Kuri iki Cyumweru tariki 10 Ugushyingo 2024, ikipe ya APR FC yanganyirije na Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium 0-0 mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona utarakiniwe igihe, umusaruro wa APR FC ukomeza kwibazwaho.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Ugushyingo 2024, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye kuri Kigali Pelé Stadium Etincelles FC igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa karindwi wa shampiyona, ifata umwanya wa mbere.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Kung Fu-Wushu Uwiragiye Marc, yasobanuye amakimbirane n’ubwumvikane buke bushingiye ku mutungo biri mu banyamuryango baryo.
Col (Rtd) Richard Karasira wari umuyobozi w’ikipe ya APR FC (Chairman), yakuwe mu nshingano ibifitanye isano na mpaga iyi kipe y’Ingabo iheruka guterwa.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Munyantwali Alphonse yatangaje ko batangiye ibiganiro byo kongerera amasezerano umutoza w’Amavubi, Torsten Frank Spittler mu gihe abura ukwezi kumwe ngo ayo afite arangire.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatewe mpaga kubera gukinisha abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wayihuje na Gorilla FC ku wa 3 Ugushyingo 2024.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka itanu, yatsindiye Musanze FC kuri Stade Ubworoherane igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona yuzuza imikino itanu yikurikiranya itsinda gusa.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu (Amavubi), Frank Spittler Torsten, yahamagaye abakinnyi 30 bazavamo abo azifashisha mu mikino y’umunsi wa Gatanu n’uwa Gatandatu mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025, aho u Rwanda ruzakira Libya ndetse rugasura Nigeria.
Abakinnyi Tumukunde Hervine na Niyonizeye Eric, begukanye irushanwa rya Chinese Ambassador’s Cup, ryabaga ku nshuro ya gatanu aho ryitabiriwe n’abarenga 120 mu byiciro bitandukanye.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Cricket yegukanye irushanwa ryayihuzaga n’Igihugu cya Kenya nyuma yo kuyitsinda imikino itatu kuri ibiri. Ni irushanwa ryaberaga kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga ya Cricket kuva tariki 29 Ukwakira 2024 kugeza tariki ya 2 Ugushyingo 2024. Umukino wa kane watangiye saa tatu za mu gitondo Kenya (…)
Abarimu bigisha umukino wa Karate Shotokani mu Rwanda basabwe kutihererana ubumenyi bahabwa ahubwo bakabusangiza abandi mu rwego rw’iterambere ry’uyu mukino.
Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi n’iya Munezero na Benita ni bo begukanye irushanwa rya Beach Volleyball ryasojwe kuri iki Cyumweru
Ikipe ya APR FC ishobora guterwa mpaga ku mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wayihuje na Gorilla FC kuri iki Cyumweru bakanganya 0-0 nyuma yo gushyira mu kibuga abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga icyarimwe kandi bitemewe.
Kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsinze inyagiye Kiyovu Sports yabanje kwihagararaho kuri Kigali Pelé Stadium, yari yuzuye abafana ibitego 4-0 ifata umwanya wa mbere.
Erik ten Hag uherutse kwirukanwa ku mwanya wo gutoza ikipe ya Manchester United, yavuze ko nta kindi yakwifuriza abafana b’iyi kipe uretse amahirwe ndetse no kwegukana ibikombe, anabashimira uburyo babanye nawe mu bihe bibi n’ibyiza.
Paul Muvunyi wayoboye Rayon Sports mu bihe bitandikanye, yavuze ko inzego zitandukanye zasabye ko abayiyoboye bose kujya ku ruhande mu 2020 ari nazo zababwiye kugaruka atari bo babisabye.
Bamwe mu bahoze bayobora Rayon Sports barimo Paul Muvunyi na Sadate Munyakazi basuye ikipe ya Rayon Sports banizeza abafana ko ikipe igiye kongera gukomera
Nyuma yo gutsindwa ku mukino wa kabiri, kuri uyu wa Kane ikipe y’Igihugu yu Rwanda y’abakobwa yatsinze iya Kenya umukino wa kabiri mu irushanwa rya ‘Rwanda-Kenya Women’s T20I Bilateral Series’, ku kinyuranyo cy’amanota 28.
Haruna Niyonzima wahoze ari kapiteni w’Amavubi yatangaje ko azategura umukino wo gusezera ku mugaragaro igihe FERWAFA yaba itabikoze
Mu mukino warebwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi yatsindiye Djibouti kuri Stade Amahoro ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya mbere, mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu 2024.
Nyuma y’uko Komite Nyobozi ya Rayon Sports, isoje manda y’imyaka ine hakaba hataraba amatora y’abazaba bayoboye iyi kipe ikundwa na benshi mu Rwanda, inzego zitandukanye zahuriye hamwe hashyirwaho itsinda rigizwe n’abarimo Paul Muvunyi, Munyakazi Sadate ndetse Gacinya Denis rishinzwe gutegura ahazaza hayo.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y’u Rwanda y’abagore muri Cricket yatangiye itsinda Kenya umukino wa mbere muri itanu bazahura na Kenya mu irushanwa rya "Rwanda-Kenya Women’s T20 Bilateral Series".
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, Umunya-Espagne Rodri Hernandez ukinira Manchester City yegukanye Ballon d’Or 2024, aba umukinnyi wa kabiri ukomoka muri iki gihugu uyitwaye nyuma ya Suarez wabikoze mu 1960.
Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ukwakira 2024, ikipe ya Manchester United yatangaje ko Erik Ten Hag wari umaze imyaka ibiri ayitoza yirukanywe.
Kuri iki Cyumweru, Amavubi yatsindiwe kuri Stade Amahoro na Djibouti 1-0, mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere ry’imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu iwabo CHAN 2024.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya FC Barcelona yatsindiye Real Madrid iwayo ibitego 4-0, mu mukino wa Classico ya 258, ndetse n’umunsi wa cumi wa shampiyona, watumye iyishyiramo ikinyuranyo cy’amanota atandatu.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Bugesera FC yabonye intsinzi ya mbere muri shampiyona kuri Kigali Pelé Stadium, ubwo yahatsindiraga Kiyovu Sports 2-1 yujuje imino itanu itabona intsinzi, bihita binayishyira ku mwanya wa nyma ku rutonde rw’agateganyo.
Akanama Gashinzwe Imyitwarire mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), kafashe icyemezo cyo gutera mpaga ikipe y’Igihugu ya Libya mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025 wagombaga kuyihuza na Nigeria.
Ku wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024, ubwo shampiyona ya volleyball mu Rwanda 2024-2025 yakomezaga hakinwa umunsi wa Kabiri, amakipe ya APR VC abagabo n’abagore ntabwo yorohewe n’aya Police VC.
Ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bufaransa ya Paris Saint-Germain (PSG), yanze kwishyura umwenda ifitiye Kylian Mbappé wahoze ayikinira.