Perezida Kagame yahaye ikaze Minisitiri w’Intebe wa Canada muri #CHOGM2022

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 16 Kamena 2022, yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telefone na Justin Trudeau, Minisitiri w’Intebe wa Canada, cyagarutse ku mubano w’ibihugu byombi, n’ibibazo byugarije Isi muri rusange.

Perezida Kagame na Justin Trudeau
Perezida Kagame na Justin Trudeau

Perezida Kagame, ibi yabitangarije mu butumwa yashyize kuri Twitter, avuga ko uretse ibiganiro bagiranye, ashimishijwe no kumwakira mu nama ya CHOGM u Rwanda rwitegura kwakira.

Yagize ati: “Nagiranye ikiganiro cyiza kuri telefone na Minisitiri w’Intebe Justin Trudeau, ku bibazo bibangamiye ibihugu byombi n’Isi ku nyungu rusange. Nejejwe no kumwakira muri CHOGM 2022 mu cyumweru gitaha hamwe n’abandi bayobozi, kandi ntegereje kwagura ibiganiro byacu n’ubufatanye.”

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, ni umwe mu bakuru b’ibihugu na za guverinoma bazitabira inama ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza mu muryango wa Commonwealth, izwi nka CHOGM.

Iyi nama izitabirwa n’igikomangoma Charles w’u Bwongereza, aho azaba ahagarariye Umwamikazi Elizabeth II. Iyi nama itegerejwe kubera i Kigali mu Rwanda mu cyumweru gitaha kuva tariki 20 kugeza tariki 25 Kamena 2022.

Umuryango wa Commonwealth ubarirwamo abaturage bagera kuri miliyari 2.4 mu bihugu 54 byo hirya no hino ku Isi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka