Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere RDB, ruratangaza ko hatagize igikorwa ngo ingagi n’izindi nyamaswa zibarizwa muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ngo zibone aho zisanzurira hahagije, byaziviramo gukendera burundu, bigateza ingaruka ku bukungu n’iterambere ry’abaturage, ari yo mpamvi igiye kwagurwa yongerwaho hegitari 3,740.
Ishami rya Polisi y’ u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi ryahuguye abapolisi 35 bakorera mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Kivumu. Bahuguwe ku kurwanya inkongi. Ni amahugurwa y’umunsi umwe yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira, ni muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo guhugura abapolisi mu mashami (…)
Mu gihe bamwe badaha agaciro umwuga w’ubugeni, abamaze kuwusobanukirwa, ubuzima bwabo bwa buri munsi burangwa n’Ubugeni ndetse bakabutoza n’abana bakiri bato nk’umwuga ushobora kubateza imbere.
Abaturage bo mu Kagari ka Mishungero mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, batangiye kwivuriza mu ivuriro riciriritse rizajya ribavura amenyo n’amaso, rikanatanga serivisi zo kubyaza, bakaba baryishimiye cyane kuko mbere bavunikaga.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 57, bakaba babonetse mu bipimo 10,887. Nta binjiye mu bitaro bashya kuri iyo tariki, abarembye ni batatu.
Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe(AU) hamwe n’iy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), zemeranyijwe ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’iyi migabane yombi, baza i Kigali kwigira hamwe icyakorwa ku bijyanye n’icyorezo cya Covid-19, amahoro ku isi, ishoramari n’ikibazo cy’abimukira.
Urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), rwahamagaje Hakuzimana Abdou Rashid kwitaba tariki ya 27 Ukwakira 2021 ku biro by’aho bukorera ku Kimihurura.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021, imodoka nini ya Kompanyi itwara abagenzi yitwa Swift Safaris yaturikanywe n’igisasu, abantu babiri bahita bahasiga ubuzima, abandi benshi barakomereka nk’uko amakuru ava muri icyo gihugu abitangaza.
Ba Guverineri b’Intara z’Iburasirazuba n’Amajyepfo ku ruhande rw’u Rwanda n’abayobozi b’Intara za Kirundo na Muyinga ku ruhande rw’u Burundi, kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021 bahuriye ku mupaka wa Nemba i Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda bagirana ibiganiro bigamije kureba uko umubano muri rusange (…)
Michael Jordan icyamamare mu mukino wa Basketball, inkweto yakinishije mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Amerika (NBA), zaciye agahigo ko kugurwa amafaranga menshi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 470 mu madolari muri cyamunara (ni ukuvuga angana na miliyari imwe na miliyoni 470 mu mafaranga y’u Rwanda).
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko Inzego z’ibanze zidasoza manda kuko zikomeza gukora, ahubwo abayisoza ari abantu ku giti cyabo.
Abana basambanyijwe bagaterwa inda baribaza abo bazasigira abana babyaye bagasubira ku ishuri, mu gihe ababyeyi babo bavuga ko nta bushobozi bwo kubigisha no kubarerera bafite.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukwakira 2021, abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe Nkurikiyimana Jean Baptiste w’imyaka 56, yafatanywe icyangombwa gihimbano kigaragaza ko imodoka ye yakorewe isuzuma ry’ubuziranenge (Contrôle Technique), yafatiwe mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, yari (…)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abana bigamo bataha byo mu Karere ka Huye bavuga ko bitaboroheye kugaburira n’abana bo mu mashuri abanza, kuko nta bikoresho byo kwifashisha bafite birimo inkono nini cyangwa muvelo zagenewe gutekera abantu benshi.
Ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021, i Kigali hateraniye inteko rusange ya 26 y’Ishyirahamwe ry’ Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), aho baabayitabiriye baganiriye ku byagezweho mu nzego z’ibanze muri manda ya 2016 - 2021.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kigarama, mu mpera z’icyumweru gishize batashye Hotel yubatswe n’uwahoze ari umwarimukazi afatanyije n’umugabo we.
Abitwaje intwaro bafungiye mu ngo bamwe mu bagize Leta y’inzibacyuho muri Sudan, barimo na Minisitiri w’Intebe, Abdallah Hamdok, bikaba byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021, icyakora bamwe bavuga ko ari Ingabo z’icyo gihugu zabikoze.
Padiri Fidèle Dushimimana, Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi mu Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK), yamuritse igitabo gikubiyemo ubushakashatsi ku mikurire y’umwana, yise ‘Kura Ujya Ejuru’, yitezeho ubufasha ku Banyarwanda mu kumenya ibiranga umwana muri buri kigero cy’imikurire.
Isiganwa ry’amamodoka rya Rwanda Mountain Gorilla Rally ryasojwe umunya-Kenya Carl Tundo na mugenzi we Tim Jessop begukanye shampiyona Nyafurika yo gusiganwa mu mamodoka
Urubyiruko rufite impano y’ubugeni, ni ukuvuga gukora ibintu bishushanyije, bibajije mu biti cyangwa mu mabuye ndetse n’ibibumbano, rusaba Leta kurwitaho mu guteza imbere izo mpano zabo.
Mu mpera z’icyumweru gishize abagize umuryango NOUSPR-Ubumuntu ndetse n’abaje bahagarariye abandi mu bice bitandukanye uyu muryango ukoreramo mu gihugu, basuye abarwariye mu bitaro bya Caraes Ndera, babaha imfashanyo babateguriye mu rwego rwo kubereka urukundo.
Mu birori byiswe Rayon Sports Day, ikipe ya Rayon Sports ntiyabisoje neza nyuma yo gutsindwa na Kiyovu Sports ibitego 2-1
Abayobozi mu nzego zinyuranye mu Ntara y’Amajyaruguru, barishimira urwego Abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bagezeho mu kuvumbura imishinga, igaragaza ubudasa mu gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda.
Nyuma y’imyaka hafi itatu umuryango ‘AMI’ utangiye igikorwa cyo gufasha abagororwa bakoze Jenoside bitegura gutaha, bukabahuza n’imiryango y’abo bahemukiye ngo basabe imbabazi, uyu muryango uvuga ko warogowe n’icyorezo cya Coronavirus, ariko na none ukishimira ibyo wagezeho.
Inzobere mu bijyanye n’ubuzima bw’abana bato zagaragaza ko abana bagenda bahura n’ibibazo bitandukanye by’ubuzima kubera kudakora imyitozo ngororamubiri, birimo kugira umubyibuho ukabije, kugira inda idahuye n’ibindi bice by’umubiri n’ibindi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 20, bakaba babonetse mu bipimo 11,558.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abantu batandukanye bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ashimira by’umwihariko inshuti n’abo mu muryango we batumye isabukuru igenda neza.
Hari interuro ikunda kugaruka kenshi mu bantu, ukumva ngo “Kanaka yashatse nabi, umugore we ntatuma agira ikintu na kimwe afasha ab’iwabo.” Ababivuga baba bashaka kumvikanisha ko umugabo utagize icyo aha benewabo biba byatewe n’umugore we.
Kubana Richard, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake n’ubukangurambaga, arashima ibikorwa by’uwamubanjirije mu nshingano z’Umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’Abakorerabushake, akavuga ko ibyo bikorwa yagezeho ari byo bagiye kubakiraho.
Ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukwakira 2021, Abanyarwanda 48 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda bagejejwe mu Rwanda banyujijwe ku mupaka wa Kagitumba.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana yasabye abayobozi batowe mu midugudu guharanira imibereho myiza, iterambere n’umutekano by’abaturage.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 29, bakaba babonetse mu bipimo 11,890.
Ku wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021, hatowe Komite Nyobozi z’imidugudu yose igize u Rwanda nk’uko byari biteganyijwe kuri gahunda y’Amatora y’inzego z’ibanze irimo gukorwa muri aya mezi y’Ukwakira n’Ugushyingo 2021.
Ikipe ya APR FC yaraye inyagiwe na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia ibitego 4-0, iraza gukomereza mu mikino ya CAF Confederation Cup
Imibare itangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Nyagatare igaragaza ko mu mezi ane gusa abana 110 ari bo bamaze kumenyekana basambanyijwe.
Abayobozi b’amashyirahamwe manini y’abahinzi bo muri Afurika ahuriye mu muryango witwa ‘Pan African Farmers Organization - PAFO’, baje i Kigali kungurana ibitekerezo ku buryo bakongera umusaruro w’ibiribwa no kuwufata neza, mu rwego rwo guca inzara kuri uyu mugabane.
Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifata gukuramo inda nk’icyaha cyo kwica, igasaba Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango mu Rwanda gukora ubuvugizi mu kurwanya iryo tegeko rifatwa nk’ikibazo gikomeje gutera impungenge no gutera ibikomere mu ngo no mu rubyiruko.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, arasaba abagize Komite Nyobozi z’Imidugudu ibarizwa mu Ntara y’Amajyaruguru, kurangwa n’imikorere ituma ibyiza Leta igenera abaturage bibageraho kugira ngo iterambere ryabo ryihute.
Buri gihe uko hasohotse amanota abanyeshuri bagize mu bizamini bya Leta, abiga kuri ENDP Karubanda baratsinda, kandi bagatsindira ku manota menshi. Ibi bitera kwibaza icyo muri iri shuri bakora gituma batsinda kurusha ahandi.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally, umunya-Kenya Carl Tundo ni we ukomeje kuyobora abandi
Abakora umurimo wo gutwara abantu n’ibintu ku magare (abanyonzi) mu Murenge wa Rugera na Shyira mu Karere ka Nyabihu, no mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, barishimira amagare adasanzwe bakoresha uwo mwuga, aho bemeza ko abafasha gukorera amafaranga menshi mu gihe gito.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 64 y’amavuko. Perezida Kagame yavutse ku itariki 23 Ukwakira 1957. Nyuma yo kugira uruhare rukomeye mu kubohora igihugu cya Uganda yabagamo nk’impunzi, yabaye ku ruhembe rw’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zabohoje u Rwanda zigahagarika (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 22 Ukwakira 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 37, bakaba babonetse mu bipimo 8,942.
Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza y’u Rwanda ifatanyije n’ihuriro ry’imiryango yo muri sosiyete civile ikora ku mazi ya Nil (Nile Basin Discourse Forum(NBDF) bugaragaza ko imiti n’ifumbire mvaruganda bikoreshwa cyane cyane mu buhinzi bigira ingaruka ku bidukikije, inyamaswa, urusobe rw’ibinyabizima, ndetse ko bishobora (…)
Ubuyobozi bwa Kaminuza y’Ubukerarugendo n’ikoranabuhanga (UTB), butangaza ko bugiye kujya bwohereza abanyeshuri 700 buri mwaka mu gihugu cya Qatar, barangije kwiga ibirebana no kwakira abashyitsi, gutegura ibirori n’ubukerarugendo, kwimenyererezayo umwuga no gukorerayo.
Banki ya Kigali yiyemeje gufasha abanyeshuri b’impfubyi biga mu Kigo ‘Agahozo Shalom Youth Village (ASYV)’, aho izajya ibagenera inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda miliyoni 300 buri mwaka mu myaka itanu iri imbere.
Umusore ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana byakurikiwe no kubana nk’umugabo n’umugore, ku wa 20 Ukwakira 2021 Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu, akaba yaraburaniye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.
Mu cyumweru cya mbere cyahariwe ibigo by’imari iciriritse muri Afurika kirimo kubera i Kigali mu Rwanda, ibigo by’imari iciriritse (MFIs), byahamagariwe gufata ibibazo by’ubukungu bihari, bikabihinduramo amahirwe.
Minisiteri y’ubuzima iratangaza ko n’ubwo hashize imyaka 28 mu Rwanda nta murwawi w’imbasa urongera kuhagaragara, ariko hashyizwe imbere gahunda yo gukingira abana kugira ngo hubakwe u Rwanda ruzira imbasa.
Ku itariki ya 22 Ukwakira, henshi ku isi bizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ingufu. Imwe mu ntego z’iterambere rirambye ivuga ko bitarenze umwaka wa 2030, abatuye isi yose bakabaye bagerwaho n’amashanyarazi. Leta y’u Rwanda yiyemeje kugeza amashanyarazi kuri bose nk’imwe mu nkingi ya mwamba ishyigikira iterambere ry’ubukungu.