Rubavu: Impanuka y’imodoka iguye mu Kivu ihitanye uwari uyitwaye

Umugabo witwa Butera Desire wo mu karere ka Rubavu aguye mu mpanuka y’imodoka imutaye mu Kivu, ubwo yaturukaga ku mupaka munini yerekeza mu mujyi wa Rubavu, mu masaha y’isaa tanu zo kuri uyu wa gatatu tariki 3/6/2015.

Abatangabuhamya babonye iyo mpanuka, babwiye Kigli Today ko ntawakwemeza ko ari impanuka imugwiriye cyangwa se yaba yabikoze abishaka, ariko bose bagahuriza ko yari atwaye avugira kuri telefone ariko afite umuriro uringaniye.

Ingabo zirwanira mu mazi nizo zatangiye gukora igikorwa cyo gushaka iyo modoka.
Ingabo zirwanira mu mazi nizo zatangiye gukora igikorwa cyo gushaka iyo modoka.

aho impanuka ibereye ni ku muhanda wa kaburimbo unyura ku mupaka munini unyura ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.

Ingabo zirwanira mu mazi zahise zikora ubutabazi zikuramo umurambo wa nyakwigendera ariko imodoka ikaba igishakishwa itaraboneka. Polisi yo yirinze kugira icyo itangaza, inakumira abanyamakuru kugera ahabereye impanuka.

Polisi yakumiriye itangazamakuru mu gihe ikegeranya amakuru ku cyateye impanuka.
Polisi yakumiriye itangazamakuru mu gihe ikegeranya amakuru ku cyateye impanuka.

Butera yari umuturage usanzwe mu karere ka Rubavu, yari afite ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi n’ubworozi.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nonese ntakundi aheza nimwijuru niho mwifurije niho atiyahuye kubushacye

elias yanditse ku itariki ya: 3-06-2015  →  Musubize

Nonese ntakundi aheza nimwijuru niho mwifurije

elias yanditse ku itariki ya: 3-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka