Kabarore: Inzu y’ubucuruzi yibasiwe n’inkongi y’umuriro

inzu y’ubucuruzi y’uwitwa Kalisa Eugene iherereye mu murenge wa Kabarore, Akagari mu karere ka Gatsibo yafashwe n’inkongi y’muriro irashya irakongoka na bimwe mu bikoresho n’ibicuruzwa byarimo bikangirika.

Iyi nkongi yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 4 Kamena 2015, ahagana mu masaha ya sa yine, ubwo nyir’inzu atari ahari. Bamwe mu babibonye bahise banatabara, bemeza ko umuriro w’amashanyarazi ari wo ushobora kuba wabaye intandaro y’uku gushya.

Abaturage bagerageje gutabara ngo bagire icyo baramira biba ibyubusa.
Abaturage bagerageje gutabara ngo bagire icyo baramira biba ibyubusa.

Karasira Fausitin ni umwe mu bakoreraga muri iyi nzu, yavuze ko yari ahari ariko igihe umuriro wagenda akaba yari agiye gufasha undi mucuruzi ari naho yaje kubwirwa ko inzu yari avuyeho imaze gufatwa n’umuriro.

Yagize ati “Kuva na kare nkaba nakomeje kubona umuriro w’amashanyarazi uza nabi, mpitamo gucomokora ibikoresho uretse ko hari telefoni yasigaye icometse ishobora kuba ari nayo yabiteye.”

Iyi niyo nzu y'ubucuruzi yafashwe n'inkongi y'umuriro.
Iyi niyo nzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’umuriro.

Umuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard bwashimiye abaturage uburyo bagaragaje umuco mwiza wo gutabarana bunabasaba kuwukomeza. Yavuze ko muri aka karere hakozwe ubukangurambaga, abaturage bashishikarizwa gutunga za kizimyamwoto mu rwego rwo kwirinda inkongi.

Uhagarariye Urugaga rwabo mu karereb ka Gatsibo Mutaboza Benon, avuga ko icyo uru rwego rukora ku bijyanye n’impanuka zibasira abikorera, ari ukubashishikariza gushinganisha ibikorwa byabo mu bigo by’ubwishingizi, kandi ngo abenshi barabyitabira.

Ibi ni bimwe mu bicuruzwa n'ibikoresho byangirikiye muri iyi nzu.
Ibi ni bimwe mu bicuruzwa n’ibikoresho byangirikiye muri iyi nzu.

Abakoreraga muri iyi nzu bavuva ko ibyangiritse byaba bifite agaciro k’amafaranga y’u rwanda agera byibura kuri miliyoni 4.5. Ni ubwa mbere hagaragaye impanuka y’inkongi y’umuriro muri iyi santeri ya Kabarore, ari n’imwe muri santeri z’ubucuruzi zikomeye muri aka Karere.

Benjamin nyandwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Kabarore ni muri Gatsibo

Theo yanditse ku itariki ya: 4-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka