Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro, mu mpera z’icyumweru bwateguye Inteko y’Abahizi, Akarere gashimira Imirenge yabaye indashyikirwa mu bikorwa byimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda n’Imirenge yahize indi mu kurwanya ruswa n’akarengane.
Amashanyarazi kuri bose ni imwe mu ntego z’iterambere u Rwanda rwiyemeje kuba rwagezeho bitarenze umwaka wa 2024. Ni urugendo rutoroshye ariko rushoboka nk’uko byemezwa n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano iyi ntego.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe yishimira ko mu myaka 30 imaze ishinzwe hari byinshi yagezeho biri mu ntego yayo yo kwimakaza ihame ry’uburinganire, kurwanya ihohoterwa no guteza imbere umuco w’amahoro n’iterambere.
Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ivuga ko ihangayikishijwe n’ibikorwa by’ubujura bwibasira insinga zo ku miyoboro y’amashanyarazi bumaze gufata intera muri iyi minsi. Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Sosiyete ishamikiye kuri REG ishinzwe gutunganya amashanyarazi (EUCL), Bwana Wilson Karegyeya, avuga ko muri uku (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bufatanyije n’inzego z’umutekano n’Umujyi wa Kigal, i bakoranye Inama n’Abamotari tariki 14 Ukuboza 2022 igamije kunoza Umutekano, iyi nama ikaba yabereye kuri Stade ya IPRC Kigali.
Mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali habereye impanuka ikomeye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022, ikaba yabereye mu gace kazwi nka Kicukiro Centre, hafi y’ahaherutse kubakwa imihanda igerekeranye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga WaterAid ufasha mu kubona amazi meza, batashye amavomo umunani yubakiwe abaturage. Ni igikorwa cyahuriranye n’umunsi mpuzamahanga wo gukaraba intoki ndetse no gukoresha ubwiherero buboneye.
Abagize Inteko zishinga Amategeko baharanira iterambere ry’ubuhinzi n’imirire muri Afurika y’Iburasirazuba, tariki 09 Ukuboza 2022 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira inzirakarengane zirushyinguyemo.
Abantu benshi bakunda filime z’uruhererekane (Series), mwashyizwe igorora by’umwihariko abakoresha decoderi ya StarTimes, guhera tariki 8/ 12 / 2022 kuri shene ya ST Novela Plus CH 062 na CH 128 ( Dish ), muratangira gukurikira filime y’uruhererekane ( Series ) yitwa ‘THE UNIDENTICAL TWINS’.
Imikino y’Igikombe cy’Isi kirimo kubera i Qatar, muyikurikira binyuze kuri televiziyo y’u Rwanda, shene ya RTV CH 101 & CH 725 ( Dish) kuri Decoderi ya StarTimes. Kugeza ubu umubano hagati y’abareba televiziyo mu Rwanda hamwe n’ikigo cy’itangazamakuru RBA ukomeje kurushaho kuba mwiza, kubera imikino y’igikombe cy’Isi (...)
Murekatete Ruth utuye mu Mudugudu wa Rutagara ya kabiri Kagari ka Nzove mu Murenge wa Kanyinya muri Nyarugenge, avuga ko baba mu rugo ari abantu bane bari mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe aho buri wese aba asabwa umusanzu w’ubwiungane mu kwivuza w’amafaranga ibihumbi bitatu.
Mahoro Isaac, umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, uririmba ku giti cye, akomeje kugaragaza ko ari mu bahanzi bakunzwe bitewe n’ubuhanga mu miririmbire no mu bihangano bye, nk’uko abitabira ibitaramo amaze iminsi akorera hirya no hino mu Gihugu babikaragaza.
Mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, mu mpera z’icyumweru gishize hateraniye Inteko rusange y’urugaga rw’urubyiruko ku rwego rw’Akarere, yahuriyemo urubyiruko rwo muri Gasabo ruri mu nzego z’urubyiruko zitandukanye, harimo urubyiruko ruri mu nama y’Igihugu y’urubyiruko, urubyiruko rw’abakorerabushake kuva ku rwego (...)
Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko Dr. Sabin Nsanzimana agizwe Minisitiri w’Ubuzima, guhera kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022.
Abayobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ku itariki ya 26 Ugushyingo 2022 bifatanyije n’abayobozi ndetse n’abaturage b’Akarere ka Gicumbi hamwe na Guverineri w’Amajyaruguru mu gikorwa cy’umuganda rusange wibanze ku gutera ibiti mu Murenge wa Cyumba.
Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru mu Rwanda (RBA) kirafasha umubare munini w’abaturarwanda gukurikira iyi mikino neza mu mashusho ya HD kandi ku buntu. Ibi bishobokera ariko abakoresha decoderi ya StarTimes gusa, iriho RTV CH 101 mureba ku buntu. Kugeza ubu RBA yemeza ko izerekana imikino ikomeye irimo n’amakipe (...)
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ku bushakashatsi bwakozwe ku mibereho y’ingo mu Rwanda (EICV6, 2020) yasohotse mu 2021, yagaragaje ko ingo zigikoresha inkwi mu guteka zigera kuri 77.7%, mu gihe izikoresha amakara zo zibarirwa muri 17.5%. Ingo zikoresha gazi mu guteka ziracyari nke (4.2%) n’ubwo urebeye mu (...)
Imibare igaragara ku rubuga rwa Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) yerekana ko mu Rwanda ingo zifite amashanyarazi ziyongereye, ndetse n’izituye kure y’imiyoboro ubu zikaba zifite amashanyarazi zibikesha ahanini ibikoresho bitanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba. Ubu mu Rwanda ingo zifite amashanyarazi (...)
Kuva ku wa Mbere tariki 21 Ugushyingo, Polisi y’u Rwanda iregereza serivisi zo gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga abatuye n’abakorera mu Karere ka Rubavu mu rwego rwo kubafasha kubona iyi serivisi mu buryo buboroheye.
Kompanyi ikora mu bijyanye n’ikoranabuhanga yitwa NETIS RWANDA Ltd yateguye umunsi bise NETIS Technology Day, kugira ngo ihuze abakiriya bayo n’abantu bafasha mu kwigisha abakozi bayo, n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, kugira ngo basobanurirwe icyerekezo NETIS ifite muri rusange.
Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), umwanya yari asanzweho, akaba yari arangije manda ya mbere y’imyaka ine.
Intumwa z’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Senegal zashyikirije Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, inkunga y’amafaranga miliyoni eshanu n’ibihumbi magana icyenda na cumi na kimwe na magana atatu y’u Rwanda (5,911,300) bageneye abatishoboye bo muri ako Karere, mu rwego rwo kubafasha kwishyura ubwishingizi (...)
Nyuma yo kugabanya ibiciro bya Dekoderi, no kongera amashene kuri Dekoderi za StarTimes, muri ibi bihe bisoza umwaka StarTimes ibazaniye Poromosiyo yiswe ‘NEZERWA na STARTIMES’.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu karere ka Ngoma, ku wa Kabiri tariki ya 15 Ugushyingo, yagaruje amafaranga y’u Rwanda 1,096,000 agize amwe mu mafaranga umukozi wo mu rugo yari yibye uwo yakoreraga mu murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryafashe abagabo babiri bafatiwe mu bikorwa bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, aho umwe akurikiranyweho gukwirakwiza ibihuha mu gihe undi yafatiwe guhisha nimero iranga ikinyabiziga (Plaque) hagamijwe gukwepa ibihano ku makosa yo mu muhanda.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro bagize inzego z’ubuyobozi bw’umuryango ku rwego rw’Umurenge, Akagari n’Umudugudu, ku Cyumweru tariki 06 Ugushyingo 2022 bateraniye hamwe mu Nama y’Iteko Rusange mu rwego rwo kureba ibyo bagezeho cyane cyane muri uyu mwaka barimo gusoza, ndetse (...)
Urugo rwa Yankurije Jeannette na Bigenimana Richard ruherereye mu Kagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, ku wa gatandatu tariki 05 Ugushyingo 2022, rwabaye urugo rwujuje umubare w’ingo Miliyoni ebyiri zimaze kugezwaho amashanyarazi mu Rwanda.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yamenyesheje abanyeshuri n’abakozi b’ishuri rya RP-IPRC Kigali, ko iryo shuri rizongera gufungurwa ku wa Mbere tariki 07 Ugushyingo 2022.
Kompanyi yitwa ZINGA ikomoka mu Bubiligi igiye kuzana ku isoko ry’u Rwanda umuti urwanya ingese cyangwa se umugese ku byuma by’ubwoko butandukanye. Stany Mukurarinda uhagarariye iyi kompanyi mu Rwanda, yavuze ko imaze imyaka irenga 40 ikora imiti irwanya umugese n’ibindi byose byangiza ibyuma, bakaba ngo bifashisha (...)
Umusenateri wo muri Kenya witwa Karen Nyamu ndetse n’itsinda bari kumwe, mu mpera z’icyumweru gishize bagiriye uruzinduko mu Rwanda, bagamije kurwigiraho uko rwateje imbere ikoranabuhanga haba mu bakozi ndetse no muri serivisi zitandukanye zihabwa abaturage.