Imvura yamanukanye imodoka iyiroha mu kiraro muri Nyabugogo

Imvura yaguye ku mugoroba wa Noheli 2019 mu Mujyi wa Kigali yateje imyuzure n’imivu y’amazi, kugeza n’aho itembana imodoka.

Iyi mvura yamanukanye imodoka iyikuye mu igaraje iyiroha muri ruhura yitwa Mpazi igabanya Cyahafi na Kimisagara muri Nyarugenge, iyo modoka ikaba yaje gutangirwa n’ikiraro muri Nyabugogo.

Urugendo imivu y’imvura yagendesheje iyo modoka rurarenga ikirometero kuko ngo yari iri mu igaraje hafi y’urusengero rwitwa Restoration Church.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa "Hyundai Santa Fé" ifite plaque nimero RAD 480Y, ni iy’uwitwa Nshimyumuremyi Aimable.

Nshimyumuremyi agira ati "Iyi midoka yari iri kumwe n’izindi ariko ni jye bahamagaye ko yavanywemo n’imivu y’imvura ikayigeza Nyabugogo, ni imodoka ifite agaciro k’amafaranga miliyoni 15".

Hitabajwe polisi kugira ngo iyi modoka ikurwe muri ruhurura yari irimo
Hitabajwe polisi kugira ngo iyi modoka ikurwe muri ruhurura yari irimo

Avuga ko yari yarayifatiye ubwishingizi ariko ko atazi niba bazamuha ubw’uko imodoka ye yangijwe n’ibiza.

Mu gusayura iyo modoka Polisi yifashishije imodoka yitwa ’Breakdown’ isanzwe ariko biba iby’ubusa, biba ngombwa ko polisi yifashisha indi modoka nini cyane yifashishwa mu guterura ibintu.

Mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali kuri uyu munsi ukurikira Noheli, abacuruzi basohoye ibyangijwe n’imyuzure yateye mu nzu z’ubucuruzi bashaka kubyanika, ariko bavuga ko hari impungenge z’uko imvura ishobora kongera kugwa.

Inkuru bijyanye:

Kuri uyu wa kane hateganyijwe indi mvura mu bice bitandukanye by’igihugu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

Rwose bakore new design bakoresheje max.intensity yi yimvura bakubeho 0.95 rwose kuko ibi biradusebya as water engineer.n

Hakuzimana eric yanditse ku itariki ya: 28-12-2019  →  Musubize

Rwose bakore new design bakoresheje max.intensity yi yimvura bakubeho 0.95 rwose kuko ibi biradusebya as water engineer.n

Hakuzimana eric yanditse ku itariki ya: 28-12-2019  →  Musubize

Ndashimira inzigo zaleta zose uko zingana mubwitange bwabo noguharanira amahoro yaburimunyarwanda wese imana ikomeze kubaha byose bicyenewe.

Reka nanenge umwe mubanditse hejuru avuga ngo ntiyunva uko invura itakoherezwa ahandi niba afite ubwobushobozi kucyi adatanga umusanzu nkumunyabwenjye konatwe byadushimisha niba we arenze ugukora kwimana. Nkashaka nogutanga igitekerezo niba tuba tudafite ibyokuvuga twagiye duceceka mumwanya wokuvuga ibitaduhesha agaciro nkabantu. Namwe mufata msgs mwakagiye musangiza izifite icyo zivuze cyangwa zungura. Murakoze imana ibarinde.

Marie ann yanditse ku itariki ya: 27-12-2019  →  Musubize

Mwaramutse neza turashimira police y’uRwanda idahwema kuducungira umutekano nkabanyaRwanda nibakomeze babungabunge ubuzima bwabaturage kandi uturashimira nizindi nzego zaleta zituba hafi mubuzima bwacu bwaburimunsi

Ndagijimana Emmy yanditse ku itariki ya: 27-12-2019  →  Musubize

I pray God to see us through not to face such big challenges in the year 2020

Dolcah yanditse ku itariki ya: 26-12-2019  →  Musubize

Muraho,gusa birababaje nanone turashima ubushake leta iba yashyizemo mukwita kubaturage.
Reka natwe turusheho guhagaciro ubuzima tuva mumanegeka nubwo aribintu bigoye kandi bisaba ubushibozi ahorero niho tuba tunategereje uruhare rwa leta yacu.
Murakoze jyewe ntabwo ndi murwanda ariko nkurikirana ibibera mugigugu cyange umunsi kuwundi kuko ndagikunda.
Twese Imana iduhe gusoza umwaka neza.

Ndayisaba yanditse ku itariki ya: 26-12-2019  →  Musubize

Ariko sinumva ukuntu hatashakwa uburyo imvura ikabije itajya yoherezwa ahadatuwe nahadakorerwa kd turi mu iterambere.abiga iby ikirere bagombye kugira icyo bakora

Bosco yanditse ku itariki ya: 26-12-2019  →  Musubize

Nibyiza gutekereza ko imvura ikabije ishobora koherezwa ahadakorerwa arko aha wirengagije ko Imana ariyo iri hajuru ya byose.

Ahubwo nukongera ibihe byo gusenga.

Catherine yanditse ku itariki ya: 27-12-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka