Ihuriro Nyarwanda ry’abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva (RNUD) barifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwemerwa nk’ururimi rukoreshwa mu Gihugu ku buryo rwakwigishwa mu mashuri, bityo abafite ubu bumuga bakoroherwa mu guhabwa serivisi.
Umuhanzi Bruce Melody ubu agaragaraho ibishushanyo adasanzwe azwiho, harimo ibigaragaza amasura y’abana be. Bruce Melody amaze iminsi mu mahanga mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo ‘A l’aise’ yakoranye na Innoss’B wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yavuze ko nta mpamvu yo gushyiraho ingamba zikarishye mu duce tw’Igihugu turimo Ebola kuko iyo virusi itandurira mu mwuka.
Abaturage bo mu gace kitwa Olumbi muri Palma mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, barashima Ingabo na Polisi by’u Rwanda babafasha kugira ubuzima bwiza hejuru yo kubacungira umutekano.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yazamuye mu ntera bamwe mu basirikare bari ku ipeti rya Lieutenant Colonel bashyirwa ku ipeti rya Colonel bahabwa n’inshingano.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, bakomeje kwibaza amaherezo y’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, ikomeje kuhagwa ubudasiba, kugeza ubwo amazu 65 yari amaze kubarurwa yangiritse, ku buryo hafi ya yose, ba nyirayo bamaze no kuyavamo bajya gucumbika mu bagira neza.
Umuhanzi Massamba Intore afatanyije na Ange na Pamella, Alouette ndetse na Ruti Joel, tariki ya 01 Ukwakira 2022 bateguye igitaramo cyo kwizihiza umunsi wo gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda kizabera ahitwa Cocobean guhera saa 18h00 z’umugoroba.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 28 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu babiri banduye Covid-19, mu bipimo 1,243 byafashwe.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bakoze imyigaragambyo bamagana ivugurura mu bukungu no mu mibereho myiza ryatangijwe na Perezida wa Colombia Gustavo Petro, avuga ko rizarwanya ubusumbane, ibyo akaba yabitangije nyuma y’iminsi 50 gusa agiye ku butegetsi.
Mocimboa da Praia ni kamwe mu turere tubiri tw’Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique turinzwe n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, ari zo Ingabo na Polisi by’u Rwanda.
Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yategetse Umugaba mukuru wungirije w’ingabo zirwanira mu kirere, Maj Gen Charles Okidi, gukora iperereza ku cyateye impanuka ya kajugujugu yaguyemo abantu 22.
Ku Cyumweru mu Karere ka Huye mu Majyepfo y’u Rwanda, hasojwe amahugurwa y’abana bakina karate basaga 214.
Abanyeshuri, abarezi ndetse n’abandi bose bakoresha ikoranabuhanga, bashyiriweho uburyo bwo gucungira umutekano ibyo bakora.
Ikigo Carousel Ltd giteza imbere Tombola ya Inzozi Lotto cyatangaje ko Umukino wa Jackpot Lotto wasimbujwe uwa Impamo Jackpot hagamijwe ko Inzozi zo gutsindira igihembo nyamukuru "Jackpot" zihinduka “Impamo” buri gihe uko icyo gihembo kigeze ku mubare washyizweho.
Kigali Today iri mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu rwego rwo kureba uburyo Ingabo na Polisi by’u Rwanda babayeho, n’umusanzu bakomeje gutanga mu kugarura umutekano muri iyi Ntara.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Ghana, wamamaye nka Stonebwoy asanga abahanzi nyarwanda bakwiye kureka ubunebwe bagakora cyane kugira ngo bagere aho bifuza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurasaba abayobozi guha abaturage serivisi zihuse kuko kubasiragiza ari ukubangisha ubuyobozi.
Umugore wo muri Vietnam witwa Ms. Ngon, avuga ko amaze imyaka igera kuri 41 atunzwe n’amazi yonyine, kuko yaretse ibyo kurya, rimwe na rimwe akayavangamo umunyu mukeya, isukari nkeya cyangwa se umutobe w’indimu.
Abanyarwanda bize ikoranabuhanga bahawe amahirwe n’Ikigo mpuzamahanga kizobereye mu by’ikoranabuhanga kikanatanga amahugurwa ku baryize cyitwa Polygon, yo guhatanira akayabo k’Amadolari ya Amerika ibihumbi 60 (asaga miliyoni 60Frw).
Ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, ku wa Kabiri tariki 27 Nzeri 2022, Federasiyo y’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), yatangaje ko shampiyona y’umwaka wa 2022-2023 izatangira ku itariki ya mbere Ukwakira uyu mwaka.
Mu cyumweru kimwe cyahariwe kwimakaza ihame ry’uburiganire mu Ntara y’Iburasirazuba cyasojwe ku itariki ya 25 Nzeri 2022, cyarangiye imiryango 4,290 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko isezeranye kubana akaramata, ndetse n’abana 1,661 bandikwa mu bitabo by’irangamimerere.
Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ivuga ko hari umushinga mushya ugiye gukwirakwiza mu gihugu amashyiga avuguruye arondereza ibicanwa ndetse n’andi akoresha ibicanwa bitari inkwi n’amakara mu rwego rwo kugabanya ihumana ry’ikirere no gufasha abaturage guteka badahenzwe no kugura inkwi n’amakara nk’uko ubu bigenda.
Abaturuka mu Karere ka Mubende muri Uganda no mu tundi duce tuvugwamo icyorezo cya Ebola binjira mu Rwanda, bagaragaza bimwe mu bimenyetso by’iyo ndwara, barasabwa guhita batanga amakuru y’agace baturutsemo kugira ngo bahite bajyanwa kwa muganga ahabugenewe, kugira ngo bakurikiranwe.
Abakozi muri Minisiteri y’Amahoro n’ab’Umuryango uharanira Amahoro ku Isi Interpeace muri Ethiopia, bumvise ubuhamya bw’abaturage b’Akarere ka Bugesera bagize amatsinda y’Ubumwe n’Ubwiyunge, ahuje abakoze Jenoside n’abayikorewe.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, asaba abarimu gushira ubute bagasoma ibitabo, kuko ari byo bizabafasha kwiyungura ubwenge mu buryo buhagije, banabashe kwigisha neza.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza bavuga ko bakeneye ababafasha mu miyoborere y’ibigo, kuko ngo bisanga babazwa byose bonyine, bikababana byinshi.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Prison Fellowship Rwanda, ugamije kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge, Bishop Gashagaza Deogratias, asanga imbaraga z’urubyiruko uyu munsi ari umusanzu ukomeye wo gukomeza gusigasira ibyagezweho, no kubaka Igihugu kitajegajega.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 27 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19, mu bipimo 1,712 byafashwe. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,466 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Ku wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Maj Gen Innocent Kabandana, amuha ipeti rya Lieutenant General.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iratangaza ko abarenga 90% by’abanyeshuri aribo batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, imitsindire ikaba yarabaye myiza ugereranyije n’umwaka ushize, kuko ho abatsinze bari ku kigereranyo cya 82.8%.
Mu Buhinde hari isoko rigurirwamo abagabo, ibiciro bikagenwa hagendewe ku mashuri bize, imiryango bakomokamo n’ibindi. Mu myaka isaga 700, muri Leta ya Bihar mu Buhinde, hari isoko ridasanzwe, rigurishwamo abagabo, aho abagore cyangwa abakobwa bazana n’imiryango yabo, bakaza kugura abagabo.
Abanyeshuri bo mu Karere ka Kicukiro na Gasabo bagera kuri 67 bitabiriye umukino wa Karate mu gihe cy’ibiruhuko, bakoreye imikandara bava mu cyiciro bajya mu kindi, abitwaye neza bahabwa n’imidari.
Umuhanzi Nemeye Platini yatangaje ko mu ntangiriro z’uku kwezi kwa 10 aba abarizwa ku mugabane wa Amerika aho agiye gukorera ibitaramo bitandukanye. Mu kiganiro aherutse kugirana na Kigali Today, Platini yavuze ko afite ibitaramo bitandukanye azakorera muri Amerika akazabiririmbamo indirimbo ze bwite.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatanze ibisubizo ku bibazo abantu bibaza ku mafaranga y’ishuri ntarengwa yashyizweho, ibi bikaba bigamije gukumira abagenda bashaka inyito yo kongera umusanzu w’ababyeyi mu mashuri ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 ikoze ibitatekerezwaga na benshi isezera Libya iyitsinze ibitego 3-0
U rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasubije Miss Mutesi Aurore Amadolari 8,000 ndetse na 350,700 Frw, yari yibwe n’umukozi wo mu rugo akaza gufatwa.
Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri mu Rwanda (NESA), kiributsa ko kumenya amanota y’abarangije amashuri abanza, imyuga, icyiciro rusange cy’ayisumbuye ndetse n’umwaka wa gatandatu, kuri ubu nta rujijo rurimo.
Kabuga Félicien ukekwaho gutera inkunga no gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, azatangira kuburanishwa ku wa Kane tariki 29 Nzeri 2022 i La Haye mu Buholandi, nk’uko byemejwe n’urwego rwasigaranye inshingano z’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (IRMCT).
Kuva ku wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, bimwe mu bihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe ubuziranenge ku Isi (ISO), biteraniye i Kigali mu nama yiga ku mabwiriza y’ubuziranenge, cyane cyane areba ibikorwa by’ubwoko bwisubiramo.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abatwara ibinyabiziga bafite Perimi zatangiwe mu mahanga ko bemerewe kuzikoresha umwaka umwe gusa, uzafatwa yararengeje icyo gihe atarayihinduza azabihanirwa ku buryo ashobora no kuyamburwa.
Ubuyobozi bw’amashuri n’ibigo by’Imari (amabanki) birashinja ababyeyi gukererwa kwandikisha abana bajya gutangira ishuri, cyane cyane abo mu mwaka wa mbere w’Amashuri y’incuke n’abanza.
Umupadiri wo muri Kiliziya Gatolika mu Majyaruguru ya Tanzania, ari mu maboko y’inzego z’umutekano akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya abana, nk’uko byatangajwe na Polisi yo muri icyo gihugu.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Maj. Gen. Innocent Kabandana amuha ipeti rya Lieutenant General.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu 8 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 1,967. Abantu 3 banduye babonetse i Kigali. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ari abantu 1,466.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi yasabye urubyiruko rusaga 1000 rusoje itorero ry’Intore z’Inkomezamihigo VIII, rwatorezwaga mu Karere ka Huye kurinda igihugu no gusigasira ibyagezweho.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyoseze Gatolika ya Gikongoro, bwagaragaje ko abasigajwe inyuma n’amateka bafite ibibazo byihariye kandi ko bakeneye ubufasha bwihariye, kugira ngo na bo babashe gutera intambwe ibaganisha ku iterambere.
Murekatete Alphonsine w’imyaka 33, akaba umukobwa wa Kabanyana Liberatha wahimbye indirimbo zitandukanye mu itorero Urukerereza, arasaba ko umubyeyi we yajya ahabwa icyubahiro akwiye kandi akibukwa nk’umuhanzi wagize uruhare rukomeye mu ndirimbo z’umuco nyarwanda.