Ubwo umuhanzi Lionel Sentore, ubarizwa ku Mugabane w’i Burayi mu gihugu cy’u Bubiligi aheruka mu Rwanda muri Nyakanga 2021, havuzwe byinshi ku rugendo rwe bamwe bakabihuza no gukumbura ku ivuko, abandi bakabihuza n’imishinga ishimangira umubano we n’umwe mu bakobwa bamenyekanye mu ruhando rwa sinema mu Rwanda, Munezero (…)
Umuhanzi Ngarambe François-Xavier wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Umwana ni umutware’ avuga ko iyo arimo kuririmba iyo ndirimbo ifatwa nk’ikirango cye nyamukuru, aba yumva yageze mu ijuru akiri mu mubiri.
Umuhanzi Heri Mukasa waririmbye indirimbo zinyura amatwi y’abakundana nka ‘Solange’ na ‘Umulisa’, yongeye guhura n’uwahoze ari umukunzi we Solange, bahuriye mu kiganiro Urukumbuzi cya K T Radio.
Igitaramo cy’imbaturamugabo cyabaye mu ijoro ryo ku wa 13 Ugushyingo 2021 cya Kigali Fiesta, cyasusurukijwe n’umuhanzi w’Umunya Nigeria, Omah Lay, kikaba cyaragaragayemo udushya cyane cyane mu myambarire, aho abasore bo mu itsinda Symphony Band baserutse bambaye amajipo.
Indirimbo We are the World yakunzwe cyane hirya no hino ku isi yaririmbwe n’abahanzi benshi mu 1985, muri bo bamwe baracyariho abandi bitabye Imana.
Umuhanzi Massamba Intore asanga ubufatanye butaranga abanyamuziki ari yo ntandaro yo kuba umuziki w’u Rwanda uhora iteka ahantu hamwe ntukure ngo ugere ku ruhando mpuzamahanga.
Mu mpera z’umwaka wa 2018 umuhanzi Yvan Buravan ni we wegukanye igihembo cy’umuhanzi mwiza mu irushanwa ritegurwa na Radio y’Abafaransa RFI, igihembo kizwi nka Prix Découvertes. Byatumye akora ibitaramo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika ndetse n’icyo yakoreye mu murwa mukuru w’u Bufaransa i Paris.
Padiri umenyerewe mu njyana ya Rap, Uwimana Jean François, yashyize hanze indirimbo ‘I loved you’ yakoranye n’umuhanga mu gukora indirimbo wamamaye mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, Mastola.
Active ni itsinda rigizwe n’abahanzi Tizzo, Dereck na Olvis baje kwihuriza hamwe mu mwaka wa 2013 nyuma y’uko buri wese yakoraga umuziki ku giti cye. Bihurije hamwe bigizwemo uruhare na Bagenzi Bernard watunganyaga amajwi n’amashusho muri icyo gihe.
Abakunzi b’injyana ya Rap na Hip Hop mu Rwanda ntabwo ari kenshi bashobora kujya mu gitaramo cyatumiwemo umuhanzi Riderman ngo bamubone ari wenyine ku rubyiniro adaherekejwe na Karigombe.
Kaminuza mpuzamahanga yigisha Ubuzima Rusange kuri Bose (University of Global Health Equity-UGHE) yongeye gutegura Iserukiramuco ngarukamwaka rya gatatu ryiswe Hamwe Festival rizaba kuva tariki 10-14, hagamijwe isanamitima muri ibi bihe bya Covid-19.
Mu bahanzi hakunze kuvugwa ibijyanye no kwigana igihangano cy’undi, cyangwa se umuntu akagisubiramo atabiherewe uburenganzira (ibyo bita gushishura) bigateza impaka z’urudaca.
Sylvester Gordenzio Stallone (1985 - 2021) Sylvester Gordenzio Stallone bakunze kwita Rambo kubera filime yakinnye mu 1986 yitwa The Mission, akomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yavutse ku itariki 6 Nyakanga mu 1946, ubu agize imyaka 75.
Filime ‘I Bwiza’ imaze imyaka ibiri ikorwa na Nahimana Clémence, umuhanzi, umwanditsi w’ikinamico Musekeweya, akaba n’umunyarwenya uzwi nka Feruje, akaba kandi umukinyi muri filime Umuturanyi aho azwi nka Mama Rufonsina.
Umunyamuziki w’Umwongereza Terence Wilson wamamaye ku izina rya Astro, akaba n’umwe mu batangije itsinda ry’abaririmbyi rizwi nka UB40, yitabye Imana afite imyaka 64 y’amavuko.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 6 Ugushyingo 2021, umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie nibwo yizihije ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 10 amaze akora umuziki.
Umuhanzi Kabengera Gabriel ni uwa kabiri mu bana barindwi (7) akaba mwene Mubiligi Justin na Mukamihigo Suzan. Yavutse mu 1949 avukira ahahoze ari muri Komine Gishamvu, muri perefegitura ya Butare ubu ni mu Karere ka Huye.
Umuhanzi MC Tino akaba umunyamakuru n’umushyushyarugamba, ubwo yari mu kiganiro Dunda Show gitambuka kuri KT Radio yari yatumiyemo umuhanzikazi Alyn Sano, yamubwiye ko abona ahagaze neza mu muziki, by’umwihariko mu cyiciro cy’abari n’abategarugori, akaba ndetse ngo akwiye guhabwa ibihembo bitangwa muri iki gihe no mu bihe (…)
Baganizi Eliphaz ni umwe mu bari bagize itorero Indamutsa ryakinaga ikinamico kuri Radiyo Rwanda muri Ofisi y’Igihugu y’Amatangazo ya Leta (ORINFOR) mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Byangabo Cyusa Nelson, umwe mu bahanzi bazamutse vuba uzwi nka Nel Ngabo, agiye gusohora album nshya yise RNB 360, ku wa 21 Ukuboza 2021.
Ngabonziza Augustin ukunze kwitwa Ngabo Augustin ni umwe mu bahanzi bo hambere ahagana mu 1980. Yagize uruhare rukomeye mu kuzamura muzika y’u Rwanda dore ko yacuranze akanaririmba mu matsinda (orchestres) atandukanye kandi na yo yari yihagazeho.
Umuhanzi w’Umunyarwanda uzwi cyane mu njyana ya R&B, The Ben, ari mu turimo twa nyuma two gutunganya album ye nshya igiye gusohoka, ikaba irimo abandi bahanzi bakomeye nka Tiwa Savage n’abo muri Sauti Sol, harimo kandi Rema ukomoka muri Uganda, Otile Brown wo muri Kenya na B2C wo muri Uganda.
Umuyobozi Mukuru w’Inteko y’Umuco, Amb Robert Masozera yatangarije RBA ko u Bubiligi bwasubije u Rwanda indirimbo n’imbyino zirenga 4,000 zaririmbwe n’Abanyarwanda guhera mbere y’Ubukoloni kugera mu mwaka wa 2000.
Senateri Uwizeyimana Evode yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Zena Abayisenga, bakaba biyemeje kubana akaramata.
Bikorimana André ni umwe mu baririmbyi bari bagize itsinda (Orchestre) Nyampinga ry’ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Karere ka Huye. Bikorimana yavutse mu 1959 i Muhembe muri Komini Runyinya muri Nyaruguru, ubu ni mu Murenge wa Karama, Akarere ka Nyaruguru. Bikorimana yitabye Imana mu 1995.
Umunyamakuru, umunyamuziki akaba n’umushyusharugamba Kasirye Martin wamamaye ku izina rya MC Tino, yamaze gushyira umukono ku masezerano yo gukorera KT Radio, Radio y’ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd.
Makanyaga Abdul w’imyaka 74 y’amavuko ni umuhanzi n’umucuranzi mu myaka isaga 50 ishize, akaba afite amateka akungahaye mu muziki w’u Rwanda dore ko afite indirimbo nyinshi zakunzwe kuva kera zimenyerewe ku izina ry’ibisope.
Nzayisenga Sophie ni umubyeyi wubatse ufite imyaka 43 akaba umuhanzi gakondo n’umucuranzi w’inanga wabigize umwuga akiri umwana muto.
Umuziki wa Butera Knowless ntukunzwe mu gihugu cy’u Rwanda gusa, ahubwo warenze n’imbibi zarwo, kuko uwo muhanzi w’Umunyarwandakazi aherutse guhabwa igihembo cy’umuhanzi w’ukwezi w’umugore wahize abandi, igihembo gitegurwa na ‘Zikomo Africa Awards’ kigategurirwa muri Zambia.
Umubare w’abakobwa n’abagore bajya mu mwuga wo kuvanga imizi (deejays) wagiye uzamuka uko imyaka ihita indi igataha, kandi bagiye bagaragaza ubushobozi mu gukora uwo mwuga, ku buryo bamwe bagiye bagaragara mu bitaramo bitandukanye kandi bikomeye hirya no hino mu gihugu.