Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), buravuga ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagenda biguru ntege mu gufasha abarokotse Jenoside kuburana imanza zijyanye n’imitungo, irimo n’amafaranga y’ibibanza bubakiwemo inzu bakomeje kwishyuzwa.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), urasaba abasubiza abahakana bakanapfobya Jenoside, kubikora badatukana ahubwo bakajya babereka ibimenyetso bigaragaza uko yateguye ikanashyirwa mu bikorwa, kuko bihari kandi byinshi.
Abaturage bo mu Karere ka Kamonyi, mu Ntara y’Amajyepfo n’inshuti zabo bibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, basaba ko abayigizemo uruhare bakidegembya hirya no hino ku Isi bafatwa bakaryozwa ibyo bakoze.
Ku Cyivugiza mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, ku wa 14 Gicurasi 2022 nibwo bibutse Abatutsi bazize Jenoside bari bahatuye, abitabiriye icyo gikorwa baboneraho gusaba abafite amakuru y’aho abishwe bajugunywe kuyatanga kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Abakozi b’ibitaro bikuru bya Ruhengeri, bavuga ko bagifitiye Igihugu umwenda, wo kurangwa n’imikorere ihindura isura mbi yaranze bagenzi babo, bijanditse mu gucura umugambi wo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) cyasimbuye icyitwaga IRST, bibutse bagenzi babo 19 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, banenga abashakashatsi bateguye Jenoside kandi bari bashinzwe gushakisha ibyateza imbere Abanyarwanda.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwaturutse mu bihugu 31 byo ku Mugabane wa Afurika, rwitabiriye amarushanwa yo gusoma igitabo gitagatifu cya Korowani (Coran), ruratangaza ko rwiyemeje kwigisha amahanga kwirinda ivangura iryo ari ryo ryose.
Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge avuga ko mu bibazo by’ingutu abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagifite muri uyu Murenge ari ibibazo by’abantu bafite ubumuga batewe na Jenoside no kutagira amacumbi.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), uramagana Mukankiko Sylvie n’abameze nka we, bahembera amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside babyita urugamba rwo kurwanya u Rwanda na FPR.
Nyiramatuntu ni agace ko muri Bugesera mu Murenge wa Nyamata mu Ntara y’Iburasirazuba. Abatuye muri ako gace no mu nkengero zaho, ni ukuvuga abatuye mu midugudu ya Nyiramatuntu, Gatare, Nyabivumu, Nyakwibereka, mu Kagari ka Kayumba muri uwo Murenge wa Nyamata, abatuye ahandi bahakomoka ndetse n’inshuti zabo, bateraniye hamwe (…)
Umuryango Uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), urasaba abategura gahunda zo kwibuka ku matariki atandukanye, kurushaho guha umwanya ubuhamya bw’abarokotse kuko ari bwo bugaragariza ukuri abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ku biro by’Akarere ka Gicumbi habereye igikorwa cyo kwibuka abari abakozi ba Leta mu yahoze ari amakomine yahindutse akarere ka Gicumbi. Ni igikorwa cyabaye tariki ya 06 Gicurasi 2022, kikaba cyari kibaye ku nshuro ya mbere muri ako karere, cyitabirwa n’Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, washimiye (…)
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, uvuga ko kuba Umujyi wa Kigali wibukiye abari abakozi ba Perefegitura yawo mu kibanza cyahozemo Ibiro bya Perezida Habyarimana, ngo bitanga ubutumwa ku bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ko bagomba gucisha make.
Ubwo hibukwaga abari abakozi n’abayobozi b’icyahoze ari Minisiteri y’Urubyiruko (MIJEUMA), abakinnyi ndetse n’abahanzi bishwe muri Jenoside, abahanzi bitabiriye icyo gikorwa basabwe guhanga ibihangano byubaka u Rwanda, ndetse urubyiruko muri rusange rwibutswa ko ari rwo ruhanzwe amaso.
Imiryango y’abari abakozi ba Caisse Sociale bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, irasaba ko abahoze ari abakozi bayo batahigwaga, bajya batumirwa mu gihe cyo kwibuka bakifatanya n’abandi bakora mu kigo cyayisimbuye cya RSSB.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro, burasaba abana bakiri bato kwirinda uwo ari we wese wabashuka agamije kubashora mu bikorwa by’ingengabitekerezo mbi ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi bakibutswa gukomeza gukunda igihugu.
Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Australia, bibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana abasaga Miliyoni.
Abanyarwanda batuye mu Gihugu cya Mali tariki 30 Mata 2022 bibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Iyo gahunda yabereye kuri Hôtel de l’Amitié iri mu Murwa Mukuru wa Bamako.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba mu Bwongereza, ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe 1994.
Ubwo Kigali Today yaganiraga n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, uhagarariye abafite ubumuga, Hon. Mussolini Eugène, yavuze ko muri Jenoside abarwayi bo mu mutwe nabo bishwe nk’abandi, kuko gahunda kwari ukurimbura Umututsi, gusa ngo nta bushakashatsi burakorwa kugira ngo hamenyekane abafite ubumuga bishwe (…)
Ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, mu Karere ka Bugesera by’umwihariko mu Murenge wa Ntarama, hibutswe Abatutsi batazwi umubare bapfuye bamizwe n’isayo mu rufunzo ruzwi nka CND.
Tariki ya 28 Mata 2022, Ambasade y’u Rwanda muri Senegal inashinzwe ibihugu bya Mali, Gambia, Cap-Vert na Guinea Bissau, ifatanyije na Kaminuza ya Gaston Berger iri mu Karere (Region) ka Saint Louis, gaherereye mu Majyaruguru ya Senegal mu bilometero 287 uvuye mu murwa mukuru Dakar, bateguye gahunda yo kwibuka ku nshuro ya (…)
Ku wa Gatanu tariki 29 Mata 2022, Urwego rw’Igihugu rw’ubwiteganyirize (RSSB), rwibutse ku nshuro ya 28 abari abakoze ba Caisse Sociale, yaje guhinduka RSSB, bishwe urupfu rw’agashinyaguro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bazira ubwoko bwabo.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali, inshuti n’imiryango bibutse abazize Jenoside biciwe ku musozi wa Nyiraruhinga uzwi ku izina rya Ruzirabatutsi (hafi y’uruganda rwa Ruliba kuri Nyabarongo).
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bagifite intimba ku mutima y’ababo biciwe mu rusengero rwa EAR Paruwasi ya Midiho bataboneka ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, basanga gusura ibice ndangamateka biri ahantu hatandukanye mu gihugu, ari kimwe mu bizatuma barushaho gusobanukirwa byimbitse, ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ingaruka zayo n’icyo bakora ngo baharanire ko itazongera ukundi.
Umujyi wa Gisenyi wagiye kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi hashyingurwe umubiri w’umuntu umwe wabonetse ahitwa Muhira mu Murenge wa Rugerero.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakomeje gusaba abishe kugira uruhare mu kugaragaza imibiri itaraboneka igashyingurwa mu cyubahiro, kugira ngo bishimangire urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge. Babitangaje ubwo bashyinguraga imibiri 108 yabonetse hirya no hino mu yahoze ari Komini Mugina ubu ni mu murenge wa Mugina, (…)
Abakozi b’ikigo Hot Point gicuruza ibikoresho bya electronic bigezweho, basuye urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, bavuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari isomo rikomeye ku Banyarwanda no ku isi, mu guharanira amahoro no kwimakaza ubumuntu mu bantu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buratangaza ko mu mwaka utaha w’ingengo y’imari hazatangizwa umushinga wo kubaka urwibutso rwo ku rwego rw’Akarere, ruzabikwamo amateka yihariye y’ahabereye Jenoside yakorewe Abatutsi.