Korari La Porte d’Or yo mu Ishuri ry’Abadiventisiti Ryisumbuye rya Karenge (KASS) riherereye mu Murenge wa karenge mu Karere ka Rwamagana igeze kure imyiteguro y’igitaramo cyo Gushima Imana no Kumurika Umuzingo (Alubumu) wa Gatatu w’Indirimbo z’Amashusho.
Impuguke mu buzima zirasaba abantu cyane cyane abatabona uburyo buhagije bwo gukora siporo, gukoresha ubundi buryo bubarinda kugira umubyibuho ukabije burimo imirire inoze ndetse n’imashini zishobora kubafasha kugabanya ibiro bitabatwaye umwanya munini, kuko kudakora siporo ari kimwe mu birimo kongera umuvuduko w’indwara (…)
Abantu 46 ni bo bamaze kumenyekana banduye icyorezo cya Marburg mu Rwanda. Barimo 12 bapfuye, 29 barimo kuvurwa n’abandi batanu bakize.
Abantu 41 ni bo bamaze kumenyekana banduye icyorezo cya Marburg mu Rwanda. Barimo 12 bapfuye, 24 barimo kuvurwa n’abandi batanu bakize.
Abakora ibyerekeranye n’ubwubatsi, ububaji n’ubukorikori bibumbiye muri sendika yitwa STECOMA (Syndicat des Travailleurs des Entreprises de Construction, Menuserie et Artisanat) bishimira ko mu myaka irindwi ishize hari uruhare bagize mu byo Igihugu cyagezeho, ku bufatanye n’inzego zitandukanye z’imiyoborere y’Igihugu, (…)
Ibinyamakuru bitatu byo muri Tanzania byahagaritswe ku mbuga za internet nyuma yo gutangaza amashusho y’amakorano, ubutegetsi bwa Tanzania bwafashe nk’anenga Perezida Samia Suluhu Hassan.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko undi muntu umwe yishwe n’icyorezo cya Marburg ku wa Gatatu tariki 02 Ukwakira 2024, yuzuza umubare w’abantu cumi n’umwe bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Igihugu cya Iran cyaraye cyohereje ibisasu bya misile ku mijyi itandukanye yo muri Israel nka Jerusalem no ku murwa mukuru Tel Aviv.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko umuntu umwe mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, yishwe n’icyorezo cya Marburg, yuzuza umubare w’abantu icumi bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda abantu batandatu ari bo bamaze kwicwa n’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, abandi 20 bakaba barimo kuvurwa.
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko muri iki gihe gushyira umuturage ku isonga ari isengesho ry’u Rwanda, rya buri munsi, yibutsa abahawe inshingano zo kumuyobora guhora iteka batekereza kandi bafatanyije na we gushaka icyamuteza imbere.
Bizimana Jean Damascene ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari Umujyanama mu muryango nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD), avuga ko uburenganzira bwabo hari igihe bubangamirwa bitewe no kuba hari abantu benshi bakeneraho serivisi ariko ntibabashe kubafasha uko bikwiye kubera ko batazi ururimi (…)
Dr. Charles Murigande uri mu bateguye igitaramo Rwanda Shima Imana kizabera kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, avuga ko buri wese afite impamvu yo gushima Imana.
Bikorimana Emmanuel wamenyekanye nka ‘Bikem Wa Yesu’ yinjiye mu muhamagaro mushya wo kuririmbira Imana, aho ubu yamaze gushyira hanze indirimbo yasubiyemo yitwa ‘Hari Umwami Wa Kera’ iyi ikaba ari indirimbo iboneka mu ndirimbo zo gushimisha Imana kuri Nimero ya 419.
Kompanyi y’indege Scandinavian Airlines (SAS) yatangaje ko imwe mu ndege zayo byabaye ngombwa ko ku wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2024 igwa gihutihuti igahagarikira urugendo mu nzira, nyuma y’aho imbeba ivumbutse iva mu gakarito karimo ibiryo umugenzi wari mu ndege yari ahawe.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko yishimiye ubufatanye bushya yagiranye na Ambasade ya Suède mu Rwanda, aho bemeranyijwe gutanga inguzanyo ya Miliyoni 10 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga Miliyari 13 na Miliyoni 484 mu mafaranga y’u Rwanda, azatangwa nk’inguzanyo yo gushyigikira no guteza imbere imishinga mito (…)
Byari nk’inzozi kuri bamwe kongera guhura n’abo baherukanaga mu myaka 60 ishize, bakiri abana bato bari hagati y’imyaka 12 na 14, ubu bakaba bageze mu zabukuru mu kigero cy’imyaka isaga 70 y’amavuko.
Mukarubega Zulfat washinze Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n’Ubucuruzi (University of Tourism, Technology, and Business Studies - UTB), avuga ko yishimira amahirwe u Rwanda rwahaye abagore, akavuga ko we by’umwihariko yiyemeje gutanga umusanzu we abinyujije mu burezi, mu rwego rwo kugira uruhare mu byo Perezida wa (…)
Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri, ikaba yari ivanye abanyeshuri ku ishuri ribanza rya Saint Matthew ibacyuye.
Mu Karere ka Nyamasheke, mu Ntara y’Iburengerazuba, ingo zirenga ibihumbi makumyabiri na bitandatu (26,000) zitari zifite amashanyarazi zigiye kuyahabwa mu rwego rwo kwihutisha iterambere muri aka Karere no kugeza amashanyarazi kuri bose.
Abayobozi baturutse hirya no hino ku Isi baritegura guhurira mu mujyi wa Baku muri Azerbaijan mu nama ya mbere nini y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (UN Climate Change Conference) izaba guhera tariki 11 – 22 Ugushyingo 2024.
Abagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye by’Igihugu barasaba ko ibiciro by’ibikoresho byifashishwa mu kunoza isuku yabo bizwi nka Cotex cyangwa Sanitary Pads byagabanuka, kuko kuba bihenze bitaborohera kubikoresha.
Korali Family of Singers yo muri EPR Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, yateguye igiterane yise ‘Umuryango Mwiza Live Concert’ cyitezweho guhembura imitima ya buri cyiciro cyose cy’abagize umuryango, binyuze mu ndirimbo, mu ijambo ry’Imana no mu bikorwa byo gushimira abazaba bizihiza isabukuru yo kubana kwabo mu kwezi kwa 10 (…)
Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko Bwana Gaspard Twagirayezu wari Minisitiri w’Uburezi yasimbuwe kuri uwo mwanya na Bwana Joseph Nsengimana, Twagirayezu agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure.
Ibitaro bikuru byo mu mujyi wa Eldoret mu Burengerazuba bwa Kenya byemeje ko Dickson Ndiema, wahoze ari umukunzi wa Rebecca Cheptegei, yapfuye mu ijoro ryo ku wa Mbere.
Musabyimana Albert warokotse Jenoside yatwaye abo mu muryango we hafi ya bose, ashima ubuyobozi bw’u Rwanda bwamwubatsemo icyizere cyo kubaho, ariga, ndetse abona akazi yiteza imbere, yiyemeza kwitura Igihugu ineza cyamugiriye ashinga ikigo cy’amashuri cyitwa Peace and Hope Academy gifasha abafite ubushobozi budahambaye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma n’abandi bayobozi, itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rikaba rigaragaza ko abayobozi Umukuru w"igihugu yashyizeho ari Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 9 n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Ababyeyi bafite abana bafite inzozi zo kuzaba inzobere mu by’Ubwubatsi, Ubuganga cyangwa mu Bushakashatsi mu bijyanye n’ubumenyi n’ikoranabuhanga bashyiriweho amahirwe yo gukabya inzozi zabo binyuze mu kwiga muri Ntare Louisenlund School.
Urwego rushinzwe ubuzima muri Suwede rwatangaje ko rwabonye umuntu ufite ubwoko bw’ubushita bw’inkende (mpox) bukaze muri iki gihugu.
Mounir Nasraoui ubyara umukinnyi Lamine Yamal w’icyamamare mu mupira w’amaguru muri Espagne w’imyaka 17 y’amavuko, yatewe ibyuma inshuro nyinshi n’abagizi ba nabi ari muri parikingi.