Abakozi mu nzego zitandukanye za Leta bakoreye urugendo mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 17/09/2013 mu rwego rwo gukemura ibibazo abaturage b’aka karere bari bamaze iminsi babashyikiriza bavuga ko akarere kabarenganyije.
Kuri uyu wa 13 Nzeli 2013, Inteko rusange y’Umutwe wa Sena yateranye mu gihembwe kidasanzwe iyobowe na Perezida wa Sena Dr. Ntawukuliryayo Jean Damascène yemeje abayobozi mu bakandida yari yashyikirijwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika mu nzego nkuru z’ubutabera.
Col. Laurent Serubuga wabaye umugaba mukuru wungirije w’ingabo zatsinzwe (ex-FAR) yarekuwe by’agateganyo n’urukiko rwo mu Bufaransa kuri uyu wa 12/09/2013, nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yo muri 1994.
Abagabo bane bo mu kagari ka Gaseke, mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera, bashinjwa gufatanwa ikiyobyabwenge cya kanyanga baciriwe urubanza imbere y’imbaga y’abaturage batuye muri ako gace.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu bwamurikiye abanyamakuru abapolisi 34 bakurikiranyweho icyaha cyo kurya ruswa. Iki cyaha bagikoze hagati y’ukwezi kwa Gatanu n’ukwa Cyenda uyu mwaka, nk’uko Umuvugizi wa Polisi ACP Damas Gatare yabitangaje.
Perezida Kagame yatanze igitekerezo ko umubare munini w’ibirarane by’imanza ziterwa n’ubwinshi bw’abatanga ibirego wacyemurwa no kongerera ubushobozi inzego z’abunzi, gukoresha ikoranabuhanga ndetse no kongera ihazabu n’ibihano bigenerwa abanyamakosa.
Kuva muri Mata 2011, ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashanyarazi EWSA gitangiye imirimo yo gukora umuyoboro w’amashanyarazi uzayavana ku rugomero rwa Nyabarongo uyajyana i Kirinda, bamwe mubaturage babaruriwe imitungo bakaba batarishyurwa barasaba ko EWSA yabaha ingurane zabo kuko ngo barambiwe gutegereza.
Leta y’u Rwanda yishyuye amafaranga arenga miliyari 2,37 mu manza yatsinzwe mu nkiko, ahanini bitewe no kutubahiriza amasezerano ibigo byayo byagiranye na ba rwiyemezamirimo ndetse na bamwe mu bakozi bagiye birukanwa binyuranyije n’amategeko.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, yasabye abanyeshuli barangije kwiga amasomo y’ubumenyingiro mu mategeko mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ( ILPD) riri mu karere ka Nyanza kuba inyangamugayo.
Impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza yatangije umushinga ukomeye wo gusaba abacamanza kutazongera guhanisha abajura igihano cyo gufungwa ngo kuko ntacyo cyimarira uwibye n’uwibwe ndetse ngo bigahombya n’abaturage muri rusange.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aravuga ko uburyo Abanyarwanda babanye muri iki gihe ari umusaruro w’intambwe igihugu cyafashe mu kubaka ubutabera.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumuhanaguraho icyaha yari akurikiranyweho cyo “gutanga impano kugira ngo hakorwe ibinyuranyije n’amategeko”.
Imanizabayo Clementine wo mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro arashaka indezo y’umwana yabyaranye na Hanyurwabake Laburenti mu buryo butemewe n’amategeko, ariko ubuyobozi bw’umurenge bukaba buvuga ko kurangiza urwo rubanza bigoye kuko Hanyurwabake adashobora kubona ibyo atanga byo kurera uwo mwana.
Abantu batanu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umunyeshuri witwa Dusabeyezu Sehungu Emmanuel bagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Gihango ruherereye mu karere ka Rutsiro, tariki ya 07 n’iya 09/08/2013 kugira ngo basabirwe kuba bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 kubera ibyaha bakurikiranyweho.
Ishyirahamwe ry’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA), ritangaza ko bamwe mu barokotse Jenoside barenga ibihumbi icyenda, bahangayikishijwe n’imanza z’imitungo zitarangijwe n’inkiko Gacaca, mbere y’uko zisozwa mu mwaka ushize wa 2012.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rugando mu murenge wa Kimihurura akarere ka Gasabo, buratabariza ikibazo cy’ikibanza kiburanwa n’umusaza Mugiziki Aloys na Fred Ntagungira Alias Rushirabwoba kuko ngo gishobora gutuma umwe muri bo ahasiga ubuzima.
Urwego rw’umuvunyi ruvuga ko rwafatiye mu cyuho umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Jean Pierre Ndagijimana, arimo guha ruswa umukozi w’urwo rwego, kugirango aburizemo dosiye imushinja kuba ataramenyekanishije muri uyu mwaka umutungo wose afite.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) ruratangaza ko bamwe mu bagororwa barangije ibihano byabo ku byaha bya Jenoside bakoze, batinda gutaha ahanini biturutse ku kuba amadosiye yabo atuzuye kubera aho bafunzwe mbere y’uko bakatirwa.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abaturage kwirinda imanza zidafite aho zishingiye kuko bikurura amacakubiri mu miryango bikanadinziza iterambere ryayo.
Bernard Munyagishari wayoboraga MRND ku Gisenyi akaba yari afungiye ku rukiko mpuzamahanga mpanabayaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) yoherejwe kuburanira mu Rwanda. Yagejejwe i Kigali kuri uyu wa gatatu tariki 24/7/2013, ahagana saa 17h15.
Kuri uyu wa kabili tariki 23/07/2013, mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, ubuyobozi bwasabye ko impfubyi ya Jenoside isubizwa isambu yari yarambuwe mu buriganya n’umuntu wamufatiranye mu bibazo akiri umwana muto.
Bamwe mu bavuga ko banyazwe amasambu yabo akandikwa mu mazina y’abatari ba nyirabwo barasaba ko habaho ubutabera bumeze nka “Gacaca” kuko inkiko zisanzwe zibakerereza.
Abagana inzu y’ubufasha mu mategeko MAJ (Maison d’acces a la Justice), barashima uko bakirwa n’abakozi b’uru rwego n’inama bagirwa kuko zibafasha mu myanzura bafata ku nzira zo kunyuzamo ibibazo bya bo.
Kuva mu 2005 kugera mu 2013 abacamanza umunani n’abanditsi b’inkiko 17 barirukanwe mu kazi kabo nyuma yo kugaragaraho ruswa mu bucamanza, nk’uko bitangazwa n’umukuru w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege.
Beatrice Munyenyezi w’imyaka 43 yahamijwe icyaha cyo kubeshya mu makuru yatanze ahakana ko nta ruhare yagize muri Jenoside kugira ngo abone uburenganzira bwo kuba muri Amerika nk’impunzi bityo urukiko rwa New Hampshire rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, asanga abunzi bakwiye guhabwa agaciro bakitabwaho ku bw’umurimo bakora ukomeye. Ibi minisitiri yabitangarije mu karere ka Muhanga ubwo yaganiraga n’abakozi b’iyi minisiteri bakorerera mu turere 15 tw’igihugu bashinzwe inzu zunganira mu mategeko (MAJ).
Col. Laurent Serubuga wari wungirije umugaba mukuru w’ingabo zatsinzwe (ex FAR) akaba yaratawe muri yombi na Polisi y’igihugu cy’u Bufaransa tariki 11/03/2013 agombwa kwitaba ubutabera ku wa kane w’iki cyumweru tugiye gutangira.
Kuba mu mwaka wa 2013-2014 ibibazo by’imitungo yangijwe muri Jenoside bizarangizwa mu Karere ka Huye, byavuzwe na Mutwarasibo Cyprien, umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.
Abaturage baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera babifashijwemo cyane cyane n’inzu z’ubujyanama mu by’amategeko zabashyiriweho muri buri karere, zizwi cyane nka MAJ.
Abanyamategeko b’i Paris batangije iperereza ku ruhare rw’uwari umukapiteni mu ngabo z’u Bufaransa mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Paul Barril. Iperereza ryatangijwe tariki 24/06/2013, mu rukiko rwisumbuye w’i Paris.