Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) cyagiranye amasezerano n’icy’u Buyapani gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (JICA), hagamijwe ahanini gushyiraho ingamba zatuma igihombo cy’amazi muri Kigali kigabanuka.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi iratanganza ko yamaze guta muri yombi abantu 10 baheruka gusahura imodoka ya koperative KOIAIKA, igemura amata ubwo yakoraga impanuka, bagatwara ibicuba 52 byarimo amata yari igemuye.
Makanyaga Abdul w’imyaka 74 y’amavuko ni umuhanzi n’umucuranzi mu myaka isaga 50 ishize, akaba afite amateka akungahaye mu muziki w’u Rwanda dore ko afite indirimbo nyinshi zakunzwe kuva kera zimenyerewe ku izina ry’ibisope.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) rivuga ko ugereranyije, hari abakora mu nzego z’ubuzima babarirwa hagati ya 80.000-180.000 bishwe n’icyorezo cya Covid-19 hirya no hino ku isi. Ibyo ngo bikaba bishobora gukurikirwa n’ibibazo birimo kumva abakora muri izo nzego banze umwuga wabo, kurambirwa no kunanirwa, (…)
Gutereka ubwanwa no kubwogosha ku bagabo ni ikintu kitavugwaho rumwe na benshi, ariko byombi bikaba amahitamo ya buri wese. Icyakora ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko gutereka ubwanwa bifite akamaro kanini:
Abaturage bo mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, bavuga ko kuba inzego zibishinzwe zaratinze kubaha ingurane z’ibyangijwe hakorwa imiyoboro y’amashanyarazi, bikomeje kubasubiza inyuma mu iterambere, bagasaba ko hagira igikorwa iki kibazo kikabonerwa umuti mu maguru mashya.
Ntizihabose Charlotte, Umubyeyi w’abana batanu wo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, nyuma y’imyaka myinshi atagira aho aba, arashimira Urubyiruko rw’abakorerabushake muri ako karere, Ubuyobozi bw’akarere, Ingabo na Police n’abaturage batangiye igikorwa cyo kumwubakira, inzu ye ngo ikazaba yuzuye mu byumweru bibiri.
Urubyiruko rwa Afurika rwibukijwe ko rugomba kubyaza umusaruro amahirwe rufite ndetse n’ibimaze kugerwaho, rukaba ku isonga mu rugamba rwo guteza imbere uyu mugabane. Ibi byavugiwe mu ihuriro ry’urubyiruko ryiswe YouthConnekt Africa Summit riri kuba ku nshuro ya kane, kuva tariki ya 20 kugeza ku ya 22 Ukwakira 2021.
Nzayisenga Sophie ni umubyeyi wubatse ufite imyaka 43 akaba umuhanzi gakondo n’umucuranzi w’inanga wabigize umwuga akiri umwana muto.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri bidatsindisha neza kwegera ab’indashyikirwa, na bo kandi bakabemerera, bakabigiraho.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 21 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 36, bakaba babonetse mu bipimo 6,720.
Uwayezu François Regis wahoze ari Umunyamabanga mukuru wa Ferwafa yambitse impeta umukobwa bagiye kurushingana bahoze bakorana
Donald Trump wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko afite gahunda zo gushinga urubuga nkoranyambaga rushya ruzitwa ’Truth Social’.
Umushinga Nutrition In City Ecosystem (NICE) uvuga ko ufite icyizere cyo gukemura ikibazo cy’ibiribwa mu turere twa Rusizi na Rubavu twunganira umujyi wa Kigali dukunze kubonekamo ibiribwa byabuze isoko kandi hari ahandi ku masoko babibuze.
Abanyeshuri biga ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe muri Kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko uburwayi bwo mu mutwe ari indwara nk’izindi, ko ubufite adakwiye guhabwa akato.
Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe imiti n’ibiribwa ‘FDA’, kigomba kongera kwiga ku byavuye mu igerageza ryo kwa muganga ry’urukingo rwa ‘Pfizer’ ku itariki 26 Ukwakira 2021, mbere yo kugira icyo batangaza ku bijyanye no gukingira Covid-19 abana bafite imyaka 5 kugeza kuri 11.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini (NESA), cyatangaje ko abatsindiye kujya mu mashuri yisumbuye bamaze gusaba guhindurirwa ibigo bagera ku bihumbi 10, ariko bose ngo ntibazahabwa ibisubizo bibanogeye kuko Leta ifite amashuri make afite uburaro (boarding).
Umunyezamu Ndayishimiye Eric bakunda kwita ‘Bakame’ ahamya ko ataje kwicara ku ntebe y’abasimbura mu izamu rya Police FC.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), rwatangaje ko kuva ku itariki 9 kugera ku ya 30 Ukuboza 2021, ari bwo hazaba imurikagurisha mpuzamahanga, Expo 2021, rikazabera i Gikondo mu Karere ka Kicukiro aho risanzwe ribera.
Perezida w’inama y’ubutegetsi ya Sosiyete y’ubucuruzi y’abakozi b’uruganda rwa Bralirwa (SOSERGI) biravugwa ko yafashwe n’inzego z’umutekano arimo yica inzugi z’ibiro by’abakozi b’iyi sosiyete.
Umuziki wa Butera Knowless ntukunzwe mu gihugu cy’u Rwanda gusa, ahubwo warenze n’imbibi zarwo, kuko uwo muhanzi w’Umunyarwandakazi aherutse guhabwa igihembo cy’umuhanzi w’ukwezi w’umugore wahize abandi, igihembo gitegurwa na ‘Zikomo Africa Awards’ kigategurirwa muri Zambia.
Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), iratangaza ko mu matora y’inzego z’ibanze yatangiye tariki 19 Ukwakira 2021, ubwitabire bw’abatoye ku rwego rw’amasibo mu gihugu hose bungana na 99.7%.
Harerimana Enock ukomoka mu Kagari ka Bihembe, Umurenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango Intara y’Amajyepfo, afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Kayonza mu Karere ka Kayonza, nyuma y’amakuru yamenyekanye ko yakatiwe n’inkiko Gacaca igifungo cya burundu y’umwihariko, kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero aratangaza ko ibaruwa yagaragaye icicikana ku mbuga nkoranyambaga yirukana umwarimu witwa Hakizamungu Celestin wari waroherejwe kwigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Mahembe yakozwemo amakosa, ariko ifite ishingiro.
Ikipe ya Rayon Sports ishobora kwemererwa kwakira abafana kuri sitade mu mukino wa gicuti izakinamo n’ikipe hagati ya Mukura Victory Sports na Police FC kuri Stade Amahoro i Remera ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 20 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 39, bakaba babonetse mu bipimo 5,971.
Abatuye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali barishimira ko amatara yashyizwe ku mihanda yatumye batacyamburwa mu masaha y’umugoroba kuko hose haba habona.
Kompanyi ya Facebook irateganya guha akazi abantu ibihumbi icumi (10,000) bo mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi kugira ngo bubake icyitwa ‘metaverse’ iri rikaba ari ikoranabuhanga Facebook ishaka kujya ikoresha rituma abantu barikoresha basa nk’aho bari kumwe.
Afurika y’Epfo ibaye igihugu cya mbere cyo ku mugabane wa Afurika cyatangije gahunda yo gukingira abana, kubera ko ubu kuva ku bafite imyaka 12 kugeza kuri 17 bashobora guterwa urukingo rwo mu bwoko bwa Pfizer muri icyo gihugu, ariko ngo bemerewe guhabwa doze imwe gusa.
Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda, ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima bw’Imyororokere (UNFPA), batanze ibikoresho by’ubwirinzi ku miryango ikora ibikorwa byo kwita ku baturage, kugira ngo abakozi b’iyo miryango bakomeze gufasha impunzi ariko birinda muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19.
Abatuye i Byinza mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye basizwe iheruheru n’imvura y’amahindu yabasenyeye inzu ikanabangiriza imyaka, barishimira ubufasha bahawe na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, ariko barifuza ko bahabwa n’ibyo kurya.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 20 Ukwakira 2021, ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe Abanyarwanda icyenda bari bafungiye Uganda.
Muri iki gihe gahunda y’ukwezi kwahariwe ibikorwa by’ubukorerabushake mu rubyiruko bikomeje, urwo mu Karere ka Musanze ruhamya ko rwiyemeje ko uku kwezi kuzarangira hari umusanzu ufatika rutanze mu bikorwa bifasha bamwe mu baturage batishoboye, bakava ku cyiciro cyo hasi bajya mu cyisumbuyeho.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko kuva gahunda y’Umudugudu utarangwamo icyaha yatangira, mu kwezi kumwe hafashwe abagabo 398 bakekwaho gusambanya abangavu.
Kuri uyu wa kabiri Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gushyira ahagarahara ingengabihe ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho umukino uba utegerejwe na benshi uhuza APR FC na Rayon Sports, uzakinwa ku munsi wa kane wa shampiyona.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ibijyanye n’isanzure (Rwanda Space Agency - RSA) tariki 19 Ukwakira 2021, cyatanze icyifuzo mu muryango mpuzamahanga ushinzwe iterambere ry’itumanaho (ITU), cyo kohereza mu isanzure ibyogajuru bibiri byitwa CINNAMON-217 na CINNAMON-937.
Raporo y’Umuryango ushinzwe iby’iteganyagihe kui si (World Meteorological Organization ‘WMO’) ivuga ko abantu bagera kuri Miliyari 1.3 bagerwaho n’ingaruka zikomeye, zirimo n’ubukene bukabije kubera uko Umugabane wa Afurika ukomeza kugira igipimo cy’ubushyuhe kizamuka cyane kandi ku buryo bwihuse cyane ugereranyije n’uko (…)
Abagore b’i Karumbi mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bazi gukora amasabune bifashishije avoka, ariko ko babuze ubushobozi bwo kugura imashini yabafasha gukora menshi bityo batere imbere, bagasaba ubuyobozi kubafasha kubona iyo mashini.
Abakinnyi b’ikipe y’Ingabo z’Igihugu (APR FC) berekeje muri Tunisia aho bagiye gukina umukino wo kwishyura wa CAF Champions League na Étoile Sportive du Sahel.
Nyuma y’inama y’Abaminisitiri iheruka yo ku wa 13 Ukwakira 2021, mu mwanzuro wayo wa 2 werekeye ibikorwa by’insengero zahawe uburenganzira bwo gukora, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yashizeho amabwiriza akurikira:
Umubare w’abakobwa n’abagore bajya mu mwuga wo kuvanga imizi (deejays) wagiye uzamuka uko imyaka ihita indi igataha, kandi bagiye bagaragaza ubushobozi mu gukora uwo mwuga, ku buryo bamwe bagiye bagaragara mu bitaramo bitandukanye kandi bikomeye hirya no hino mu gihugu.
Kurwanya ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ingingo yagarutsweho mu nama yahuje ku wa Kabiri tariki ya 19 Ukwakira 2021, abagize Komite y’Umuryango Uharanira Inyungu z’Abacitse ku Icumu muri Senegal (Ibuka-Sénégal) n’ubuyobozi bwa Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu cya Sénégal.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko mu rwego rwo guca ubucuruzi bw’akajagari, hamaze kunozwa ingamba zo gukura abazunguzayi mu muhanda hagendewe ku mpamvu zituma bawujyamo, kuko bazabanza kuganirizwa bityo babe bafashwa gukora indi mishinga bitewe n’ibyo bashoboye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 19 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 32, bakaba babonetse mu bipimo 7,792. Umuntu umwe yitabye Imana azize COVID-19, akaba ari umugore w’imyaka 30 y’amavuko i Muhanga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini (NESA) kiratangaza ko abanyeshuri basaga ibihumbi icyenda bo mu mwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye bataragera ku ishuri.