Indirimbo ‘Dina’ ya Nyakabwa Lucien yayihimbiye umukobwa yakundaga

Nyakabwa Lucien waririmbye Rubunda ku mazi, Nyiragitariro, Dina, Ihogoza, Mwana wa mama, Ikica amahirwe gitera uburwayi n’izindi, yatabarutse mu 1995 afite imyaka 41 gusa asiga ibihangano bitari byinshi kuri Radio Rwanda ariko yigeze no kuririmbana na Nkurunziza François mu ndirimbo Uko nagiye i Buganda.

Nyakabwa Lucien
Nyakabwa Lucien

Umukobwa we Umuhire Martine avuga ko yababajwe cyane no kuba hari umuhanzi wasubiyemo ‘Rubunda ku mazi’ atabisabiye uruhushya, yarangiza ntanandikeho ko ari iya Nyakabwa yasubiyemo.

Undi wabikoze ariko byibuze akandikaho ko ari iya Nyakabwa yasubiyemo, ni Byumvuhore Jean Baptiste wasubiyemo iyitwa ‘Ihogoza’.

Indirimbo za Nyakabwa Lucien ahanini zibandaga ku bintu byabayeho, urugero nk’iyitwa Dina, Umuhire Martine avuga ko yayihimbiye umukobwa bakundanaga akaza gushakwa n’umuzungu.

Umuhire Martine
Umuhire Martine

Kurikira iki kiganiro aho Umuhire Martine avuga amateka ya se Nyakabwa Lucien umenye n’inkomoko y’izina Nyakabwa:

Kanda hepfo wumve indirimbo ‘Dina’ ya Nyakabwa Lucien

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka