Mu ijoro ryakeye mu mujyi wa Misurata mu gihugu cya Libya, habereye tombola yagombaga kugaragaza uko amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Afurika, mu bagabo bakina volleyball (CAVB Club championship 2025), aho APR na Kepler bamenye aho baherereye.
Nyuma y’uko ku wa 17 Mata 2025, hafashwe umwanzuro ko umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro Mukura VS yakiriyemo Rayon Sports kuri Stade Mpuzamahanga amatara akazima utarangiye ukazasubukurirwa aho wari ugeze, Rayon Sports yavuze ko itazakina.
Umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wa Mukura VS na Rayon Sports wahagaze kubera izima ry’amatara kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye byemejwe ko uzasubirwamo tariki 22 Mata 2025,aho wari wabereye ukanakomereza ku munota wari ugezeho.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu,ikipe ya Arsenal yasezereye Real Madrid muri 1/4 cya UEFA Champions League,iyitsinze 2-1 igera muri 1/2 yaherukagamo mu 2009.
Kuri uyu wa Gatatu,Irambona Gisa Eric wakiniye Rayon Sports imyaka irindwi yagizwe Umuyobozi wayo ushinzwe imiyoborere y’Umupira w’Amaguru.
Ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, izambara ikirango cya Visit Rwanda ku kuboko mu Gikombe cy’Isi giteganyijwe mu mpeshyi ya 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’imwe mu ngingo ikubiye mu masezerano mashya azageza mu 2028 yongerewe hagati yayo n’u Rwanda.
Kuri uyu wa Kabiri,Umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2024-2025 wasubitswe wahuzaga Mukura VS na Rayon Sports kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye wasubitswe nyuma y’iminota 27 kubera amatara yazimye.
Mu gihe yitegura gusura Mukura VS mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro,ikipe ya Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru Robertinho na Mazimpaka André utoza abanyezamu.
Mu gihe imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, African Women’s Club Championship irimbanyije, Amakipe ahagarariye u Rwanda ya Police na APR arasabwa kudakora ikosa mu mikino yayo ya nyuma mu matsinda.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2025, hasojwe amahugurwa yatanzwe n’abatoza Mpuzamahanga baturutse muri Uganda aho bahuguraga Abanyarwanda byumwihariko bo mu ikipe ya BodyMax Boxing Club ku buryo bwo kuzamura iteramakofe mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu,ku nshuro ya mbere muri shampiyona 2024-2025 ikipe ya APR FC yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsindira Bugesera FC iwayo 1-0,Rayon Sports yari iwufite ikanganyiriza na Marine FC 2-2 i Rubavu.
Ikipe ya Police Women Volleyball Club iri mu zihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, yatangiye itsindwa n’ikipe ya Kenya Pipeline amaseti 3-1.
Ikipe ya APR Women Volleyball yatangiye imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, itsinda ivuye inyuma ikipe ya Carthage yo mu gihugu cya Tunisia amaseti 3-1.
Kuri uyu wa Kane,Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020,yongeye kwibutsa Aba-Rayons ko ariwe wayigira igitangaza avuga ko yifuza kuba nyira yo aho ku ikubitiro yayishoramo miliyari 5 Frw zizazamuka zikagera ku icumi.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru irakomeza mu mpera z’iki Cyumweru, aho Rayon Sports ya mbere yerekeza i Rubavu, APR FC ya kabiri ikerekeza i Bugesera
Akanama Ngengamyitwarire muri FERWAFA katumije abahagarariye amakipe ya Kiyovu Sports na Musanze FC mu nama yiga ku majwi y’umutoza Mugiraneza Jean Baptiste Miggy wasabye umukinnnyi wa Musanze FC kwitsindisha iteganyiwe ku wa 6 Mata 2025.
Ishuri ry’Umupira w’Amaguru rya Debes Football Academy ryegukanwe irushanwa ryo gushakisha impano z’abakiri bato ryateguwe Children And Youth Sports Academy, abaryitabiriye basaba ko habaho amarushanwa menshi muri iki cyiciro.
Mu gihe imikino ya nyuma ya kamarampaka (Finals) yatangiraga ku wa Gatandatu, ikipe ya Police VC yatunguye APR VC iyitsinda amaseti 3-0, mu mukino wari witabiriwe bidasanzwe.
Kuri iki Cyumweru,hakomeje gukinwa imikino y’umunsi wa 22 wa shampiyona aho APR FC bigoranye yatsindiye Vision FC kuri Kigali Pele Stadium 2-1 igakomeza gusatira Rayon Sports mu manota mu gihe Kiyovu Sports yo yahatsindiye Police FC 1-0.
Ikipe ya Mukura VS yakinnye neza yatsindiye Rayon Sports itakinnye neza kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona,itsindira mu rugo no hanze muri uyu mwaka w’imikino.
Umudage Frank Spittler uheruka gutoza Amavubi ariko ntiyongererwe amasezerano yavuze ko mu biganiro byo kongera amasezerano atigeze asaba gukubirwa kabiri umushahara nk’uko byavuzwe cyangwa gusaba ko igihe kinini yajya akimara mu Budage.
Kuri uyu wa Kabiri Amavubi yanganyije na Lesotho kuri 1-1 mu mukino w’umunsi wa gatadatu wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 abura amahirwe yo kwiyunga n’Abanyarwanda bayishyigikiye mu mikino ibiri akinnye Stade Amahoro yuzuye.
Nyuma y’imikino ya ½ muri kamarampaka, nyuma kandi y’uko amakipe ya APR VC na Police VC ageze ku mukino wa nyuma mu byiciro byombi, abagabo baratangira gukina mu mpera z’iki cyumweru.
Kuri iki Cyumweru hasojwe imikino ya shampiyona ya Sitting Volleyball 2024-2025 mu bagabo n’abagore aho Musanze mu bagabo yegukanye igikombe ku nshuro ya mbere mu bagore kikegukanwa na Bugesera ku nshuro ya karindwi.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsinda Inyemera WFC 2-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wabaye kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi, yavuze ko abavuga ko muri iyi kipe harimo kutumvikana atari ko bimeze kuko ubu bari hamwe kurusha ikindi gihe byigeze kubaho.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe y’Igihugu ya Nigeria yatsindiye Amavubi ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro yuzuye igapfuka, mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, wanarebwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.
Kuri uyu wa Gatatu,ikipe ya Mukura VS yatangaje ko umukunzi wayo ukomeye Mukanemeye Madeleine uzwi nka Mama Mukura w’imyaka 103 y’amavuko arembeye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB).
Mu mpera z’iki cyumweru bizaba ari ibirori n’urusobe rw’amahitamo ku bakunzi b’imikino, aho Stade Amahoro, BK Arena na Petit Stade zose zizakira imikino itandukanye ku munsi umwe.