Umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamamaye ku izina rya ‘Yago’ ari na ryo yitiriye umuyoboro we wa YouTube, YAGO TV SHOW, ari mu byishimo byinshi nyuma y’uko umuyoboro we wa YouTube wari umaze ibyumweru hafi bitatu warakuweho, wongeye kugaruka.
Nyuma y’aho Umuyoboro wa Televiziyo yakoreraga kuri YouTube y’umunyamakuru yitwa Yago TV isibiwe kuri murandasi, bikaba bivugwa ko yashinjwaga n’ubuyobozi bwa YouTube gusakaza amashusho y’urukozasoni, umunyamakuru Yago ndetse n’abandi basesenguzi bashyize mu majwi bamwe mu bantu baba mu by’imyidagaduro ko bashobora kuba (…)
Kazigira Adrien ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda rwo mu myaka itari iya vuba; ariko ntiyagize amahirwe yo kwamamara cyane nk’abandi bahanzi kuko abibangikanya n’akazi ko guhinga.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 07 Mutarama 2022, nibwo hamenyekanye inkuru y’akababaro ko Emmanuel Mayaka yitabye Imana.
Ibinyamakuru birenze umunani bimaze kwandika kuri iyo nkuru ngo: umupadiri w’umunyarwanda wiga kuri Université ya Erfurt arakora ivugabutumwa ritari rimenyerewe muri kiliziya.
Abashinzwe inyungu z’umuhanzikazi Ariel Wayz umaze iminsi agarukwaho mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, batangaje ko yahagaritse kujya yikoreshereza imbuga nkoranyambaga ze, bikaba bigiye kujya bikorwa n’abo bashinzwe kumureberera.
Tariki 2 Mutarama 2022 nibwo indirimbo umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben yakoranye na Diamond wo muri Tanzania yasohotse mu buryo bw’amajwi(audio) ariko nyuma y’iminsi ibiri gusa, ni ukuvuga tariki 4 Mutarama 2022, basohora n’amashusho yayo (video). Iyo ndirimbo yabo bayise ‘Why’.
Mu matariki asoza Ukuboza ashyira Mutarama buri mwaka uzumva henshi abantu bishimira imihigo babashije kwesa mu mwaka barangije ndetse aho bagize intege nke bakahakura amasomo azabafasha kwitwara neza mu wundi mwaka.
Alain Mukuralinda ni umuhanzi akaba n’umwe mu bareberera inyungu z’abahanzi (Manager). Mukuralinda aherutse kugirwa umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda.
Umuhanzikazi Aline Gahongayire uririmba indirimbo zo kuramya Imana, yatangaje ko ageze kure imirimo ya nyuma yo gutunganya Album ye ya karindwi, akavuga ko imuteye amatsiko kuko mu ndirimbo zose yasohoye mu 2019 kugeza mu 2021 nta n’imwe izumvikanaho.
Umuhanzi ukomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Lulendo Matumona wamenyekanye mu njyana ya Rumba nka Général Defao, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, aguye i Douala muri Cameroun.
Hari imirimo yagiye ifatwa nk’iy’abahungu hashingiwe ku myumvire yagiye iranga umuryango yo guheza umwana w’umukobwa cyangwa se na we ubwe akumva ko iyo mirimo atayikora ndetse atanayishobora.
Uwari uhagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Miss East Africa 2021, Umunyana Shanitah, ni we wegukanye ikamba akaba abaye Nyampinga w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, iryo kamba akaba yaryambikiwe muri Tanzania.
Sam Gody Nshimiyimana ni umunyamakuru wikorera akaba afite ubunararibonye bw’igihe kirekire kuko yatangiye ako kazi mu 1991, anabijyanisha n’ubuhanzi n’ubwo yaje kugera aho akabihagarika.
Igikorwa cyo gutoranya Nyampinga uhiga abandi mu muco no mu buranga, Miss Rwanda 2022 kiregereje, aho abagitegura bashyize ahagaragara ingengabihe yacyo.
Habaruremana Manasseh utakiri kuri iyi si, ni we waririmbye indirimbo yitwa ‘Esiteri mwana wanshavuje’ benshi bakunze kwita ‘ku gicamunsi cya Noheli’.
Umwana w’umuhungu wa Mariya Yezu Kirisitu Yavutse kuri Noheli Kandi umuntu azabaho iteka Kubera umunsi wa Noheli
Nyakwigendera Mwitenawe Augustin yatabarutse muri 2015 afite imyaka 60 azize urupfu rutunguranye kuko yagiye yari akiri mu mwuga w’ubuhanzi nk’uko byemezwa n’umuhungu we Niyigena Mwite Louis, na we wakurikije se, hamwe na barumuna be babiri. Mwitenawe yasize abana batanu na nyina (abahungu 3 n’abakobwa 2).
I BWIZA, ni filime ndende imara iminota 115 yanditswe inayoborwa ku bufatanye bwa Nahimana Clemence na Emmanuel Nturanyenabo, amashusho yayo afatwa na Sibomana Gilbert (One Hundred Pixels). Iyi filime yari imaze imyaka ibiri itunganywa, yerekanywe bwa mbere mu ruhame tariki 15 Ukuboza 2021 mu cyumba cya sinema cya Canal (…)
Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki 19 Ukuboza 2021, Chorale de Kigali iri mu zikunzwe n’abatari bake yongeye gushimisha abantu ibinyujije mu gitaramo “Christmas Carols Concert 2021” yakoreye mu nyubako ya Kigali Arena.
Umuhanzi Patient Bizimana wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana yasabye anakwa umukunzi we Uwera Karamira Gentille.
Bamwe mu bahanzi n’abacuranzi bacurangaga ahantu hatandukanye baganiriye na Kigali Today nyuma y’aho hafashwe ingamba zo guhagarika ibitaramo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Umuhanzi ukorera ubuhanzi bwe mu Karere ka Musanze, unakunzwe cyane cyane muri ako gace, yashyize hanze indirimbo yitwa “Aramurika” yakoranye n’umunya-Uganda Raster JB.
Umuhanzi Ntamukunzi Théogène wamenyekanye cyane mu ndirimbo zishishikariza abasirikare bo mu ngabo zatsinzwe (EX-FAR) gutahuka ku mahoro, na we yabaye muri izo ngabo kuva mu 1990, zimaze gutsindwa zihungira muri Zaire (Congo Kinshasa), nyuma aza kwiyemeza kurambika intwaro hasi agaruka mu Rwanda yinjira mu gisirikare (…)
Abahanzi nyarwanda bagize uruhare mu guhangana n’icyorezo cya Covid-1,9 baravuga ko ubwo icyorezo cyari kicyaduka byasabye ko buri wese ashyiramo uruhare rwe kugira ngo bafashe abaturage kwitabira gahunda za Leta zirimo gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 no Kwikingiza.
Nzobonimana François wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Franco mu ndirimbo nka ‘Brigitte’, ‘Amabaruwa’, ‘Umuhinzi nyakuri’, ‘Nta mpuhwe ukigira’, ‘Manyinya’ n’izindi…akomoka mu Burundi ariko yageze mu Rwanda mu 1972 ahunze imidugararo n’intambara byari muri icyo gihugu, ageze mu Rwanda yifatanya na bagenzi be bashyiraho (…)
Ku matariki ya 24-25 Ukuboza 2021 mu Mujyi wa Kigali hitezwe iserukiramuco rya ‘Wave Noheli Fest’ rizitabirwa n’abahanzi bagezweho muri iyi minsi mu Rwanda. Abo bahanzi barimo Yvan Buravan, Davis D, Alyn Sano, Bushali, Ish Kevin, Ririmba, Logan Joe na Kenny K-Shot.
Umuhanzi Jean Pierre Ntwali Mucumbitsi yamenyekanye mu muziki nka ‘Jali’ iri zina akaba yararikomoye kuri umwe mu misozi ya Kigali. Jali ni umuhanga mu gucuranga guitar akaba akora indirimbo ze mu njyana ya Reggae na RnB.
Rurangiranwa mu njyana ya Rumba, Koffi Olomidé, uherutse gukorera igitaramo mu Rwanda kitavuzweho rumwe n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu (feminists), by’umwihariko abifuzaga ko kitaba ku bwo gukurikiranwaho icyaha cyo gufata ku ngufu abakobwa bamubyinira, yagizwe umwere n’urukiko rwa Versailles mu Bufaransa rwari (…)
Imwe mu makorari amaze igihe avutse mu Rwanda igiye gukora igitaramo gikomeye mu mujyi wa Musanze tariki ya 26 Ukuboza 2021 mu nzu mberabyombi ya Notre Dame de Fatima.