Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, amuha ipeti rya General.
Abahagarariye inzego zitandukanye zirimo iza Leta, izigenga n’abafatanyabikorwa batandukanye, bahuriye mu biganiro tariki 19 Ukuboza 2023, mu rwego rwo kurebera hamwe uko gahunda yo gufasha abafite ubumuga bikorewe mu miryango bakomokamo cyangwa aho batuye, yarushaho kongerwamo ingufu.
Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe tariki 14 Ukuboza 2023, riravuga ko hakozwe impinduka zigamije guteza imbere no gushyigikira politiki y’ubuhanzi n’umuco.
Umujyi wa Kigali wifurije ikaze Bwana Samuel Dusengiyumva na Madamu Solange Ayanone, Abajyanama bashya binjiye mu nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali; unifuriza ishya n’ihirwe Bwana Rubingisa Pudence na Bwana Mpabwanamaguru Merard bari Abajyanama mu nama Njyanama y’Umujyi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023, yakoze impinduka mu nzego zitandukanye za Leta, harimo no mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA). Muri izo mpinduka harimo kuba Pudence Rubingisa wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, naho umunyamakuru (…)
Umwongereza Adam Bradford arahamya ko u Rwanda rufite umutekano uhagije Adam Bradford uba mu Rwanda ariko ukomoka mu Bwongereza, yatangaje ko iyo ari i Kigali mu Rwanda, aba yumva atekanye cyane kurusha uko aba yumva atekanye iyo ari i London mu Bwongereza. Ibi yabivuze nyuma y’uko tariki 12 Ukuboza 2023, Inteko Ishinga (…)
Umwongereza witwa Adam Bradford uba mu Rwanda avuga ko abarwanya umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza wo kohereza mu Rwanda abimukira n’abandi basaba ubuhungiro nta shingiro bafite kuko ibyo banenga u Rwanda ari ibinyoma.
Abakomiseri n’abandi bakozi ba Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu barishimira ubumenyi bungutse mu bijyanye no guhuza umutekano w’ibikorerwa kuri za murandasi by’ikoranabuhanga n’uburenganzira bwa muntu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe umusore w’imyaka 33 n’umukobwa w’imyaka 23 baherutse kugaragara bakorera imibonano mpuzabitsina mu ruhame.
Mu rwego rwo gukomeza gufatanya n’abaturage bo mu mujyi wa Brazzaville gusukura uyu mujyi, Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02 Ukuboza 2023, bazindukiye mu muganda rusange, mu gace ka Poto-Poto.
Speciose Mukantagengwa utuye mu Mudugudu wa Cyinkeri, Akagari ka Bitare mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, arashima umuryango Umuryango wa Gikristo witwa ‘Comfort My People’ wafatanyije n’ubuyobozi bwa Leta, by’umwihariko Umurenge wa Karama, bakamusanira inzu.
Urwego rw’Ubugenzacyaha ( RIB ) rwatangaje ko rwafunze abayobozi batandatu ba Koperative y’icyayi COOTHEVM yo mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
CIMERWA, uruganda rwa sima rumaze igihe kirekire rukorera mu Rwanda, igice kinini cyarwo cyeguriwe undi mushoramari ufite ibikorwa binini ku rwego rw’Akarere. Kompanyi yitwa National Cement Holdings Limited, ni yo yaguze urwo ruganda ku rugero rwa 99.94% nyuma yo kubyumvikanaho n’abari basanzwe bafite imigabane muri CIMERWA.
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kivuga ko kibabajwe n’urupfu rw’umwe mu basirikare bacyo wiciwe i Goma muri iki cyumweru, kandi ko cyatangije iperereza ngo hamenyekane uburyo yapfuye.
Inteko Rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro yateranye tariki 05 Ugushyingo 2023, irebera hamwe ibyagezweho, ndetse n’ibiteganyijwe mu minsi iri imbere, hagamijwe kwihutisha iterambere.
Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ku bufatanye na Kaminuza yo mu Bwongereza, Coventry University, yatangiye gukora ubushakashatsi bugamije gukusanya amakuru ku bwoko bushya bw’amashyiga akoresha imirasire y’izuba.
Tariki ya 02 Ugushyingo 2023, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kuzirikana umunsi wo guca umuco wo kudahana abakora ibyaha byibasira abanyamakuru (International Day to End Impunity for Crimes against Journalists - IDEI).
Raporo y’Umuryango wita ku buzima bwo mu mutwe (Mental Health Hub - mHub) igaragaza ko abakozi mu nzego zigenga no mu nzego za Leta bangana na 30,1% bagaragaza ibibazo by’umuhangayiko (stress) baterwa n’ubwoba bw’uko bakwirukanwa mu kazi no kuba batazamurwa mu ntera.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 66 y’amavuko.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza n’iterambere ry’ubukungu, Urujeni Martine, asanga abagore bakwiye guhindura imyumvire, bakumva ko bakwiye kubaho badateze amaboko ku bandi, ahubwo ko na bo bashobora gukora bakiteza imbere.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Nkundineza Jean Paul, Umunyamakuru wigenga (freelance). Akurikiranyweho ibyaha yakoreye ku murongo wa YouTube birimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru ku byaha no gukoresha ibikangisho
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafatiye mu cyuho Mutembe Tom, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ngoma na Mutabazi Célestin ushinzwe ishami ry’ibikorwa remezo n’ubutaka muri ako Karere (One Stop Center) bakira ruswa ya Miliyoni eshanu z’Amafaranga y’u Rwanda (5,000,000 Frw) kugira ngo (…)
Abatumiza imiti mu mahanga n’abayikwirakwiza mu bihugu byo muri Afurika, bagaragaza ko hakiri ibibazo byo kwitaho hagamijwe kunoza imikorere no kwita ku buziranenge bw’imiti.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 29 Nzeri 2023, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, habereye umuhango wo gusezera Abapolisi 112 baherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego zimwe na zimwe z’Igihugu.
Mu nama yigaga ku bijyanye n’uburyo imihindagurikire y’ibihe ishobora kugira ingaruka ku bantu bafite ubumuga, bamwe mu bafite ubumuga batanze ubuhamya, ndetse bavuga n’ibyo bifuza ko byakorwa mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo mu gihe habayeho ibiza, kuko baza mu cyiciro cy’abantu baba bakeneye kwitabwaho by’umwihariko.
Pastor Willy Rumenera uyobora umuryango witwa Comfort My People Ministry, avuga ko uwo muryango ukomeje intego yawo yo gufasha abantu no kubahumuriza, no kubabwira ko Imana ibakunda. Ni Umuryango wibanda ku bafite ibibazo bitandukanye nk’ababaswe n’ibiyobyabwenge, abafite ibibazo by’ubukene, abarwayi, n’abandi batandukanye (…)
Rwaka Parfait ni Umunyarwanda ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari umushoferi utwara imodoka ukora mu muryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (Rwanda National Union of the Deaf - RNUD).
Mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, tariki 15 Nzeri 2023, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y’ibanze y’amezi abiri ku bijyanye no gucunga umutekano wo mu mazi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize Dr. Jimmy Gasore ku mwanya wa Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, akaba asimbuye Dr. Ernest Nsabimana wari kuri uwo mwanya kuva tariki 31 Mutarama 2022, bivuze ko yari awumazeho umwaka n’amezi arindwi.