Ababyeyi benshi babona abana bamera amenyo ndetse igihe kikagera bakabona arakutse ariko bamwe ntibaba bazi igihe ibyo byombi bibera n’ibyiciro binyuramo.
Umuryango Love with Actions ukorera mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo uravuga ko ukomeje kubona abana bahishwe n’imiryango yabo kubera ipfunwe ryo kuba barabyaye abafite ubumuga.
Ihuriro ry’impuzamiryango itegamiye kuri leta igamije kurwanya imirire mibi ‘SUN Alliance’ ritangaza ko mu gihugu hose ubu habarurwa abana barenga ibihumbi 800, bari munsi y’imyaka itanu bugarijwe n’ingaruka z’imirire mibi no kugwingira.
Muhawenimana Jeanne (izina yahawe) yabyaye afite imyaka 15 bituma ata n’ishuri. Avuga ko kugira ngo aterwe inda byavuye ku kutamenya amakuru ngo bimufashe kwirinda icyo kibazo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ukwakira 2019, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda giherereye ku Kacyiru mu karere ka Gasabo, habereye igikorwa cyo gutanga amaraso cyateguwe na Polisi ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC).
Minisiteri y’ubuzima ivuga ko n’ubwo imbasa iheruka kugaragara mu Rwanda mu mwaka wa 1993, gukingiza abana neza ari byo bizayiheza burundu.
Ubushakashatsi bwiswe RPHIA bwari bumaze iminsi bukorwa bwerekanye ko SIDA mu Rwanda itiyongereye muri rusange mu myaka isaga 10 ishize, kuko ubushakashatsi buheruka bwa 2005 na bwo bwari bwerekanye ko yari kuri 3%, ari wo mubare wagenderwagaho kugeza ubu.
Urugaga nyarwanda rw’abavuzi gakondo(AGA-Rwanda Network), ruramagana abiyitirira umwuga w’ubuvuzi gakondo, banga kwiyandikisha mu rugaga ngo bakore nk’abaganga bazwi, aho bamwe bavura batabifitiye ubushobozi bikaba bikomeje kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage.
Inzobere mu bijyanye n’indwara zo mu mutwe zivuga ko ubwumvikane buke hagati y’abantu butera uburwayi bwo mu mutwe mu gihe hatabayeho kwiyakira no kwihangana.
Abantu bafata ibinure mu buryo butandukanye bitewe n’uko babyumvise babibwiwe n’abandi, cyangwa se bitewe n’amabwiriza bahawe na muganga cyangwa abize iby’imirire ku mpamvu zitandukanye. Hari ukubwira ati “Ibinure ni byiza ku mubiri”, undi ati “Ni bibi cyane bitera indwara”, n’ibindi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima(RBC) hamwe n’imiryango ifatanya na cyo, baravuga ko inkomoko y’indwara zo mu mutwe ahanini ngo ari amakimbirane abera mu miryango.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yagaragaje ko abana bangana na 7% batabona inkingo zose naho ababyeyi 9% bakaba bakibyarira mu rugo. Minisitiri Gashumba yasabye ko inzego zitandukanye zikwiye gufatanya kugira ngo icyo cyuho gikurweho.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke barakangurirwa kwita ku buzima bw’umwana kuva agisamwa na nyuma yo kuvuka, kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi bigira uruhare mu kwangiza ubuzima bwo mu mutwe, kuko ari bwo buryo butanga icyizere cyo kugabanya ibyago byo kurwara indwara y’igicuri.
Umusore w’imyaka 23 arasaba abagiraneza kumufasha kwishyura servisi yo kuyungurura impyiko, kuko uwamufashaga kwivuza avuga ko ubushobozi bwamushiranye.
Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu bijyanye n’imitekerereze ya muntu bugaragaza ko abakora imibonano mpuzabitsina bakiri bato bibangiriza ubwonko.
Mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 04 Ukwakira 2019 hasojwe amahugurwa yahabwaga abaganga mu birebana no kuvura kanseri, indwara zo mu mutwe, ubwonko n’imitsi.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko umuntu 1/1000 atabona naho 1% akaba abona nabi. Ubumuga bwo kutabona burimo ibyiciro bitewe n’urwego bugezeho. Hari abatabona burundu, ababona gahoro, ababona kure ntibabone hafi n’ababona hafi ntibabone ibiri kure.
Inzobere mu kuvura abana, Prof. Joseph Mucumbitsi, avuga ko umwana na we arwara kanseri zitandukanye kandi ko nta buryo buhari bwo kuzimurinda, gusa ngo kumusuzumisha ni ingenzi kuko iyo ndwara iyo imenyekanye hakiri kare ivurwa igakira.
Abatuye imirenge inyuranye igize akarere ka Nyabihu bari mu byishimo nyuma yo kugezwaho amazi meza, mu gihe bari bamaze imyaka myinshi bavoma ibirohwa bari barahaye izina rya Firigiti.
Bamwe mu bagabo bafite abagore bitabiriye gahunda yo kuboneza urubyaro baranenga uburyo bwo kuboneza urubyaro ku bagore bw’agapira n’ibinini kuko bibabyibushya cyane, abandi bikabananura hakagira n’abo bitera uburwayi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko abacuruzi bakwiye gufasha abakene mu iterambere kuko ari uburyo bwo gutuma na bo babona abakiriya.
Abahanga mu by’imiti (pharmaciens) baravuga ko kuba umubare wabo ukiri muto, kubura imiti n’amakuru kuri yo, biri mu biteza abaturage benshi kwivurisha ibyatsi n’amasengesho.
Abaganga b’inzobere mu kuvura kanseri y’ibere n’ibibyimba byo mu mutwe baturuka muri bimwe mu bihugu by’i Burayi, bari mu Rwanda aho ku bufatanye n’abo mu Rwanda batangiye kuvura kanseri y’ibere ku buntu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, avuga ko bigayitse kuba Akarere ka Nyagatare gafite inka n’umukamo mwinshi mu gihugu ariko kakarwaza bwaki.
Mu gihe iminkanyari kuri bamwe ifatwa nk’ikimenyetso cy’ubukure mbese umuntu ageze mu zabukuru, hari izindi impamvu zinyuranye zitera kuzana iminkanyari imburagihe. Bikunze kugaragara aho usanga umuntu ukiri muto afite iminkanyari mu maso ku gahanga harajeho imirongo ari yo yitwa iminkanyari.
Nyuma y’uko ubushakashatsi buheruka bwagaragazaga ko akarere ka Nyabihu ari ko kari ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bagaragayeho ikibazo cyo kugwingira, abaturage bahagurukiye icyo kibazo biyemeza kukirwanya bitabira amasomo mbonezamirire.
Nyuma y’uko ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byatanze amatangazo ahamagarira abantu kwikingiza ku buntu indwara ya Hépatite B, abivuriza kuri RAMA ntibahawe servise bari bijejwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) kuri uyu wa kabiri tariki 24 Nzeri 2019 yakoze umwitozo wo kwirinda no kurwanya Ebola.
Abaforomo n’ababyaza bo mu bitaro bya Butaro baravuga ko batabona aho bacumbika hafi y’ibitaro bikabagiraho ingaruka zo kutanoza serivisi batanga, na bo ubwabo bikababangamira.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu nama y’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 74 irimo kubera i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko mu byo u Rwanda rwitayeho mu iterambere harimo guteza imbere ubuvuzi n’imibereho myiza y’abaturage.