Muri 2020 Polisi izakomeza gahunda ya ‘Gerayo amahoro’ iyifatanye n’indi yitwa ‘Rengera Umwana’
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko gahunda yiswe ‘Gerayo Amahoro’ yo gukumira impanuka mu mihanda muri 2019, yagabanyije impanuka ku rugero rungana na 17%.

Polisi yabwiye Itangazamakuru kuri uyu wa gatanu ko igiye kurushaho gukaza iyi gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ muri 2020, ndetse ko izayifatanya n’indi yitwa ’Rengera Umwana’ igamije gukumira ihohoterwa ribakorerwa.
Polisi yishimira kuba u Rwanda rushoje umwaka wa 2019 runatangiye uwa 2020 rufite umutekano uhagije muri rusange.
Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, CP Rafiki Mujiji, yasobanuye ko muri 2019 hagaragaye impanuka 4,661, mu gihe umwaka wawubanjirije wa 2018 wagaragayemo impanuka 5,611.
Iri gabanuka ringana na 17% ngo riterwa n’imbaraga yashyize muri gahunda yiswe ‘Gerayo Amahoro’ yatangiye mu kwezi kwa Gicurasi kugera mu Kuboza mu mwaka ushize wa 2019.
Polisi ivuga ko ikomeje korohereza abantu gukora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga hakoreshejwe ikoranabuhanga, aho yatanze impushya 137,811 muri 2019.
Ivuga ko n’ubwo itanga izi mpushya ngo itazajenjekera abakora amakosa, ndetse ikaba yarafatiye mu makosa abagera ku 309, 636 bahawe ibihano byo gucibwa ihazabu (contraventions).

CP Mujiji avuga ko impanuka zagabanutse cyane kuva mu kwezi kwa cyenda k’umwaka ushize kugera mu Kuboza 2019, ndetse ko kuva ku itariki 31 y’ukwezi gushize kugeza ubu ngo hamaze kuba impanuka imwe gusa yatewe n’umuntu wagonze umwana wo mu muryango we".
Ati"Dufite icyizere ko impanuka zizagabanuka muri uyu mwaka wa 2020, tuzakomeza ubukangurambaga cyane cyane ku batwara amagare bataragira amategeko abagenga".
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera akomeza avuga ko muri gahunda ya ‘Rengera umwana’ bazagerageza kumenya abasambanya abana kugira ngo ‘bahigwe bukware’, ndetse n’ababakoresha imirimo ivunanye.
Polisi y’u Rwanda izizihiza muri Kamena 2020 isabukuru y’imyaka 20 imaze ishinzwe, ikaba yishimira ko kugeza ubu ifite ubushobozi bwo gukumira ibyaha birimo ibiyobyabwenge, ubujura, guhutazanya n’ubwicanyi mu muhanda, n’ahandi hose ndetse no kurinda inyubako n’ibikorwa bya Leta.
Inkuru zijyanye na: Gerayo Amahoro
- Polisi na FERWACY bifatanyije mu bukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’
- Gerayo Amahoro ishobora kurenga imbibi z’u Rwanda binyuze mu ba Guide n’Abasukuti
- Abantu bakwiye kwirinda impanuka bakagera ku rusengero amahoro- Pasitoro Ruhongeka
- Irinde ‘Nakererewe reka mfate akamoto’ - CP Kabera
- Amafoto: Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yakomereje mu itorero ry’Abadiventiste
- Ubutumwa butangiwe mu misigiti burubahwa cyane - Sheikh Gabiro avuga kuri Gerayo Amahoro
- Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakomereje mu idini ya Islam (Amafoto)
- Itorero ry’Abadivantisite na ryo ryahigiye kwigisha ‘Gerayo Amahoro’
- Gerayo Amahoro yitezweho kugabanya ubumuga buterwa n’impanuka
- Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakomereje mu matorero ya Porotesitanti (Amafoto)
- Ntimugatware ibinyabiziga mucunga Polisi -CSP Businge
- Gerayo Amahoro: impanuka zo mu muhanda zimaze kugabanukaho 11% mu Burasirazuba
- ‘Gerayo Amahoro’ na ‘Rengera Umwana’ bizigishwa mu materaniro Gatolika yose
- Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakomereje muri Kiliziya Gatolika (Amafoto)
- Polisi irifuza ko abantu basoza umwaka nta mpanuka
- Polisi y’u Rwanda irifuza ko impanuka zo mu muhanda zigera kuri 0%
- Nyuma y’umuganda ikipe ya Police FC yatanze ubutumwa bwa ‘Gerayo Amahoro’
- Buri wese akwiye kugira gahunda ya Gerayo Amahoro iye - CP Kabera
- Polisi na FERWAFA batangije ubukanguramba bwa Gerayo Amahoro ku bibuga by’umupira
- Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bukomereje mu nsengero
Ohereza igitekerezo
|