Umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye ku ishuri ryisumbuye rya ES Nyakabanda aravugwaho gukubita Animateri mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki ya 02 Ugushyingo 2021 maze bucya bamwirukana burundu.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Karere ka Nyamagabe rukurikiranye umugore wo mu Murenge wa Gatare uvugwaho gutwara ibikoresho bya salon de coiffure (byo gutunganya imisatsi) n’ibyo gusudira byari byahawe abana b’abakobwa ngo bikure mu bukene.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Col Patrick Karuretwa amugira Brig. General.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 04 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 34, bakaba babonetse mu bipimo 8,071.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko bishoboka cyane ko mu bihe bya vuba hashobora gutangwa urukingo rwa gatatu rwa Covid-19 kuri bimwe mu byiciro by’abantu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye mu ntera ACP Rose Muhisoni uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru wungirije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS). ACP Rose Muhisoni yahawe ipeti rya DCGP (Deputy Commissioner General of Prisons).
Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré, avuga ko u Bufaransa bugiye gushyigikira ibikorwa byo guteza imbere uburezi, ikoranabuhanga, siporo, no kurengera ibidukikije mu Rwanda.
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) buratangaza ko bwamaze gufunga abagabo babiri bacyekwaho kwica abana bane mu Murenge wa Bugeshi, Akarere ka Rubavu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko u Rwanda nta kibazo cy’inkingo za Covid-19 rufite kubera ko umukuru w’igihugu akomeje gukora ibishoboka ngo ziboneke, bityo umubare w’abakingirwa urusheho kwiyongera, kandi bakima amatwi abavuga ko zabateza ibibazo kuko abakingiwe kugeza ubu bameze neza.
Camomille (Kamomiye), izwi cyane nk’icyayi kinyobwa mbere yo kuryama kubera akamaro kayo mu bijyanye no guhashya stress no gutuma umuntu abona ibitotsi.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR Plc) yatangaje ko yongereye inguzanyo zidasabirwa ingwate iha abantu ku giti cyabo (Personal Loan), kuva ku mafaranga y’u Rwanda miliyoni 15 itarenzaga kugera kuri miliyoni 30.
Abacuruzi baciriritse baragaragaza ko batarasobanukirwa impamvu bagomba gutanga inyemezabwishyu ya EBM kuko basanzwe bafite imisoro bishyura ijyanye n’icyiciro barimo cy’abadafite igishoro kiri hejuru.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko mu Majyaruguru y’Intara ya Kivu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) hari abarwayi umunani basanganywe icyorezo cya Ebola, nk’uko byatangajwe ku wa Gatatu tariki 3 Ugushyingo 2021.
Baganizi Eliphaz ni umwe mu bari bagize itorero Indamutsa ryakinaga ikinamico kuri Radiyo Rwanda muri Ofisi y’Igihugu y’Amatangazo ya Leta (ORINFOR) mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umujyi wa Kigali watangaje ko umaze kugira serivisi zirenga 100 zitangwa hakoreshejewe ikoranabuhanga, kandi ko ukomeje kongeraho n’irindi uzamenyera mu Ihuriro ubarizwamo ry’Imijyi 11 ya Afurika.
Imiryango 41 yo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, yashyikirijwe ibiribwa nyuma y’aho yaherukaga kwibasirwa n’ibiza, byatewe n’imvura nyinshi yaguye ikangiza imyaka, ndetse ikabakura mu byabo.
Muri iki cyumweru abayobozi baturutse impande zose z’isi bahuriye i Glasgow mu nama ya mbere nini ku isi iganira ku mihindagurikire y’ibihe. Nta kabuza ko ibyemezo bizafatirwa mu nama y’uyu mwaka y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (UN Climate Change Conference) bizagira ingaruka ku batuye isi bose.
Urusobe rw’ibibazo byavutse nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amadeni arenga miliyoni 300 kubera imicungire mibi, koperative y’Abahinzi b’Umuceri mu kibaya cy’Umugezi w’Umuvumba, CODERVAM, yatangiye kubaka sitasiyo ya Lisansi ifite agaciro ka miliyoni 228 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 3 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 38, bakaba babonetse mu bipimo 7,373. Akarere ka Ngoma ni ko kaje imbere n’abanduye benshi kuri uwo munsi, gafite 24 kagakurikirwa na Ngororero gafite icyenda (9).
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi bagomba gutangira umwiherero wo gutegura umukino wa Mali n’uwa Kenya
Abarwanyi batandatu b’umutwe witwa CPC 64 baguye mu gitero bagabye mu mujyi wa Bukavu mu ijoro rishyira ku wa Gatatu tariki 03 Ugushyingo 2021, muri bo 36 bafatwa n’ingabo za Congo (FARDC).
Byangabo Cyusa Nelson, umwe mu bahanzi bazamutse vuba uzwi nka Nel Ngabo, agiye gusohora album nshya yise RNB 360, ku wa 21 Ukuboza 2021.
Umukino w’umumsi wa 2 wa shampiyona wahuzaga ikipe ya APR FC na Musanze FC urangiye APR FC yegukanye amanota atatu.
Abasesengura ibijyanye n’uburenganzira n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo barasaba inzego zibishinzwe kudatakaza umwanya baganiriza abakekwaho kwitwaza gutanga ibitekerezo bagapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abapolisi barindwi n’abasivili batanu bafatiwe mu bice bitandukanye by’igihugu, bakaba bakurikiranyweho kurya ruswa babeshya abantu ko bazabaha impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga.
Ni kenshi abantu (umugore cyangwa umukobwa) bajya kwa muganga kwivuza basuzumwa muganga agasanga barasamye yewe bamwe bagasanga inda igera no mu mezi ariko bo batabizi.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yakiriye mu biro bye Landry Ulrich Depot, Umuyobozi Mukuru wa ’Gendarmerie Nationale’ ya Santrafurika.
Abantu bitwaje intwaro batahise bamenyekana neza bateye umujyi wa Bukavu ahumvikanye urusaku rw’imbunda nini n’intoya, nk’uko abahatuye babivuga. Imirwano hagati y’abateye n’Ingabo za Leta bivugwa ko yatangiye ahagana saa saba z’ijoro ikaba yari icyumvikana kugeza saa mbili za mu gitondo kuri uyu wa Gatatu mu bice bimwe na (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwijeje Urwego rushinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), ko bufite gahunda yo kwigisha abaturage barenga 600,000 bakora imirimo iciriritse, kuzigamira izabukuru muri gahunda ya Ejo Heza.
Abarimu bo mu bigo by’amashuri atandukanye barahamya ko kugira ngo biteze imbere no guhanga udushya bisaba ko bo ubwabo bishyiramo ubushake n’umuhate ngo babigereho.
Igiciro cy’ibirayi mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu kigeze ku mafaranga 130 ku kilo, amafaranga batishimiye kuko bavuga ko ari makeya kubera ibiciro by’imbuto, inyongeramusaruro n’imiti byahenze bigatuma bahinga bahomba.
Abashakashatsi baturutse muri za kaminuza mpuzamahanga, zirimo izo ku mugabane wa Afurika n’u Burayi, bateraniye mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, mu nama mpuzamahanga irebera hamwe uko imyigishirize y’amasomo arebana n’ubwubatsi muri za kaminuza(Civil Engineering), yarushaho guhabwa ireme, bigafasha (…)
Imvura yaraye iguye yangije umuhanda wa kaburimbo Huye - Nyamagabe ahitwa kuri Nkungu, ku buryo utakiri nyabagendwa. Uyu muhanda n’ubundi wari warangirikiye ku iteme ry’umugezi wa Nkungu, riri mu rugabano rw’ Umurenge wa Kamegeri n’uwa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, ariko ntibyabuzaga imodoka zitaremereye gutambuka, kuko (…)
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente uri i Glasgow muri Scotland mu nama mpuzamahanga yiga ku mihindagurikire y’ibihe, yatangaje ko u Rwanda rufite intego y’uko muri 2030 ruzaba rwagabanyije umwuka wangiza ikirere ku kigero cya 38%.
Akarere ka Muhanga keguriye burundu imigabane yako ingana na 6,6% Kompanyi itwara abagenzi ya Jali Investment Ltd, hakurikijwe amasezerano avuguruye akarere kasinyanye n’uwo mushoramari mu mpera z’umwaka wa 2020.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangiye igenzura ry’ibiciro by’amata y’inyange ku isoko, nyuma y’aho ubuyobozi bw’uruganda Inyange rutunganya amata n’ibiyakomoka, rutangarije ko rutazamuye ibiciro, ahubwo rugasaba ko ababizamuye bakurikiranwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 2 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 38, bakaba babonetse mu bipimo 7,871. Nta muntu mushya winjiye ibitaro ndetse nta n’urembye.
Ku wa Kabiri tariki ya 2 Ugushyingo 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yasoje ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi itanu yahuzaga urubyiruko rw’abakorerabushake.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Béatha, aratangaza ko ubufatanye hagati y’inganda n’abazigemurira umusaruro w’ibyo zitunganya, ari inkingi ya mwamba mu kuzamura ingano y’ibyo zitunganya, bikaba byagira uruhare mu kurinda icyuho kiboneka ku masoko byoherezwaho.
Abantu 45 bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo bakurikiranyweho gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, bakarenza ibipimo bya alukoro (Alcohol) mu mubiri biteganywa n’amategeko, bagasaba abandi kubicikaho kuko byahagurukiwe.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona yabaye kuri uyu wa Kabiri, Kiyovu Sports yanyagiwe na AS Kigali ibitego 4-0, indi mikino yabaye amakipe aranganya.
Muri Afrika y’Epfo ku wa Mbere tariki ya 1 Ugushyingo 2021, abaturage biriwe mu matora y’abayobozi b’uturere, ishyaka ANC riri ku butegetsi rikaba rifite impungenge ko rishobora gutsindwa mu turere rimaze imyaka n’imyaka riyobora.
Habineza David w’imyaka 23 y’amavuko, arwariye mu bitaro bya Nyagatare azira inkoni yakubiswe n’Abagande, ubwo yageragezaga kugaruka mu Rwanda.
Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente avuga ko n’ubwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere bikiri ihurizo ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, ariko ngo u Rwanda rukomeje kwishakamo ibisubizo, rukoresheje ubushobozi buva imbere mu gihugu.
Ku wa Mbere tariki 01 Ugushyingo 2021, Polisi y’u Rwanda yahuguye bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyarugenge, uburyo bakoreshamo kizimyamoto mu gihe habaye ikibazo cy’inkongi, bakajya kuzimya umuriro.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yihanganishije ababyeyi b’abana basanzwe mu buvumo tariki 31 Ukwakira 2021 barapfuye, bakaba barabonye imirambo yabo mu Murenge wa Bugeshi Akarere ka Rubavu.
Ubuyobozi bwa Banki y’abaturage mu Murenge wa Bwishyura bwatunguwe no gusanga bimwe mubikoresho byayo byasahuwe mu mwaka wa 1994 byagaruwe ariko hatazwi uwabizanye.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyarugenge buramenyesha abaturage b’Akarere ka Nyarugenge n’abandi bose ko guhera ku wa Kabiri tariki 02 Ugushyingo 2021, bongera gutanga serivisi z’ubuvuzi zisanzwe.
Imibare igaragaza ko icyorezo cya Covid-19 kimaze guhitana abantu bangana n’abazize intambara zose ibihugu byarwanye hagati yabyo ku isi kuva mu 1950. Mu myaka ibiri imaze iyogoza isi, virusi ya Corona imaze guhitana abantu barenga miliyoni eshanu.