Abana biga mu ishuri ryisumbuye rya ACEJ TVET School Karama mu karere ka Muhanga, barasaba abayeyi babo kubabwiza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo babone uko biyubaka bakanarwanya abapfobya bakanagoreka amateka ya Jenoside.
Ku wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022 hari imihanda yo mu Mujyi wa Kigali itazafungwa ku rujya n’uruza rw’ibinyabiziga, ariko abakoresha umuhanda barasabwa gutanga inzira bakabererekera abitabiriye inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) igihe barimo gutambuka (…)
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, ngo ntibakirindira kubwirizwa kwishyura mituweri, kuko bamaze kubona inyungu n’ibyiza byo kuyishyura hakiri kare, harimo no kuba batakirembera mu ngo, bityo n’imirimo iyo ari yo yose bakaba bayikora bizeye umutekano usesuye w’ubuzima bwabo.
Bivugwa ko urukundo ari ikintu kigira imbaraga zikomeye, ndetse ko hari abantu bakora ibintu bitangaje bagamije kwerekana urukundo, cyangwa se bagakora ibintu bihambaye mu izina ry’urukundo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa imiturirwa ibiri ya mbere miremire mu Rwanda izagirwa Ikigo Mpuzamahanga giteza imbere serivisi z’imari muri Afurika (Kigali Financial Square).
Perezida Paul Kagame asanga hari ikigomba gukorwa kugira ngo buri wese yiyumve mu muryango uhuriwemo n’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), harimo cyane cyane gukorera hamwe ku buryo hatagira usigara inyuma.
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uteganyijwe mu cyumweru gitaha, APR FC na AS Kigali bakomeje imyitozo ikomeye bitegura uyu mukino
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, ategerejwe mu Rwanda hamwe n’intumwa zije kwitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Commonwealth i Kigali.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye kwiyubakira inzu izatwara agera kuri miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda, ibikorwa by’abanyamuryango bikaziharira miliyoni zibarirwa muri magana abiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uko umubare w’Inka uzajya wiyongera, ari nako hazajya hongerwa umubare w’Ibikomera (Amasoko y’inka), ibishaje nabyo bikavugururwa hagamijwe kugabanya ingendo z’inka n’aborozi.
Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda (MINAFET), iratangaza ko ibibazo biri hagati y’ u Rwanda na Repuburika iharanira demokarasi ya Congo (DRC), bizakemurwa mu buryo bw’ibiganiro, kandi Abanyarwanda bagasabwa gutuza kuko umutekano wabo urinzwe.
Abagore n’abana b’abakobwa bo muri Afganistani barasaba abanyamuryango ba Commonwealth kubakorera ubuvugizi bakemererwa kwiga nk’abana b’abahungu, kuko itegeko ryo mu gihugu cyabo riheza umwana w’umukobwa kugana ishuri.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemeranya na Haringingo Francis Christian wari umutoza wa Kiyovu Sports, kuyibera umutoza mu gihe cy’umwaka umwe w’imikino.
Urukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa rukomeje kuburanisha urubanza ruregwamo Laurent Bucyibaruta wayoboraga Perefegitura ya Gikongoro mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 20 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 40, bakaba babonetse mu bipimo 3,158.
Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda ko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Kamena 2022, Imihanda imwe n’imwe yo mu mujyi wa Kigali izanyurmo abitabiriye inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) mu rwego rwo kubafasha kugera ahazaba habera inama n’ibindi bikorwa (…)
Inama yahuje abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yigaga ku bibazo by’umutekano, yemeje umwanzuro wo kohereza ingabo zihuriweho mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Muri iki gihe, nta minsi ishira tutumvise inkuru z’umuntu wishe cyangwa wakomerekeje uwo bashakanye. Amakuru nk’aya asigaye akabije kuba menshi, dore ko n’uburyo bwo kuyatangaza bwabaye bwinshi kandi ku buryo bwihuse.
Tariki 17 Mutarama1961, Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Congo, nyakwigendera Patrice Emery Lumumba, yiciwe mu Ntara ya Katanga ari hamwe na bagenzi be Joseph Okito na Maurice Mpolo bafatanyije urugamba rwo guharanira ubwigenge.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), butangaza ko kubera gutera imiti ya Malaria n’amahugurwa ku ibarura, gusura imfungwa n’abagororwa bisubitswe.
Impuzamiryango yita ku mibereho myiza y’abaturage n’imirimo ihesha agaciro umukozi, Inspir Zamuka, ivuga ko Abanyarwanda bakabakaba ibihumbi 500 bageze mu zabukuru, bafite imibereho mibi iterwa no kwita ku bana n’abuzukuru nyamara nta mbaraga n’amikoro bafite.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yageze muri Kenya yakirwa na mugenzi we Uhuru Kenyatta, aho yitabiriye Inama yiga ku bibazo by’umutekano iri kubera i Nairobi muri Kenya.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza amatariki mashya azakinirwaho imikino ya nyuma y’igikombe cy’Amahoro.
Ikipe ya Marine FC yo mu Karere ka Rubavu yasezereye myugariro wayo Hakizimana Félicien yari yaratijwe n’Intare FC, aho bamushinja kubagambanira ku mukino wabahuje na Kiyovu Sports.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye gufatanya no kunoza imikorere, kugira ngo babashe kurangiza bimwe mu bitaragerwaho, mu cyerecyezo gitangwa n’ubuyobozi bukuru bw’Umuryango ku rwego rw’Igihugu.
Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musanze, bagasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri, bibarizwa mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bahakuye amasomo, atuma biyemeza kuba umusemburo w’impinduka zizira amacakubiri, n’ingengabitekerezo (…)
Umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Henry Muhire yamaze guhagarikwa mu kazi ke
Urwego rw’Ubuvugizi bwa Guverinoma y’u Rwanda, ruratangaza ko mu gihe mu Rwanda hakomeje kubera inama ya CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Commonwealth, ubuzima muri Kigali butagomba guhagarara, ahubwo ko ibikorwa bikomeje uko bisanzwe.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Katabagemu, bavuga ko amakimbirane mu miryango n’ubuharike bituma bahora mu bukene ku buryo batabasha no kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Ntibyari bisanzwe kubona imbaga y’abantu basaga ibihumbi bitanu mu muhanda, ariko ku munsi mukuru w’Isakaramentu Ritagatifu, nyuma y’igitambo cya Misa cyahimbajwe na Musenyeri Vincent Harolimana, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Umutambagiro w’Isakaramentu wabereye mu Mujyi wa Musanze waciye agahigo mu kwitabirwa (…)
Abahutu bari barakatiwe igihano cy’urupfu no gufungwa uburundu, ni bo bavugwaho kuba barishe Abatutsi bari bafungiye muri Gereza ya Gikongoro. Byagarutsweho n’abatangabuhamya batandukanye mu rubanza rwa Laurent Bukibaruta wahoze ayobora Perefegitura ya Gikongoro, kuri ubu akaba arimo kuburanishwa n’urukiko rwa rubanda rwo mu (…)
Ku wa Gatandatu tariki ya 18 Kamena 2022, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwashyikirije abatishoboye batanu inzu zo kubamo, Utugari twa Karambi na Mbarara ndetse n’Umurenge wa Nyamirama babona inyubako nshya, ngo bikazafasha guha abaturage serivisi inoze.
Ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022, mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu Iseminari nto yo ku Karubanda (Petit Seminaire Virgo Fidelis), hasojwe irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wari umwarimu n’umutoza wa Volleyball muri iryo shuri, wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 19 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 37, bakaba babonetse mu bipimo 5.778. Abantu 35 banduye babonetse i Kigali, umwe aboneka i Musanze, undi umwe aboneka i Huye. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu (…)
Nyiri ikiganiro The Daily Show, akaba n’umunyarwenya wo muri Afurika y’Epfo, Trevor Noah, yavuze ko abantu badakwiye guhora bareba Afurika mu bintu bike bumvise cyangwa babonye kandi bibi, ahubwo ko bakwiye kumenya ko hari n’ibyiza bihari kuri uyu mugabane.
Hirya no hino abantu benshi bajya gukoresha imisatsi mu nzu zikora ubu bucuruzi(salon) bagaragaza ko ababamesera mu mutwe barengera bakagera no ku zindi ngingo. Ibi byatumye nibaza niba aba bantu batakarabya umutwe gusa izindi ngingo bakaziharira ba nyirazo.
Abagore 500 baturutse mu turere two hirya no hino mu gihugu, basoje itorero ryiswe Itorero rya Mutimawurugo icyiciro cya gatanu, bari bamazemo iminsi icumi mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, batozwa indangagaciro z’igihugu banashakira hamwe ibisubizo ku bibazo byugarije umuryango nyarwanda.
Mu gihe imirimo y’inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) izaba ikomeje, imwe mu mihanda yo mu mujyi wa Kigali izaharirwa abitabiriye iyo nama.
Umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF) ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo utangaza ko umaze kwakira imiryango 635 bahunga intambara ikomeje guca ibintu muri teritwari ya Rutshuru.
Muri iki gihe bikomeje kugaragara ko indwara ya Malariya hari abo yugarije mu Ntara y’Amajyaruguru, abagize inzego z’ubuzima n’iz’ibanze, biyemeje gushyira imbaraga mu kwita, ku ngamba zivuguruye zifasha gukumira iyi ndwara, barushaho kwigisha abaturage ububi bwayo, kubakangurira kuyirinda no gukurikirana ko abayirwaye (…)
Abakuru b’Ibihugu 35 kugeza ubu ni bo bemeje ko bazitabira inama ihuza abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth (CHOGM) 2022, igomba gutangira kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022.
Ikipe y’u Rwanda y’abahungu batarengeje imyaka 18 n’iya Uganda mu bakobwa, zegukanye igikombe cy’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu (FIBA U-18 Africa Championship 2022-Zone V Preliminaries).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 34, bakaba babonetse mu bipimo 6,541.
Mu Karere ka Huye guhera ku wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022 habereye irushwana ry’iminsi ibiri ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wabaye umwarimu mu ishuri rya Petit Seminaire Virgo Fidelis de Butare. Uyu mwarimu by’umwihariko yari umutoza w’ikipe ya Volleyball y’iki kigo ndetse akanagira n’uruhare mu iterambere ry’uyu (…)
Umuyobozi wa IPRC Kitabi, Richard Nasasira, yabwiye abanyeshuri bo muri iri shuri rikuru ayobora ko n’ubwo muri bo hari abiga ibijyanye n’ubukerarugendo, gusura urwibutso rwa Jenoside atari ubukerarugendo, ahubwo uburyo bwo kwigira ku mateka mabi u Rwanda rwanyuzemo.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, abagizi ba nabi bitwaje intwaro bikekwa ko ari abo mu mutwe w’inyeshyamba wa FLN, baturutse hakurya y’umupaka barashe ku modoka itwara abagenzi.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngingo zitandukanye, ikaba yafatiwemo imyanzuro ikurikira: