Ihuriro AFC / M23 ryihanganishije abaturage b’i Bukavu nyuma y’igitero cyiswe icy’iterabwoba cyagabwe ku mbaga yari iteraniye mu biganiro byahuje abaturage n’ubuyobozi bwa AFC/M23.
U Rwanda rwamaganye ibirego byashyizwe ku ngabo z’u Rwanda (RDF) byo kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kugaba ibitero ku basivile, nk’uko bigaragara mu itangazo ry’Inama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) yateranye (…)
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, wateguye ibiganiro byabaye tariki 29 Mutarama 2025, bihuza abakora mu miryango itari iya Leta (CSOs) hamwe n’abandi baturutse mu nzego za Leta.
Umuryango rusange w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (Association Générale des Handicapées du Rwanda- AGHR) tariki 18 Ukuboza 2024, wahurije hamwe abafatanyabikorwa batandukanye barimo abo mu nzego za Leta bashinzwe imyubakire, ndetse n’amahuriro y’abantu bafite ubumuga, baganirira ku ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza agenga (…)
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ihuriro ry’Imiryango itanga Ubufasha mu by’Amategeko (Legal Aid Forum), Me Andrews Kananga, avuga ko nka sosiyete sivile bafatanyije na Leta, bakwiye kongera ingufu mu bukangurambaga, abantu bakamenya uburenganzira bwabo, cyane cyane mu bice by’icyaro, bityo bamara kubumenya bakabuharanira.
Perezida Paul Kagame yashyize Madamu Domitilla Mukantaganzwa ku mwanya wa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Alphonse Hitiyaremye agirwa Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, nk’uko itangazo ryavuye mu biro by’Umukuru w’Igihugu ribivuga.
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha mu ruhame, urubanza ruregwamo Sergeant Minani Gervais w’imyaka 39, ukekwaho kurasa abaturage batanu mu Karere ka Nyamasheke abasanze mu kabari. Urubanza rurabera mu Kagari ka Rushyarara mu Murenge wa Karambi, aho icyaha cyabereye.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024 mu Mujyi wa Kigali hazatangira igerageza ry’uburyo bushya bwo kwishyura ingendo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, (…)
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yifatanyije n’Abayobozi b’Umujyi wa Kigali, ab’Akarere ka Nyarugenge ndetse n’abaturage bo mu Murenge wa Mageragere mu Kagari ka Nyaruyenzi, mu Mudugudu w’Iterambere, mu muganda rusange usoza ukwezi k’Ugushyingo 2024.
Ihuriro ry’Imiryango itanga Ubufasha mu by’Amategeko (Legal Aid Forum) ku bufatanye n’umuryango Thomson Foundation, bongeye gutanga umusanzu mu kubaka ubushobozi n’ubumenyi bw’abanyamakuru mu Rwanda mu bijyanye no gukora itangazamakuru ricukumbuye.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23 Ugushyingo 2024, bifatanyije na Hon. Tito Rutaremara n’abo mu muryango we, kwizihiza isabukuru y’imyaka 80 amaze avutse.
Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirwanira mu kirere (USAF) zatangaje ko hejuru y’ibigo bitatu bikoreramo izo ngabo mu Bwongereza, hagaragaye indege zitagira abapilote (Drones), abazibonye ntibabasha guhita bamenya aho zaturutse n’icyazigenzaga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Jean Bosco Ntibitura Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, asimbura Dushimimana Lambert wayoboraga iyi Ntara kuva muri Nzeri 2023.
Abantu bafite ubumuga bo hirya no hino mu Rwanda barashima Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda y’Abantu bafite Ubumuga (NUDOR) hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye babatekerejeho, bakabashyiriraho amatsinda yo kuzigama abafasha kwiteza imbere mu bijyanye n’ubukungu.
Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro tariki 09 Ugushyingo 2024 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, harimo umwanzuro wafatiwemo uvuga ko Dr. Pierre-Damien Habumuremyi yagizwe umwe mu bagize Inama y’Inararibonye z’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Ugushyingo 2024, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu biro bye (Village Urugwiro) ifatirwamo ibyemezo bikurikira:
Inararibonye mu bya Politiki, Hon. Tito Rutaremara, avuga ko ibyavuzwe na Abraham Lincoln ko Demokarasi muri Amerika ari iy’abaturage ; igakorwa n’abaturage igakorerwa abaturage, ari ikinyoma.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024 nta muntu mushya wabonetse wanduye icyorezo cya Marburg, nta wakize, nta n’uwapfuye, abantu batatu bakomeje kuvurwa.
Abagize ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda mu Karere ka Kicukiro, basanga kuba hari indangagaciro zarangaga Abanyarwanda bo hambere zagiye zitakara, ari imwe mu mpamvu ituma muri iki gihe hari ibibazo bigaragara mu mibanire y’abagize umuryango. Gusubira kuri izo ndangagaciro ngo ni ingenzi, bikaba biri mu byo (…)
Emmanuel Sitaki Kayinamura watangije umuryango ERM (Equipping, Restoring and Multiplying) avuga ko we n’abo bafatanya biyemeje gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda, by’umwihariko bibanda ku rubyiruko kugira ngo barufashe na rwo kwibeshaho ndetse na rwo rugire uruhare mu guteza imbere Igihugu.
Inzego z’ubuzima mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, zirashishikariza abaturage b’ako Karere, by’umwihariko abafite ubumuga, kwitabira ibikorwa biteganyijwe muri ako Karere bigamije gusuzuma no kuvura uburwayi bw’amaso.
Mu ijambo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavugiye mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama ya 27 y’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), irimo kubera i Apia muri Samoa, yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba rumaze imyaka ibiri ruyoboye uyu muryango.
Ibigwi bya Perezida Paul Kagame bikomeje kwigaragaza mu ruhando mpuzamahanga, aho kuri iyi nshuro yagenewe igihembo nk’Umunyafurika w’Umwaka (African of the Year) wa 2024, ashimirwa umuhate agaragaza mu guharanira impinduka ziganisha ku guteza imbere Umugabane wa Afurika.
Umuhanzikazi Celine Uwase yageneye ubutumwa abantu muri iki gihe bagaragara nk’abavuye mu nzira nziza bahozemo, ababwira ko bakwiye guhindura iyo myitwarire mibi bakava mu byaha, ahubwo bakarangwa n’imyitwarire myiza ishimwa n’Imana n’abantu.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024 habonetse undi muntu umwe wanduye icyorezo cya Marburg, akaba yabonetse nyuma y’ibipimo byafashwe aho umurwayi wa mbere yanduriye.
Perezida Paul Kagame yageze mu mujyi wa Apia, mu murwa mukuru wa Samoa, aho yitabiriye inama ya CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024 umuntu umwe ari we ukirimo kuvurwa indwara ya Marburg, uyu muntu akaba ari na we wari urimo kuvurwa ku wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024.
Perezida Kagame yibukije abayobozi muri rusange n’abarahiye by’umwihariko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, kubahiriza inshingano baba barahiriye, abasaba gukorera Abanyarwanda bose nta n’umwe basize inyuma.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize Dr. Patrice Mugenzi Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr. Marc Cyubahiro Bagabe agirwa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Abantu umunani bakize icyorezo cya Marburg ku wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 38.