuri uwo munsi ni 171, abakirimo kuvurwa ni 1,868.
Tungurusumu ni igihingwa gifite umumaro utandukanye mu buzima bw’umuntu, ari mu buvuzi no mu gutegura amafunguro, ariko hari benshi badakunda umwuka umuntu asohora mu kanwa iyo yayiriye.
Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe, ku wa Kane tariki ya 08 Mata 2021, bwashyikirijwe dosiye y’umugabo ucyekwaho icyaha cyo gusambanya abana batatu b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka itandatu y’amavuko.
Abibumbiye muri Koperative y’Abavumvu bo ku Ruheru (KODURU) mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko aho umuti wa ‘Rocket’ watangiye gutererwa mu bigori kubera nkongwa, bamaze guhomba ubuki bubarirwa muri toni eshatu n’igice.
Abacuze umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashakaga ko nta n’umwe uzarokoka wo kubara inkuru. Nubwo hari imiryango yazimye, ariko umugambi wabo ntiwagezweho.
Abahinzi hirya no hino mu gihugu bavuga ko umusaruro w’ibigori babonye mu gihembwe cy’ihinga gishize, ushobora kwangirikira muri za hangari kuko utarimo kubona abaguzi.
Uyu ni umutwe w’inkuru yanditswe mu Kinyamakuru Kiberinka N° 7 Werurwe 23, 1992. Umwanditsi w’iyi nkuru yari n’umuyobozi w’icyo kinyamakuru, Vincent Shabakaka. Ubu hashize imyaka 29 avuze akababaro k’Abatutsi mu Rwanda n’urugomo rwabakorerwaga.
Ku muhanda wa Kaburimbo Musanze-Burera werekeza ku mupaka wa Cyanika, mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25, ariko umwirondoro we ntiwahise umenyekana.
Dusengiyumva Samuel akomoka mu cyahoze ari Komini Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango. Yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, afite imyaka 13 gusa.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mata 2021 yagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyagatare mu Mirenge ya Kiyombe, Mukama na Tabagwe ari kumwe n’abagize inama y’umutekano y’Intara itaguye.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abantu 12, bacyekwaho kwiba bakoresheje intwaro mu bihe bitandukanye mu Karere ka Rusizi.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego batwitse ibiyobyabwenge byagiye bifatirwa mu bikorwa bya Polisi birimo litiro 476 za Kanyanga n’ibiro 30 by’urumogi, byatwikiwe mu Karere ka Burera mu Murenge wa Bungwe mu Kagari ka Bungwe tariki ya 9 Mata 2021.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 10 Mata 2021, mu Rwanda habonetse abantu 83 bashya banduye Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyandura bose hamwe wa 23,343. Abakize icyo cyorezo kuri uwo munsi ni 81, abakirimo kuvurwa ni 1,957.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko uyu munsi rwafunze Nsabimana Kazungu Alexis, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo na Rukundo Emmanuel, umubaruramari mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi.
Perezida Ismail Omar Guelleh yashimiye abamushyigikiye nyuma y’uko atangajwe nk’uwatsinze amatora n’amajwi hafi 99 ku 100.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batujwe mu Mudugudu wa Susa, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, barasaba Ubuyobozi kugira icyo bukora byihuse, bukabasanira amazu; kuko ashaje hakaba harimo n’ashobora guhirima bidatinze mu gihe haba hatagize igikozwe mu maguru mashya.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita Buzima (WHO/OMS), yanenze uburyo bubabaje inkingo zikwirakwizwamo kuko we yavuze ko harimo “ubusumbane bukabije” hagati y’ibihugu bikize n’ibikennye.
Adrien Niyonshuti warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ni umwe bakinnyi bakoze amateka muri siporo mu Rwanda aho yabaye umukinnyi wa mbere wabigize umwuga mu mukino w’amagare mu Rwanda, akanaba Umunyarwanda wa mbere wakinnye imikino Olempike muri uyu mukino.
Tariki ya 7 Mata 2021 nibwo Tania Rugamba, umwuzukuru wa Rugamba Sipiriyani, yanditse ku rukuta rwa Twitter ati "Sogokuru yahimbye ’Nzataha Yeruzalemu nshya’ tariki 6 Mata 1994 yiyumvamo gutaha kwa Jambo bukeye bwaho."
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko iyo umuyobozi akoreye neza umuturage, umuturage na we amwitura ineza. Yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 09 Mata 2021, ubwo abaturage b’Umurenge wa Muhura bashyikirizaga abanyerondo b’umwuga imyambaro na moto bizabafasha kurushaho gucunga umutekano.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko kuva ku wa 01 kugeza ku wa 08 Mata 2021, hamaze kugaragara ibikorwa bigaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside 22, abantu 18 bakaba ari bo bamaze kubifatirwamo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 09 Mata 2021, mu Rwanda habonetse abantu 108 bashya banduye Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyandura bose hamwe wa 23,260. Abakize icyo cyorezo kuri uwo munsi ni 121, abakirimo kuvurwa ni 1,955.
Urukiko rukuru rwa Kenya rwahagaritse by’agateganyo ifungwa ry’inkambi ebyiri, Dadaab na Kakuma zicumbikiye impunzi zisaga ibihumbi magana ane ( 400.000) nk’uko bivugwa n’itangazamakuru ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu.
Uwitwa Mukakayumba Marie Goreth w’imyaka 49 wavukiye mu Mujyi wa Kibuye, akaba ari na ho Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yamusanze, ahamya ko iyaba ikiyaga cya Kivu cyashoboraga kuvuga cyagaragaza byinshi cyabonye.
Prof. Vincent Duclert avuga ko nk’umushakashatsi wigenga nta ruhande yabogamiyeho hakorwa iyo Raporo ku buryo hizewe ko amakuru agaragara muri iyo raporo ari ingirakamaro ku butabera n’amahoro ku Banyarwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko bwatangiye umushinga ukomeye wo kubaka inzu nini yakira inama mpuzamahanga bamaze guha izina rya Musanze Convention Centre, muri gahunda y’ivugurura ry’umujyi rigiye gukorwa, aho igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Musanze kigaragaza ko uwo mujyi uzaba uri ku buso bwa hegitari (…)
Igikorwa cyo guhuza Urwibutso rwa Kivumu mu Karere ka Rutsiro n’urwa Nyundo muri Rubavu, cyahujwe n’umunsi Interahamwe zateye Cathédrale ya Nyundo zikica Abatutsi bari bahahungiye ku itariki ya 9 Mata 1994, gusa ngo hari indi mibiri myinshi iraboneka.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi ku mateka wo mu Gihugu cy’u Bufaransa, Vincent Duclert, yashyikirije Perezida Kagame raporo yakozwe na Komisiyo yari ayoboye ku ruhare rw’u Buraransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi hagati y’umwaka wa 1990-1994.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace, yasabye urubyiruko gushyira hamwe ngo rwubake igihugu, ari na ko rutemerera abapfobya Jenoside.
Ubuyobozi bw’Urwego bw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Ntara y’Amajyaruguru bwagaragaje ko ibikorwa bitatu by’ingangabitekerezo ya Jenoside byabonetse muri iyo Ntara ku munsi wo gutangiza gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ingoro ya Buckingham "Ibwami" yatangaje ko Igikomangoma Philip, umugabo w’umwamikazi Elizabeth II yapfuye afite imyaka 99.
Icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bindi bifitanye isano na yo ni ibyaha bihanwa n’amategeko y’u Rwanda mu rwego rwo gukumira ko habaho imitekerereze n’imyumvire yakongera gutuma u Rwanda runyura mu bihe rwanyuzemo ubwo mu mwaka wa 1994 habaga Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana miliyoni isaga.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe Isi yose yari yimye amaso ibyaberaga mu Rwanda, idashaka kugira icyo ibikoraho, ahubwo ugasanga hari impaka za kumenya niba ari isubiranamo ry’amoko gusa, cyangwa se niba ari Jenoside, Umudipolomate w’Umunya-Nigeria yabwiye Akanama ka LONI gashinzwe umutekano ko (…)
Abacuruzi n’abaguzi b’ibiribwa cyane cyane amavuta yo guteka, baratangaza ko muri iki gihe amavuta arya umugabo agasiba undi, kubera ukuntu ahenze ku masoko.
Mukanoheli Josée wari ufite imyaka 10 muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aravuga ingorane yagiriye mu ivangura, ubwo yatotejwe yiga mu mashuri abanza kugeza ubwo yari mu bo batoranyaga mu ishuri ryabo ngo baheke isanduku yabaga yuzuyemo imitumba mu rugendo rwakorwaga rwitwaga urwo“Guhamba Rwigema”.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Karenge ku wa Gatatu tariki ya 07 Mata 2021 yafashe abantu batatu ari bo Mukandera Seraphine w’imyaka 28, Nyirambarushimana Chantal w’imyaka 35 na Dusengimana Eric w’imyaka 28. Bafatanywe amafaranga y’amiganano ibihumbi 397, bafatirwa mu Murenge wa Karenge mu (…)
Abatuye umurenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bakomeje gufasha Leta mu bikorwa binyuranye aho bemeza ko iterambere n’umutekano urambye ari bo bagomba kuba ku isonga mu kubiharanira, cyane ko baherutse kugurira DASSO moto ifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 300.
Ambasade y’u Rwanda muri Senegal inashinzwe Ibihugu bya Mali, Gambiya, Cap-Vert na Gineya Bisawu ifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal bibutse ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwnda mu 1994. Iyo gahunda yabereye kuri “Place du Souvenir Africain” ahari ikimenyetso cyo kwibuka (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 08 Mata 2021, mu Rwanda habonetse abantu 111 bashya banduye Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyandura bose hamwe wa 23,152. Abakize icyo cyorezo ni 35, abakirimo kuvurwa ni 1,968.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko ishuri rya Ecole Nationale d’Administration (ENA) ryigwamo n’abazakora mu nzego nkuru z’icyo gihugu, rigiye gufungwa hagamijwe guca ubusumbane mu Bafaransa, kuko ryigwamo n’abana b’abakomeye gusa.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 08 Mata 2021, ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) bibutse abari abakozi b’icyahoze ari ELECTROGAZ bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abayobozi batandukanye bifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba batanze ubutumwa basaba ko Jenoside itazongera kubaho ukundi (Genocide Never Again). Ikindi kandi bashimira uko Abanyarwanda bashoboye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yahitanye abasaga Miliyoni bishwe mu minsi ijana.
Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), Gianni Infatino, yandikiye ibaruwa Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ikubiyemo ubutumwa bwo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, avuga ko nta muyobozi ukwiye kuryama ngo asinzire mu gihe hari umuturage utarakemurirwa ikibazo.
Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 8 Mata 2021, abacururiza mu isoko mu mujyi i Huye basabwe kuba bahagaritse ibikorwa by’ubucuruzi, hasigara abacuruza ibiribwa, na bo hakaba hagomba gukora kimwe cya kabiri (1/2) cyabo.
Ubuhamya ni kimwe mu byifashishwa mu kubika no gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, nk’uko bisobanurwa na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG). Ubuhamya bushobora gukorwa mu nyandiko, amajwi cyangwa amashusho.