Gatumba: Umuturage amaze imyaka 10 asiragizwa mu nkiko

Mukarugema Annonciata wo mu kagali ka Ruhanga, umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero arasaba ubuyobozi bw’akarere kumurenganura nyuma y’imyaka 10 asiragizwa mu nkiko kandi atsinda ntasubizwe ibye.

Mukarugema w’imyaka 61 avuga ko asiragizwa n’umugabo wabo (murumuna w’umugabo we) witwa Ildephonse Ntawugirirabino, ushaka kumuvana mu mutungo we n’umwana we yasigiwe n’umugabo we witabye Imana mu mwaka w’1998.

Uyu mubyeyi avuga ko murumuna w’umugabo we yashatse kugabana umutungo na Mukarugema avuga ko hari umwana mukuru we yabyaye hanze witwa Alice kandi akaba yaramwemeraga mbere y’uko apfa bityo akaba agomba kumuha umunani mu bya se.

Mukarugema yicaye ku biro by'akarere ategereje abayobozi.
Mukarugema yicaye ku biro by’akarere ategereje abayobozi.

Mukarugema n’abandi bo muri uwo muryango bo bavuga ko uwo mwana atazwi. Nyuma byageze aho Ntawugirirabino mu mwaka w’2004 azana umugore witwa Alice utazwi aho yaturutse maze aburana avuga ko ariwe usaba umunani, ariko nyuma abonye ko nta bimenyetso arigendera ntiyagaruka kuburyo abaturage bavugaga ko ari uwo Ntawugirirabino yatiye ngo amwifashishe.

Mukarugema avuga ko kuva mu mwaka wa 2003, Ntawugirirabino yihaye igice cy’isambu ye akaba ariwe ugikoresha ndetse akaba aherutse no gutema insina zari zihahinze mu rwego rwo guhima uwo mukecuru.

Kimwe mu byo Mukarugema asabira kurenganurwa ngo ni uko mu manza bagiranye zose yagiye amutsinda ariko ngo kubera kumurusha amaboko akamuca inyuma yifashishije ikimenyane maze urubanza rwe ntirurangizwe, kugeza n’aho afunzwe.

Mu mwaka wa 2005 urukiko rwitwaga urwa Nyagisagara ruri aho i Gatumba rwabaciriye urubanza maze nabwo Mukarugema aratsinda ariko yimwa imyanzuro y’urubanza kugeza ubwo yaruheshejwe n’abafasha mu by’amategeko bakorera mu karere ka Ngororero mu mwaka wa 2012, nk’uko bigaragara kumwanzuro w’urwo rubanza RC00099/05/TD/NYGRA.

Alice witwazwa na Ntawugirirabino nta ba mu ndangamuntu y'umugabo wa Mukarugema.
Alice witwazwa na Ntawugirirabino nta ba mu ndangamuntu y’umugabo wa Mukarugema.

Kuri ubu, Mukarugema avuga ko ahora asiragira ku karere yatumijwe hamwe n’uwo baburana ngo ikibazo kirangizwe ariko uwo baburana ntiyitabe, bityo akaba asaba abayobozi kumukemurira ikibazo burundu.

Umukozi w’akarere ushinzwe imiyoborere myiza, Ndayambaje Vedaste Garoi, yadutangarije ko bagiye gushyira imbaraga mu kurangiza icyo kibazo hakurikijwe amategeko n’imyanzuro y’imanza zabaye.

Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwihaye intego yo kurangiza ibibazo by’abaturage bimaze igihe, muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka