#Covid-19: Gukingira bikomereje mu mashuri no muri za gare muri Kigali

Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), kiramenyesha ibigo by’amashuri abanza, ayisumbuye na za kaminuza mu gihugu hose, ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 16 kugeza 21 Ugushyingo 2021, abanyeshuri bose bafite imyaka guhera kuri 18 kuzamura, batangira gukingirwa Covid-19.

RBC ivuga ko ikipe y’abaganga izajya ibasanga ku bigo by’amashuri babarizwaho kandi ikigo kikazajya kibimenyeshwa mbere.

Ureste gahunda yo gukingira abanyeshuri, RBC iramenyesha kandi abatuye mu Mujyi wa Kigali bose bacikanywe, ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, batangira gukingirirwa muri za Gare zitandukanye.

Ni gahunda ireba buri wese wacikanywe n’inkingo zombi za Covid-19, cyangwa se akaba atarafashe urwa kabiri, aho bari bukingirirwe muri Gare ya Nyabugogo, Kimironko, Remera, Nyanza na Nyarugenge ahazwi nka Down Town, mu rwego rwo kugira ngo buri wese agerweho n’urukingo muri gahunda ya Minisiteri y’ubuzima yise #KingirauRwanda.

Abacikanywe bagiye gukingirwa nyuma y’uko mu Mujyi wa Kigali abagera kuri 90% bamaze gukingirwa, ibintu byatumye ubwandu bushya bwa Covid-19 budakomeza kwiyongera mu bahatuye, kuko imibare igaragaza ko igipimo kiri munsi ya 0.5%.

Ni mu gihe mu gihugu hose na ho byagabanutse kubera imbaraga Leta y’u Rwanda ikomeje gushira mu gushakira inkingo Abanyarwanda ndetse n’abarutuye mu rwego rwo kurushaho kwirinda icyorozo cya Covid-19.

Imibare itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima yerekana ko ishusho ya Covid-19 ku rwego rw’igihugu iri munsi ya 1% y’ubwandu bushya, ibintu byatumye gahunda nyinshi zari zarafunzwe zongera gukomorerwa, abantu bagasubira gukora nk’uko byari bisanzwe.

Iyo Minisiteri iributsa abantu bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yose nk’uko yakabaye yo kwirinda Covid-19 kuko gukingirwa bidakuraho ko uwahawe urukingo ashobora kwandura cyangwa ngo yanduze abandi.

Leta y’u Rwanda ifite intego y’uko uyu mwaka uzajya kurangira byibuze 40% by’abagomba gukingirwa bamaze gukingirwa, mu gihe umwaka utaha wa 2022 biteganyijwe y’uko byibuze 60% bazaba bamaze guhabwa doze zombi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka