Umuryango wa Uzi Yitzhak, w’Abanya Isiraheli baje mu Rwanda mu bukerarugendo, bagakunda umuco w’Abanyarwanda, bashyikirije inka umukecuru Niyonsaba Vestine, akaba yari amaze imyaka itanu iyo yahawe muri gahunda ya Girinka Inka yibwe, baba baramushumbushije.
Umushakashatsi mu by’ubukungu w’Umwongereza ukorera Ikigo ‘Adam Smith Institute’, Rebecca Lowe arasaba ibihugu kuvugurura amasezerano mpuzamahanga agenga imicungire y’isanzure (Outer Space Treaty, OST), kugira ngo abatuye Isi bagire ubutaka n’uburenganzira bw’aho bita ahabo ku yindi mibumbe igize isanzure, harimo no ku Kwezi.
Abo Basenateri batangaza ibi mu gihe hari abaturage by’umwihariko bakorera mu nyubako zihuriramo abantu benshi, nko mu masoko, mu ma banki, inyubako za Leta n’iz’abikorera, bagaragaza ko badafite ubumenyi buhangije bw’ubutabazi bw’ibanze bakwikorera byihuse, mu gihe haramuka habayeho inkongi y’umuriro.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikoreshereze n’imicungire y’ubutaka, Mukamana Esperance, avuga ko mu rwego rwo kunoza no kwihutisha serivisi z’ihererekanya ry’ubutaka, hagiye kwiyambazwa ba Noteri bigenga kugira ngo iyi serivisi yihute.
Kuri uyu wa Gatatu harakomeza imikino y’umunsi wa 17 wa shampiyona, aho kugeza ubu abakinnyi batanu batemerewe gukina iyi mikino
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bwashimiye abakinnyi ba Gicumbi Handball Team iheruka kwegukana igikombe cy’Ubutwari mu mukino wa Handball
Mu rwego rwo kurandura ubukene bukabije mu Rwanda bitarenze umwaka wa 2024, binyuze muri gahunda zitandukanye zirimo iy’ingenzi izwi nka VUP (Vision Umurenge Program), Ikigo gishinzwe Guteza imbere Imishinga y’Inzego z’Ibanze (LODA) cyashyizeho ibigomba gushingirwaho (inkingi) byatuma abaturage bo mu ngo zifite amikoro make (…)
Ikipe ya REG BBC ifite urubanza rukomeye ruyitegereje, aho igomba kwerekeza i Dakar muri Senegal mu gushaka itike y’imikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL), iteganyijwe kubera mu Rwanda hagati y’itariki ya 21 n’iya 28 Gicurasi 2022.
Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 14 Gashyante 2022, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’Igihugu cya Satrafurika, General Zokoue Dhesse Ndet Bienvenu n’intumwa eshatu ayoboye, basuye Polisi y’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 13, bakaba babonetse mu bipimo 9,617. Abantu babiri bitabye Imana kuri uwo munsi, bombi bakaba ari abagabo bo mu Mujyi wa Kigali, byatumye abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize (…)
Umunsi w’abakundana witiriwe Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare buri mwaka. Uwo munsi urangwa n’uko abakundana bibuka urukundo rwabo basangira, basohokana cyane cyane bahana impano zitandukanye ziganjemo indabo.
Uko u Rwanda rugenda rukataza mu iterambere, ni nako amashanyarazi agezwa henshi no kuri benshi, haba mu mijyi ndetse no mu byaro. Ubu, ingo zisaga 68.2% zifite amashanyarazi, ndetse inyinshi muri zo zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro rusange.
Ku wa Gatandatu mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, ubwo haberaga umukino wo kwishyura wa 1/2 mu mupira w’amaguru mu cyiciro cya kabiri mu bagore, wahuzaga ikipe ya Youvia WFC na Kayonza WFC, umukino wasojwe n’amarira kuko hari umukinnyi umwe wahise ajya muri koma nyuma y’uko ikipe ye itsinzwe.
Abayobozi mu turere n’abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma ya Somalia, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, aho bitabiriye ibiganiro bigamije gusangira ubunararibonye mu miyoborere.
Impuguke yaganiriye na Kigali Today ku bijyanye n’itumbagira ry’ibiciro ririmo kugaragara muri iyi minsi, yavuze ko igihembwe cy’ihinga A hamwe n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori (essence, mazutu,…), byaba ari mpamvu ikomeye yateje guhenda kw’ibicuruzwa.
Baziki Pierre wari ushinzwe gukurikirana ibikoresho by’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ (Kit Manager), yitabye Imana azize uburwayi.
Umugabo witwa Iyakaremye Théogène ufite ubumuga bw’ingingo, aratabaza nyuma y’uko yibwe igare ry’inyunganirangingo yagendagaho, ibimushyira mu ihurizo ry’uburyo azongera gukora ingendo ajya gushakisha ibitunga urugo rwe.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zafashe uduce tubiri twari twihishemo ibyihebe ari two Pundanhar na Nhica do Ruvuma turi mu Burengezuba bw’Akarere ka Palma.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney , avuga ko ukwezi kwa gatatu kuzarangira abakozi mu nzego z’ibanze batari mu myanya bayishyizwemo, kugira ngo abaturage babashe kubona serivisi nziza kandi ku gihe.
Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira ko kubera imvura nyinshi, amazi y’umugezi wa Nyabarongo yafunze uwo muhanda.
Handball:Gicumbi HBT na Kiziguro SS begukanye igikombe cy’Intwari
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa mbere tariki 14 Gashyantare 2022, yageze i Doha muri Qatar, akaba ari uruzinduko rw’akazi yagiriye muri icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru, Qatar News Agency.
Ibihugu by’u Bwongereza n’u Busuwisi ku mugabane w’u Burayi byafashe umwanzuro wo kutongera gushyira mu kato abaturage babyo bagaragaweho n’ubwandu bwa Covid-19, kuko ubu bemerewe kujya ahahurira abantu benshi nko mu masoko no kugendana n’abandi mu modoka.
Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, arasaba urubyiruko gukorera ku ntego, bahura n’ingorane bakihangana bagakomeza inzira biyemeje, kuko ngo udafite intego ahugira mu bitamufitiye umumaro, akazisanga abandi baramusize.
Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, mu mpera z’icyumweru gishize yatangije ku mugaragaro gahunda yo gusana imihanda y’ibitaka yangiritse hifashishijwe amasosiyete y’urubyiruko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 14 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya batatu (3), bakaba babonetse mu bipimo 12,352.
Mukandengo Athanasie wamamaye cyane mu makinamico ni umwe mu batangiranye n’itorero Indamutsa ryo kuri Radiyo Rwanda ubwo ORINFOR yatangizaga gahunda y’amakinamico mu 1985, ariko we yari asanzwe ahakora kuva mu 1977 ashinzwe kugenzura ibinyura kuri radiyo (régisseur d’antenne).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko igiye kongerera ubushobozi amavuriro y’ibanze (Poste de Sante), mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi zihatangirwa no gukemura ibibazo by’abayagana.
Musenyeri Arnaldo Sanchez Catalan uherutse gutorwa na Papa Francis kuba intumwa ye mu Rwanda, yimitswe ashyirwa mu rwego rw’Abepiskopi. Guhagararira Papa mu Rwanda ni intera ikomeye yahawe, aho akenshi uwo Papa yatoye ngo amuhagararire mu gihugu runaka, abanza kuzamurwa mu rwego rwa Kiliziya agahita ashyirwa ku rwego (…)
Amakara akoreshwa nk’umuti w’indwara zitandukanye harimo no gusohora uburozi mu mubiri, ntabwo ari amakara yo mu ziko cyangwa se mu mbabura amenyerewe, ahubwo ni amakara yatunganyirijwe kuba umuti azwi nka ‘Charbon actif/Activated charcoal’. Izina ryayo rya gihanga ni ‘Carbo vegetabilis’.
Jane Uwimana ni umunyamakuru ndetse akaba n’umuririmbyi uzwi cyane mu gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi akoresheje umuziki (instrumental) ibizwi nka Karaoke.
Ubusanzwe bimenyerewe ko mu muco nyarwanda nta mukobwa uba ari we utangira asaba umuhungu urukundo. Ariko aha nkibaza icyo byaba bitwaye umukobwa ari we ubaye uwa mbere kubwira umuhungu ko amukunda.
Umukinnyi Sadio Mane yitiriwe sitade iri mu mujyi wa Sedhiou muri Senegal nyuma yo gufasha igihugu cye kwegukana igikombe cya Afurika mu mupira w’amaguru cyaberaga muri Cameroun.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bwamaze kubona rwiyemezamirimo uzubaka inzira iyobora amazi mu Kivu akareka gukomeza kujya mu mujyi wa Goma kwangiriza abahatuye.
Umujyanama wihariye wa Perezida Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yavuze ku ngorane bahuye na zo ubwo bari mu byishimo bamaze gufata Nyagatare mu rugamba rwo kubohora Igihugu, ibibazo bashyizwemo na bamwe mu basirikare badohotse ku nshingano bakigira kunywa inzoga.
Ibipimo by’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) bigaragaza ko kuva tariki 10-20 Gashyantare 2022, henshi mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi irenze urugero rw’isanzwe igwa mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gashyantare.
Abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha (ASOC), mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 11 Gashyantare 2022, bafashe Musonera Eugene w’imyaka 38 na Nshimiyimana Vedaste w’imyaka 35. Bafatanywe inzoga 387 zitandukanye zo mu bwoko bwa Likeli(Liquors). Musonera yafatanwe amacupa 75 naho (…)
Polisi ikorera mu Karere ka Burera, tariki ya 10 Gashyantare 2022, ku bufatanye n’umujyanama w’ubuzima, bafashe uwitwa Sibomana Aimable w’imyaka 52 y’amavuko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 17, bakaba babonetse mu bipimo 17,829.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko bugiye gutangiza ubukangurambaga bwo kubakira inyana mu nzuri za Gishwati mu rwego rwo kuzirinda kwicwa n’inyamaswa zituruka mu pariki ya Gishwati-Mukura.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), tariki 10 Gashyantare 2022, cyatangaje igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu kwezi kwa Mutarama 2022. Igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi.
Imvura yaguye ahagana saa munani mu Karere ka Huye kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022, yagushije urusengero mu Murenge wa Karama, abari barwugamyemo babiri bahita bapfa, hanyuma 14 bakomeretse bajyanwa kwa muganga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko gahunda y’Umudugudu utarangwamo icyaha irimo kwifashishwa cyane mu kurwanya ibyaha bikorerwa abana hagamijwe kubarengera kugira ngo uburenganzira bwabo burusheho kubahirizwa.
Mu mikino y’umunsi wa 16 wa shampiyona yatangiye kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsindiwe na Mukura i Huye, Gasogi itaherukaga intsinzi itsinda Marines
Mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge 15 igize Akarere ka Musanze, batatu ni bo batahinduriwe imirimo, abandi bahabwa kuyobora imirenge mishya. Imirenge itatu itahinduriwe abayobozi ni Kinigi, Muhoza na Gacaca, mu gihe imirenge 12 yahawe abayobozi bashya barimo batanu batari basanzwe mu nshingano zo kuyobora imirenge.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) isaba iy’Imari n’Igenamigambi(MINECOFIN) kureba uko amafaranga y’ifunguro rihabwa abanyeshuri ku manywa yakwiyongera kuko ngo ari make cyane.
Mu matora yo gusimbuza abatakiri muri Komite nyobozi ya Mukura VS, Maniraguha Jean Damascène ni we utorewe kuba Perezida mushya wa Mukura Victory Sports.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022 nibwo hatangira imikino yo kwishyura muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda aho mu mikino iteganyijwe harimo n’umukino wa Mukura VS yakiramo Rayon Sports i Huye.
Nubwo igikombe cya Afurika cyarangiye StarTimes ikomeje gufata neza abafatabuguzi bayo by’umwihariko abakunzi ba Ruhago. Mu mpera z’íki cyumweru nibwo imikino yo mu matsinda ya CAF Champions League na CAF Confederations Cup ikinwa.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Gashyantare 2022, bitabiriye itangizwa ku mugaragaro ry’umushinga wo kubaka amacumbi ahendutse kandi atangiza ibidukikije wiswe ‘Bwiza Riverside Homes’. Ukaba witezweho gutanga inzu zo guturamo zisaga 2400 mu Mujyi wa Kigali.