Umuryango Mpuzamahanga utari uwa Leta uteza imbere umuco wo gusoma ibitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga (NABU), wagiranye ubufatanye n’ikoranabuhanga rya GSM Systems, rizwiho gutanga uburyo bwifashishwa cyane cyane mu mikorere ya telefone. Iyi mikoranire yo guteza imbere umuco wo gusoma mu Rwanda hifashishijwe (...)
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yatangaje ko yagenzuye imyiteguro y’amatora, ibikorwa byo kwiyamamaza n’amatora nyirizina ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu mwaka wa 2024, yemeza ko muri rusange amatora yagenze neza.
Mu gutegura amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yabaye muri uku kwezi kwa Nyakanga 2024 mu Rwanda, abafite ibibazo by’uburwayi n’ubumuga na bo ntibabihejwemo, ahubwo hagiye higwa uburyo bwo kubashakira ibikenewe kugira ngo na bo bazabashe kwitabira amatora.
Mu myiteguro y’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo muri uyu mwaka wa 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kwireba no kwiyimurira aho umuntu azatorera akoresheje ikoranabuhanga kuri telefone (*169#) mu rwego rwo korohereza abantu bakoraga ingendo ndende bajya (...)
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024, byabereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, byakomereje mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2024.
Ibikorwa byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi, kuri uyu wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, byakomereje mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Nemba kuri Site ya Nyarutovu.
Umuryango Paper Crown Rwanda ufatanyije na RWAMREC bateguye ibiganiro, bihuza abantu batandukanye biganjemo abagore n’abakobwa bahagarariye imiryango itari ya Leta, impirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore (feminists) n’abaharanira ihame rw’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugore n’umugabo (Gender practitioners) , bagamije (...)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwandikiye ibaruwa Padiri Hildebrand Karangwa, rumumenyesha ko igitabo cye aherutse gushyira hanze cyitwa ‘Les Origines du Génocide des Batutsi d’Il ya 30 ans’ cyemerewe kwifashishwa mu kwigisha amateka mu mashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Rwanda.
Abaturage biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ndetse n’ab’indi mitwe ya Politiki ishyigikiye umukandida Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, kuri iki Cyumweru tariki 30 Kamena 2024, bateraniye i Rubengera mu Karere ka Karongi kuri Sitade Mbonwa, bakaba baje mu bikorwa byo kwamamaza no gushyigikira uwo (...)
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida wa FPR Inkotanyi, yongeye kubwira abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ko bashatse bacisha make.
Abaturage baturutse hirya no hino mu Mirenge y’Akarere ka Nyamasheke biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, bateraniye mu Murenge wa Kagano ahakomereje ibikorwa byo kwamamaza Paul Kagame, umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Gato Damien ni umugabo ufite umugore umwe n’abana babiri akaba afite ubumuga bw’ingingo ku maguru bwatewe n’indwara y’imbasa. Ari mu bakandida bahatanira kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko nk’uhagarariye abafite ubumuga.
Apostle Arome Osayi wo muri Nigeria ukunzwe n’abatari bake, agiye kuza mu Rwanda mu giterane cy’ivugabutumwa cyatumiwemo Chryso Ndasingwa na Yves Ndanyuzwe, aba bakaba ari bamwe mu bahanzi bakunzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yashimiye abaturage biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bavuye i Muhanga, mu Ruhango na Kamonyi, bakitabira ibikorwa byo kumwamamaza, abizeza ko ibyiza byinshi biri imbere.
Mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru hari Koperative yitwa UKC (Uruhimbi Kageyo Cooperative) ihinga ikanatunganya ubwatsi bw’amatungo ikoresheje ikoranabuhanga ridakeneye gukoresha ubutaka, ibyo bita ‘Hydroponic Fodder Technology.’ Iyo koperative imaze imyaka hafi ine ikora, yatangijwe n’abiganjemo urubyiruko (...)
Pasiteri Kayumba Fraterne umenyerewe mu bikorwa by’ivugabutumwa no mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana uzwi nka ‘Gospel’ yashyize hanze indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Paul Kagame.
Umuryango Nyarwanda utari uwa Leta witwa ‘Hope for Life Association’ wateguye inama nyunguranabitekerezo, abayitabiriye baganira ku ikoreshwa ry’ururimi rw’amarenga, no ku mbogamizi abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bahura na zo mu byerekeranye n’itumanaho.
Nyuma y’uko Inteko Nkuru ya AEBR yateranye tariki 11 Gicurasi 2023 yatoreye Bishop Ndayambaje Elisaphane kuba Umuvugizi Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Amatorero y’Ababatisita mu Rwanda (AEBR), ku Cyumweru tariki 16 Kamena 2024, yimitswe ku mugaragaro.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kicukiro ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, bateguye ubukangurambaga bugamije kumenyekanisha amatora ari imbere mu Rwanda y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’abadepite. Ubwo bukangurambaga babujyanishije n’amarushanwa atandukanye, bukaba bwari bufite insanganyamatsiko igira iti “Imiyoborere (...)
Abarokokeye muri Saint Paul, Sainte Famille, CELA na CALCUTTA, tariki 14 Kamena 2024, bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye, ndetse ishyira mu myanya bamwe mu bayobozi, abandi bahindurirwa iyo bari barimo.
Abashakashatsi n’abahanga mu bijyanye no kubaka ubudaheranwa basanga hakwiye gushyirwaho gahunda zikomatanyije kugira ngo zifashe kubaka ubudaheranwa bwuzuye ndetse no kuvura ibikomere cyane cyane mu bihugu bikiri cyangwa bisohotse mu ntambara na Jenoside.
Ababyeyi barerera mu ishuri ry’incuke riri mu rwunge rw’amashuri rwa Kiruli mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo, bagaragaza ko iri shuri rifite akamaro kanini, kuko rifasha abana babo kugira ubumenyi buri ku rwego rwo hejuru, babagereranyije n’abataragize amahirwe yo kunyura muri iryo shuri.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, yasabye urubyiruko kuzagira uruhare mu kwishyiriraho ubuyobozi bwiza, batagendeye mu kigare no ku marangamutima, ahubwo bagendeye ku migabo n’imigambi abakandida bazababwira.
Abayoboke b’imiryango ishingiye ku myemerere (RIC) bo mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, tariki 07 Kamena 2024 bahuriye mu gikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka bagenzi babo bapfuye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, wateguye ibiganiro byahuje abakora mu miryango itari iya Leta (CSOs) hamwe n’abandi baturutse mu nzego za Leta, ababyitabiriye baganira ku ngingo zitandukanye zerekeranye (...)
Nyuma y’uko byagaragaye ko hari ababyeyi batumva akamaro gukina bifite mu buzima bw’umwana, u Rwanda n’abafatanyabikorwa, biyemeje gushyiraho politiki ifasha abana kwiga ibintu bitandukanye binyuze mu mikino (Learning through Play).
Abanyeshuri na bamwe mu barezi bo ku kigo cy’amashuri cya Kingdom Education Center giherereye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, tariki 04 Kamena 2024, basuye Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, baganirizwa na bamwe mu Badepite ku miterere n’imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko.
“Bandebereho: Ntuzagwingira Duhari” ni intero y’ababyeyi b’abagabo bo mu Karere ka Nyabihu biyemeje kugira uruhare mu kwita ku mikurire myiza y’abana. Ni na yo nsanganyamatsiko yagendeweho mu birori byo kwizihiza umunsi wahariwe imbonezamikurire y’abana bato (ECD Day), wizihirijwe ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu mu Kagari (...)