Umuhanzi Theogene bakunze kwita Theo Bosebabireba, arasaba imbabazi abo bakobwa yateye inda n’imiryango yabo, abakunzi be n’Imana ku byaha byo gutera inda no gusinda byamuvuzweho mu myaka itatu ishize.
Umuhanzi Kagambage Alexandre wavukiye mu yahoze ari Komine Runda, ubu akaba ari mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nyinshi z’ubukwe, aho yakunze no guhanga zimwe mu ndirimbo zivuga ku buzima busanzwe, cyane cyane iz’abo mu muryango we.
Miss Mutesi Jolly abinyujije kuri Twitter yagaragaje ibihembo bizahabwa umukobwa uzagira amahirwe yo kwegukana ikamba rya Miss East Africa muri uyu mwaka wa 2021.
Tuyishime Joshua wamamaye ku izina ry’ubuhanzi rya Jay Polly ni umwe mu batangije itsinda rya Tuff Gang aho ryazanye impinduka muri muzika nyarwanda mu njyana ya Hip Hop.
Ubukwe bwa Miss Rwanda 2009 Bahati Grace na Murekezi Pacifique umuhungu wa Fatikaramu wamamaye akina mu ikipe ya Rayon Sports, bwatangiye gushyuha, dore ko bwanahagurukije Miss Meghan na Miss Iradukunda Elsa.
Abahanzi, abanyamakuru, ibyamamare, n’abandi batandukanye bifashishije imbuga nkoranyambaga, bandika bagaragaza agahinda batewe n’urupfu rwa Jay Polly rwamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 02 Nzeri 2021, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Urwego rw’Infungwa n’abagororwa, akaba yafashwe n’uburwayi afungiye muri (…)
Sibomana Athanase ni umusaza watangiye gucuranga Inanga akiri umwana kuko iya mbere yise umugani w’impaca yageze kuri Radio Rwanda afite imyaka 21. Yabaye umunyamakuru ukora igitaramo kuri Radio Rwanda guhera mu mpera za 1994. Abamuzi bamuziho gucuranga ibicurangisho byose bya gakondo.
Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melodie, umuhanzi ukomeje kwigaragariza abakunzi ba muzika nyarwanda, ndetse akaba anakunzwe n’abatari bake mu gihugu, agiye kwitabira Festival Nyafurika y’Umuziki ‘African Music Festival’ izabera muri Canada, ku itariki ya 8 Ukwakira 2021.
‘Wowe utuma mpimba’ ni igitabo cyanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda, cyashyizwe hanze n’umuhanzikazi Cecile Kayirebwa, kikaba ari igitabo gikubiyemo bimwe mu bisigo biri muri zimwe mu ndirimbo ze. Cecile Kayirebwa, yavuze ko yabanje gushyira hanze iki gitabo mu Kinyarwanda, ariko ko yatangiye no kugihindura mu ndimi (…)
Kapiteni Bernard Nsengiyumva yari umuhanzi n’umucuranzi w’umuhanga waririmbye mu matsinda (orchestres) atandukanye, akagira n’indirimbo ze bwite zirimo: Adela Mukasine, Inderabuzima, Umubyeyi utwite, n’izindi yagiye ahimba mu rwego rwa gahunda z’ibikorwa by’igihugu.
Umunyarwenya Kamaro umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga, agiye gusohora indirimbo yise Ocean.
Umukinnyi w’ikipe ya Kiyovu Sport n’ikipe y’igihugu Kimenyi Yves na Miss Muyango bibarutse umwana w’umuhungu tariki ya 30 Kanama 2021.
Nyuma yo gusezerana mu mategeko ku wa Gatanu tariki 27 Kanama 2021, bukeye bwaho ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021, umuhanzi Igor Mabano yasabye anakwa umukunzi we bitegura kubana nk’umugabo n’umugore.
Bamwe mu bakunda indirimbo za Orchestre Impala, bakunze kujya impaka ku ndirimbo yitwa Muntegetse iki, aho abenshi bakomeje kuvuga ko iyo ndirimbo yaririmbiwe umugore wa Semu Jean Berchmas umwe mu bahanzi umunani bari bagize iyo Orchestre, bikaba atari byo kuko we yaritabye Imana akiri ingaragu.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie abaye uwa mbere mu mateka y’umuziki nyarwanda wumvikanye asinya amasezerano ya Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda. Ni amasezerano yo kwamamariza sosiyete yitwa Food Bundles Ltd ikora ibijyanye no kugura ndetse no kugurisha ku ikoranabuhanga ibikomoka ku buhinzi.
Umumararungu Sandra wari umwe mu bakobwa b’ikimero kandi b’abahanga, yitabye Imana tariki ya 24 Kanama 2021 aguye mu bitaro bya Kanombe azize indwara yari amaranye igihe kirekire.
Umuhanzi akaba n’umunyabugeni, Pascal Bushayija wamamaye mu ndirimbo yitwa Elina ndetse akaba ikirangirire mu gushushanya, agiye gusohora indirimbo yitwa “Kera nkiri umwana”.
Ku wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, nibwo umuhanzi Nsengiyumva François (Igisupusupu), azamenyeshwa n’Urukiko umwanzuro we ku rubanza rw’ubujurire ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Bizimungu Dieudonnée yavukiye ku Mukamira mu Karere ka Nyabihu mu 1959 atabaruka mu 1994 azize Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yari atuye mu mujyi wa Kigali n’umugore we Uwimbabazi Agnès.
Umuhanzi nyarwanda Turatsinze Prosper wamamaye ku izina rya Mico The Best n’umukunzi we Clarisse, basezeranye imbere y’amategeko tariki 19 Kanama 2021 biyemeza kubana nk’umugabo n’umugore.
Umuhanzi wo hambere witwaga Bizimana Loti, uzwi mu ndirimbo zikubiyemo urwenya n’inyigisho nka Patoro, Nta Munoza, Gera ku isonga n’izindi, burya ngo yari agiye kwicwa akivuka, nyuma y’uko avukanye na Mushiki we ari impanga, arokorwa n’uko umubyeyi we yarenze ku mico ya gipagani ari n’umuvugabutumwa.
Abakunze kumva indirimbo za Orchestre Impala mwumva na n’ubu, bavuga amazina bakongeraho akazina Njenje, uwo akaba ari Sekuru wa Soso Mado, Maitre Rubangi na Karimunda (cyangwa se Kari) bose bakaba barongeragaho Njenje, ari we Sekuru akaba se wa Ntakavuro na we wagacishijeho mu njyana y’Inanga mu Rwanda.
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi w’umunyarwenya Bisangwa Nganji Benjamin uzwi nka Ben Nganji yatangaje ko yahuzwe umupira w’amaguru bitewe n’uko yawusebeyemo ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye.
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yafunguye utubari n’utubyiniro mu rwego rwo kuzahura bimwe mu bikorwa bimaze igihe bidakora.
Nkusi Arthur uzwi cyane mu rwenya akaba n’umunyamakuru na Fiona Muthoni Naringwa na we uzwi mu itangazamakuru no mu marushanwa y’ubwiza, bakoreye ubukwe mu Karere ka Rutsiro mu Burengerazuba bw’u Rwanda ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.
Nyuma y’aho umuhanzi Gabiro Guitar akoreye indirimbo ‘Igikwe’ afatanyije na mugenzi we Confy, hanyuma iyo indirimbo ntivugweho rumwe kubera amagambo ayirimo yatumye benshi bashinja abo bahanzi kuba bica umuco nyarwanda. Gabiro Guitar yagize icyo abivugaho.
Nkusi Arthur uzwi cyane mu rwenya akaba n’umunyamakuru na Fiona Muthoni Naringwa na we uzwi mu itangazamakuru no mu marushanwa y’ubwiza, bagiye gukorera ubukwe mu Karere ka Rutsiro nk’uko amakuru agera kuri Kigali Today abivuga.
Nyuma y’igihe kinini amaze asohora indirimbo imwe imwe, umuhanzi King James yatangaje itariki yo gusohora ’Album’ ye nshya yise ’Ubushobozi’.
Niyomugabo Philemon yavutse 1969 mu yahoze ari Komini Mabanza muri Perefegitura Kibuye, ubu ni mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, akaba mwene Nzabahimana Simeon na nyina witwaga Irène.
Twagirayezu Cassien uzwi mu njyana zo hambere zicuranze mu buryo butuje yavutse mu 1956 mu yahoze ari Komini Musange muri Perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu Karere ka Nyamagabe, abyeyi be ni Rukebesha Athanase na Nyiramyasiro Cecile.